Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika yongeye kugira icyo isaba u Rwanda na RDC gikanganye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 11, 2024
in Regional Politics
0
Amerika yongeye kugira icyo isaba u Rwanda na RDC gikanganye.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yongeye kugira icyo isaba u Rwanda na RDC gikanganye.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongeye kotsa igitutu u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, nyuma y’uko imirwano yari yongeye gukara mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Umutwe wa M23 umaze hafi ibyumweru bitatu urwanira muri za teritware ya Masisi, Walikale na Lubero mu ntara ya Kivu Yaruguru.

Ni mirwano buri ruhande rushinja urwabo kuba nyiribayazana w’irishotorana ryongeye kubura mu gihe hari hamaze iminsi impande zombi ziri mu gahenge.

Ubundi aka gahenge kafatwaga nk’umusaruro w’ibiganiro bihuriza u Rwanda na RDC i Luanda muri Angola, ndetse n’ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Kuba iyi mirwano yarongeye kubura byatumye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku wa Gatanu w’iki Cyumweru dusoje yamagana umutwe wa M23 kuba wongeye kugira ibindi bice wigarurira.

Ati: “Kuba M23 ikomeje kwagura ubutaka igenzura mu Burasirazuba bwa RDC bigize kwica agahenge kaganiriweho mu biganiro by’i Luanda.”

Ikomeza igira iti: “Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zirongera gusaba u Rwanda kuvana by’aka kanya ingabo zarwo muri RDC, na yo igahita ihagarika ubufasha kuri FDLR.”

Nubwo u Rwanda rushinjwa kohereza ingabo zarwo muri RDC ariko ntirubyemera, icyokora rwemera ko hari ingamba z’ubwirinzi rwafashe mu rwego rwo gukumira ko hari icyatuma muri RDC hava icyaruhungabanya.

Ibihugu byombi kandi bikomeje ibiganiro mu rwego rwo gushakira hamwe igisubizo cy’amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa RDC.

Ibiganiro biheruka ni ibyo impuguke mu iperereza ku mpande zombi ziheruka guhuriramo i Luanda, byasize zemeranyije kuri gahunda yo gusenya umutwe wa FDLR burundu.

I nama izakurikiraho n’izahuza ba minisitiri b’ubanye n’amahanga tariki ya 16 muri uku kwezi turimo uyu mwaka.

Tags: AmerikaRdcRwanda
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye ibyo perezida William Ruto wa Kenya yavuganye na Trump uheruka gutsinda amatora muri Amerika.

Hamenyekanye ibyo perezida William Ruto wa Kenya yavuganye na Trump uheruka gutsinda amatora muri Amerika.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?