• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 10, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika yatangaje ibikakaye kuri Leta ya Afrika y’Epfo.

minebwenews by minebwenews
February 3, 2025
in World News
0
Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.
123
SHARES
3.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yatangaje ibikakaye kuri Leta ya Afrika y’Epfo.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko ahagaritse inkunga yose igihugu cye cyahaga Guverinoma ya Afrika y’Epfo, ngo kuko irimo kwambura ubutaka bamwe mu baturage bayo kandi ko abantu bamwe barimo gufatwa nabi cyane muri iki gihugu.

READ ALSO

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

Ni amakuru bwana Trump yanyujije ku rukuta rwe rwa Truth Social, ariko akaba atabivuzeho birambuye, kandi ntiyasobanura n’abo bantu bari gufatwa nabi.

Usibye ko perezida wa Afrika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yamusubije, maze avuga ko Leta ye nta butaka yigeze yambura abaturage.

Ahagana mu 2023, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zageneye iki gihugu cya Afrika y’Epfo inkunga ya miliyoni 440$.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko ikibazo cy’ubutaka muri Afrika y’Epfo cyakomeje gutera impaka, ariko ko leta y’iki gihugu yashyize imbaraga mu gukemura ikibazo cy’ubusumbane mu gutanga ubutaka. Ibi bikaba byaranenzwe cyane n’abagendera ku mahame ya kera barimo umuherwe Elon Musk, umuntu wa mbere ukize ku Isi, wavukiye i Pretoria muri Afrika y’Epfo ubu akaba ari umujyanama ukomeye wa Perezida Donald Trump.

Mu mpera z’ukwezi gushyize, perezida Cyril Ramaphosa yasinye itegeko rivuga ko hamwe na hamwe leta itazajya iha ingurane abantu yimuye mu butaka bwabo ku bw’inyungu rusange.

Leta ye ivuga ko iryo tegeko ritemerera kwimura abantu mbere y’uko habaho kumvikana na ba nyiri ubutaka.

Nyamara abenshi babona iryo tegeko ryaba rigiye gutuma Leta y’iki gihugu igiye gukora nk’ibyo Zimbabwe yakoze igihe cya Robert Mugabe, ubwo yamburaga ibikingi abaturage bayo b’Abazungu itabahaye ingurane.

Muri Afrika y’Epfo ubutaka bunini buracyafitwe n’Abazungu, kimwe mu byo abirabura muri iki gihugu binubira.

Kwambura ubutaka bamwe mu baturage baturiye iki gihugu cya Afrika y’Epfo byahagurukije abaherwe benshi, barimo na Elon Musk, babona ko ari ihohoterwa rikaze.

Tags: Afrika y'EpfoAmerikaInkunga

Related Posts

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira
World News

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

September 10, 2026
OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo
World News

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

September 10, 2026
Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko
World News

Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko

September 9, 2026
U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza
World News

U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza

September 9, 2026
Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye
World News

Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye

September 6, 2026
RDC–Israel: Perezida Herzog yasezeranyije gufasha Tshisekedi, mu Burasirazuba abaturage basaba ko ubufasha butazongera intambara
World News

RDC : Une décision majeure, l’ambassade en Israël sera transférée à Jérusalem

September 4, 2026
Next Post
Ibya barwanyi ba Maï-Maï batanze umusaada i Bukavu.

Ibya barwanyi ba Maï-Maï batanze umusaada i Bukavu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
  • AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse
  • Fizi sous haute tension : violents combats à Mulima et Nguli, Kananda au cœur des changements militaires
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?