• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 18, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Ibitero Simusiga bya USA na Israel kuri Iran Byahinduye Isura y’Umutekano w’Akarere; Tehran Itangaza Kwihimura ku Rugero Rukomeye

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 28, 2026
in World News
0
Perezida wa Amerika n’Igisirikare cya Israel Bemeje ku Mugaragaro Igitero kuri Iran; Hanatangajwe Ibyangiritse kugeza Ubu
69
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibitero Simusiga bya USA na Israel kuri Iran Byahinduye Isura y’Umutekano w’Akarere; Tehran Itangaza Kwihimura ku Rugero Rukomeye

You might also like

Amerika Yatangaje ko Igihe cy’Ubufasha bwa NATO Cyarenze

Perezida Lula Yikomye Politiki ya Trump, Ayibona Nk’ishobora Guteza Isi Ibibazo Bikomeye

Intambwe Ikomeye mu Guhosha Intambara Hagati ya Amerika na Iran

Nyuma y’iminsi mike Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ahamagariye Abanyamerika kuva ku butaka bwa Iran no mu bindi bihugu byo mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, hagaragaye ibimenyetso by’uko Washington yari iri gutegura igikorwa cya gisirikare gishobora guhungabanya bikomeye umutekano w’akarere.

Nk’uko Minembwe Capital News ibikesha amakuru ya France 24, kuri uyu wa Gatandatu humvikanye ibisasu bikomeye mu murwa mukuru wa Iran, Tehran, aho misile zarashwe mu bice bitandukanye by’umujyi.

Amakuru aturuka ahabereye ibitero agaragaza ko zimwe muri misile zarashwe mu majyaruguru ya Tehran, ahatuye abayobozi bakuru b’igihugu barimo Minisitiri w’Intebe na Perezida. Nubwo kugeza ubu hataramenyekana umubare nyawo w’ibyangiritse cyangwa niba hari abahitanywe n’ibi bitero, inzego z’umutekano za Iran zatangaje ko hari ibice byasenyutse, kandi ibikorwa byihuse byo gutabara byahise bitangira.

Hari kandi amakuru avuga ko igitero cyagabwe mu burasirazuba bw’umurwa mukuru, hafi y’ingoro ya Minisitiri w’Ubutasi. Israel ivuga ko cyari kigamije kuburizamo no gusenya ibikorwaremezo by’umutekano w’imbere mu gihugu. Mu burengerazuba bwa Tehran na ho haravuzwe ibindi biturika byateje impagarara mu baturage.

Abatuye mu bice byibasiwe n’ibi bitero bagaragaje impungenge zikomeye ku mutekano wabo, bibaza uko ibintu bizakomeza kugenda mu gihe hashobora gukurikiraho ibindi bitero cyangwa ibikorwa byo kwihimura.

Mu gihe ibi bitero byabaga, hanagaragaye amakuru avuga ko ibirindiro by’ingabo za Amerika biri muri Bahrain byarashweho na misile. Icyakora, kugeza ubu ntiharamenyekana neza inkomoko y’izo misile, nubwo byahise bishyira ingabo za Amerika mu rwego rwo hejuru rwo kwitegura.

Bahrain ni kimwe mu bihugu bifite ibirindiro bikomeye by’ingabo za Amerika mu karere, kandi bifatwa nk’ingenzi mu kugenzura umutekano wo mu nyanja ya Persian Gulf.

Guverinoma ya Iran yari yatangaje mbere ko niramuka irashweho, izihimura ku buryo bukomeye. Abayobozi bayo bashimangiye ko igihugu gifite ubushobozi buhambaye mu bya gisirikare, harimo kuba gifite misile zirasa kure n’indege zitagira abapilote (drones), by’umwihariko mu rwego rwo guhangana na Israel.

Iran imaze igihe ifitanye umubano mubi na Israel, aho impande zombi zikomeje guterana amagambo no gukoresha ibitero by’inyuma mu bihugu bituranye na byo.

Umutwe w’Aba-Houthi wo muri Yemen, usanzwe ushyigikiwe na Iran, watangaje ko watangije intambara ku mugaragaro kuri Israel na Amerika, uvuga ko ugiye kwibasira inyungu z’ibyo bihugu aho ziri hose mu karere. Ibi byongera impungenge ko amakimbirane ashobora gufata indi ntera, akavamo intambara yaguka mu karere kose.

Umubano wa Amerika na Iran umaze imyaka irenga 40 urangwa n’ubwumvikane buke, by’umwihariko kuva ku mpinduramatwara ya Kiyisilamu yo mu 1979 yahiritse ubutegetsi bwari bushyigikiwe na Washington. Kuva icyo gihe, ibihano by’ubukungu, impaka ku mushinga wa kirimbuzi wa Iran, ndetse n’ibikorwa bya gisirikare byagiye byiyongera.

Mu bihe bitandukanye, impande zombi zagiye zigerageza imbaraga za gisirikare, harimo no kurasana mu buryo butaziguye cyangwa binyuze mu mitwe ifatanyije na zo mu bihugu byo mu karere.

Ibi bitero bishya bishobora kuba intandaro y’indi ntambara yagutse mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, aho ibihugu bikomeye n’imitwe yitwaje intwaro bishobora kwinjira mu makimbirane mu buryo butaziguye.

Abasesenguzi mpuzamahanga barahamagarira impande zose kwirinda kongera umurego w’intambara no guhitamo inzira y’imishyikirano, kuko gukomeza guterana bishobora guteza ingaruka zikomeye ku bukungu n’umutekano w’isi muri rusange.

Ku rundi ruhande, biravugwa ko Iran yateye misile zirenga ijana muri Israel nyuma y’uko USA na Israel zari zimaze kugaba ibitero i Tehran.

Minembwe Capital News, ishingiye ku makuru ya France 24, ivuga ko hakiri gukusanywa amakuru arambuye ku byangiritse no ku cyakurikiraho muri iyi dosiye ikomeye ishobora guhindura isura ya politiki n’umutekano byo mu karere.

Tags: Iran
Share28Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Amerika Yatangaje ko Igihe cy’Ubufasha bwa NATO Cyarenze

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Perezida yasibye ifoto yamugaragazaga nka Yesu

Amerika Yatangaje ko Igihe cy’Ubufasha bwa NATO Cyarenze Mu gihe isi ikomeje gukurikiranira hafi umutekano w’inyanja zifite akamaro kanini mu bucuruzi mpuzamahanga, by’umwihariko Umuhora wa Hormuz, Leta Zunze...

Read moreDetails

Perezida Lula Yikomye Politiki ya Trump, Ayibona Nk’ishobora Guteza Isi Ibibazo Bikomeye

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Perezida Lula Yikomye Politiki ya Trump, Ayibona Nk’ishobora Guteza Isi Ibibazo Bikomeye

Perezida Lula Yikomye Politiki ya Trump, Ayibona Nk’ishobora Guteza Isi Ibibazo Bikomeye Perezida wa Brésil, Luiz Inácio Lula da Silva, yatangaje ko politiki ya Perezida wa Leta Zunze...

Read moreDetails

Intambwe Ikomeye mu Guhosha Intambara Hagati ya Amerika na Iran

by Bahanda Bruce
April 17, 2026
0
Intambwe Ikomeye mu Guhosha Intambara Hagati ya Amerika na Iran

Intambwe Ikomeye mu Guhosha Intambara Hagati ya Amerika na Iran Umuhora wa Hormuz ni wo mutima w’ubucuruzi bwa peteroli ku isi, kuko unyuzwamo hafi 20% kugeza kuri 30%...

Read moreDetails

U Bwongereza n’u Bufaransa mu Nama Mpuzamahanga Ikomeye ku Mutekano wa Hormuz

by Bahanda Bruce
April 17, 2026
0
U Bwongereza n’u Bufaransa mu Nama Mpuzamahanga Ikomeye ku Mutekano wa Hormuz

U Bwongereza n’u Bufaransa mu Nama Mpuzamahanga Ikomeye ku Mutekano wa Hormuz U Bwongereza n’u Bufaransa nibyo biyoboye inama mpuzamahanga ikomeye iri kubera uyu munsi, ihuje ibihugu n’abafatanyabikorwa...

Read moreDetails

Amerika Yarushijeho Gukaza Ingamba kuri Iran

by Bahanda Bruce
April 17, 2026
0
Amerika Yarushijeho Gukaza Ingamba kuri Iran

Amerika Yarushijeho Gukaza Ingamba kuri Iran Mu gihe umwuka wa dipolomasi hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran ukomeje kuba mubi kandi urimo urujijo, abayobozi bakuru...

Read moreDetails
Next Post
Qatar Yabashije Gukumira Ibisasu bya Iran, Ingendo z’Indege Zahagaze, Impfu n’Ingaruka Zatangajwe mu Burasirazuba bwo Hagati

Qatar Yabashije Gukumira Ibisasu bya Iran, Ingendo z’Indege Zahagaze, Impfu n’Ingaruka Zatangajwe mu Burasirazuba bwo Hagati

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?