Amerika yanenze uburyo agahenge katubahirijwe muri RDC.
Leta Zunze ubumwe z’Amerika zamaganye kuba hatarabaye kubahiriza agahenge hagati y’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n’izo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ku ntambara bahanganyemo mu Burasirazuba bw’i gihugu.
Byamaganwe n’Umujyanama wa perezida Donald Trump kuri Afrika, Massade Boulos, aho munyandiko yashyize hanze yagize ati: “Amerika yamaganye ubugizi bwa nabi bwavuzwe mu Burasirazuba bwa RDC uyu munsi, inahamagarira impande zombi kubahiriza agahenge.”
Avuga ko hakenewe ubufatanye ndetse n’ubuyobozi bufite imbaraga kugira ngo bitume amasezerano y’amahoro y’ubahirizwa, yibutsa ko ubugizi bwa nabi budindiza gahunda z’amahoro n’iterambere.
Tariki ya 19/07/2025, Leta y’i Kinshasa n’ihuriro rya AFC/M23 byashyize amahame abiganisha ku mahoro, bibifashijwemo n’ubuhuza bwa Qatar.
Ni amahame asaba impande zishyamiranye guhagarika imirwano burundu ndetse n’ubushotoranyi. Kandi buri ruhande rukaguma mu bice rugenzura.
Ariko nubwo aya mahame yashyizweho imirwano ntiyigeze ihagarara kuko yarakomeje haba muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru ku mpande zombi.
Buri ruhande rushinja urundi gutegura intambara. Mu cyumweru gishize AFC/M23 yavuze ko leta y’i Kinshasa iri kohereza abasirikare bayo mu bice bitandukanye byo muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru mu rwego rwo gutegura ibitero.
Na Leta na yo nuko ivuga ko AFC/M23 ko iri gutegura kugaba ibitero mu duce tugenzurwa n’ingabo zayo muri Uvira n’ahandi.