Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika yatangaje ibikakaye kuri Leta ya Afrika y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 3, 2025
in World News
0
Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.
123
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yatangaje ibikakaye kuri Leta ya Afrika y’Epfo.

You might also like

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko ahagaritse inkunga yose igihugu cye cyahaga Guverinoma ya Afrika y’Epfo, ngo kuko irimo kwambura ubutaka bamwe mu baturage bayo kandi ko abantu bamwe barimo gufatwa nabi cyane muri iki gihugu.

Ni amakuru bwana Trump yanyujije ku rukuta rwe rwa Truth Social, ariko akaba atabivuzeho birambuye, kandi ntiyasobanura n’abo bantu bari gufatwa nabi.

Usibye ko perezida wa Afrika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yamusubije, maze avuga ko Leta ye nta butaka yigeze yambura abaturage.

Ahagana mu 2023, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zageneye iki gihugu cya Afrika y’Epfo inkunga ya miliyoni 440$.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko ikibazo cy’ubutaka muri Afrika y’Epfo cyakomeje gutera impaka, ariko ko leta y’iki gihugu yashyize imbaraga mu gukemura ikibazo cy’ubusumbane mu gutanga ubutaka. Ibi bikaba byaranenzwe cyane n’abagendera ku mahame ya kera barimo umuherwe Elon Musk, umuntu wa mbere ukize ku Isi, wavukiye i Pretoria muri Afrika y’Epfo ubu akaba ari umujyanama ukomeye wa Perezida Donald Trump.

Mu mpera z’ukwezi gushyize, perezida Cyril Ramaphosa yasinye itegeko rivuga ko hamwe na hamwe leta itazajya iha ingurane abantu yimuye mu butaka bwabo ku bw’inyungu rusange.

Leta ye ivuga ko iryo tegeko ritemerera kwimura abantu mbere y’uko habaho kumvikana na ba nyiri ubutaka.

Nyamara abenshi babona iryo tegeko ryaba rigiye gutuma Leta y’iki gihugu igiye gukora nk’ibyo Zimbabwe yakoze igihe cya Robert Mugabe, ubwo yamburaga ibikingi abaturage bayo b’Abazungu itabahaye ingurane.

Muri Afrika y’Epfo ubutaka bunini buracyafitwe n’Abazungu, kimwe mu byo abirabura muri iki gihugu binubira.

Kwambura ubutaka bamwe mu baturage baturiye iki gihugu cya Afrika y’Epfo byahagurukije abaherwe benshi, barimo na Elon Musk, babona ko ari ihohoterwa rikaze.

Tags: Afrika y'EpfoAmerikaInkunga
Share49Tweet31Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails
Next Post
Ibya barwanyi ba Maï-Maï batanze umusaada i Bukavu.

Ibya barwanyi ba Maï-Maï batanze umusaada i Bukavu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?