Amerika yikomye umutwe wa M23.
Leta Zunze ubumwe z’Amerika zibinyujije muri Ambasaderi wayo muri L’oni, Dorothy Shea, yatangaje ko umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa ugize igihe warabujije Ingabo z’u muryango w’Abibumbye zizwi nka MONUSCO kugeza ubufasha kubabukeneye mu Burasirazuba bw’iki gihugu.
Dorothy Shea, ibi yabitangaje ubwo yari mu kanama ka L’oni gashyizwe amahoro ku Isi, mu nama yako yabaye mu mpera z’iki cyumweru turimo dusoza.
Yavuze ko uyu mutwe wa M23 umaze amezi abiri warabujije Monusco kugeza ubufasha kubabukeneye. Ni nyuma y’aho imirwano yayogoje aka karere yatumye abenshi bava mu byabo.
Agasaba ko ibyo uyu mutwe ukwiye guhita ubibundura mu maguru mashya.
M23 yafashe umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025.
Hari nyuma y’aho yari imaze kwigarurira inkengero z’uyu mujyi zirimo n’umujyi muto wa Sake uherereye mu birometero bibarirwa muri 27 uvuye mu mujyi wa Goma.
Bivuze ko M23 imaze hafi amezi atanu n’igice ibohoje Goma, abenshi mu bayituye bavuga ko abayiyoboye babategetse neza.
Na nyuma yabwo kandi uyu mutwe wa M23 wongeye kwigarurira ibindi bice byinshi byo muri Kivu y’Amajyepfo, birimo n’umujyi wa Bukavu na wo ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara.
Abaturiye ibice byose uyu mutwe urimo, barawushima, ahanini bashingira kukuba ingabo za Congo zirukanwa muri ibyo bice, ubwo zabigenzuraga zafataga nabi abaturage mu kubanyaga no kubica, ndetse zikabambura n’ibyabo.
Ibyo byarahindutse ku ngoma y’uyu mutwe wa M23, abaturage barishyira bakizana nk’uko bagenda babigaragaza hirya no hino mu Minembwe, Goma, Bukavu n’ahandi.