• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Apostle Paul Gitwaza yavuze ku kaga yigeze guhura nako, anahishura ibyo Imana ivuga kuri Afrika.

minebwenews by minebwenews
August 6, 2024
in Religion
0
Apostle Paul Gitwaza yavuze ku kaga yigeze guhura nako, anahishura ibyo Imana ivuga kuri Afrika.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Apostle Paul Gitwaza yavuze ku kaga yigeze guhura nako, anahishura ibyo Imana ivuga kuri Afrika.

You might also like

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ni amakuru yavuze ku rugendo rushyaririye ya nyuzemo mu myaka 25 ishize atangije itorero rya Zion Temple Celebration Centre.

Uyu mushumba mukuru w’umuryango Authentic Word ministries ukomokaho amatorero ya Zion Temple Celebration Centre ku Isi, Apostle Paul Gitwaza, yagaragaje ko ahazaza ha Afrika ari heza ndetse ko iterambere rya ho riri mu biganza by’Imana.

Ibi akaba yabitangaje ubwo kuri iki Cyumweru tariki ya 04/08/2024, yatangizaga igiterane ‘Afrika Haguruka,’ aho gikozwe ku nshuro ya 25 ari nako iri torero ryizihiza imyaka 25 rimaze rishinzwe.

Iki giterane cyaberaga ku musozi wa Giheka, mu kagari ka Kagugu, umurenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo.

Ni igiterane cyabanjirijwe n’ibirori biri mu ndirimbo zo guhimbaza Imana za Asaph Music international, imbyino gakondo z’Abanyarwanda ndetse n’ingoma zo mu Burundi zikunze gususurutsa abatari bake.

Kikaba kandi cyaritabiriwe n’abakristu b’iri torero n’abandi bo mu yandi matorero ndetse n’abashumba baturuka hirya no hino ku Isi.

Muri iki giterane Dr Apostle Paul Gitwaza yavuze ko urugendo rw’imyaka 25 rwari rushaririye kandi ko rutari rworoshye ariko ko Imana yo mu ijuru ya murwaniriye ndetse kandi ikaba ari yo kwizerwa iteka ryose.

Ati: “Mu myaka 25 ishize dufite ibintu byinshi twanyuzemo, byatumye duhamya ko Uwiteka akomeye kandi ari uwo gushimwa cyane. Gukomera kwe ntabwo kurondoreka kandi tuzavuga ibyo yakoreye muri Zion Temple.”

Yakomeje agira ati: “Imana yatubereye iyo kwizerwa ibihe byose.”

Yaboneyeho kubwira Abanyarwanda ko Imana yamutumye mu Rwanda kuvuga ubutumwa avuye muri Kenya, afite imyaka 24.

Avuga ko icyo gihe ngo nta muntu yari azi ndetse cyari igihe kigoye kuko u Rwanda rwari rumaze igihe ruvuye mu mateka mabi ya genocide yakorewe Abatutsi gusa akurikira ijwi rimubwira ngo ajye mu Rwanda.

Yanavuze kandi ko muri uru rugendo rw’imyaka 25 ashinze ZT yahuye n’ibica ntege byinshi.

Ati: “Twarasebejwe cyane, byumwihariko njye naratutswe, naciwe intege, naragambaniwe, n’ibindi byinshi ariko mwaransengeye, mwaranshigikiye n’umuryango wanjye, mubera maso uyu murimo, dukomeza iyi ntumbero dufite uyu munsi tudacogora.”

Dr Paul Gitwaza yashimiye abo batangiranye umurimo n’abandi baje nyuma bagafatanya kubaka itorero.

Ati: “Mu kaga gakomeye twanyuzemo, mwakomeje kutubera maso muri uyu murimo. Hari n’abandi baje nyuma y’iyi myaka ngo dufatanye . Yewe hari n’abavutse nyuma ndabashimiye.

Yavuze no kuhazaza ha Afrika.

Ati: “Twamenye ko Imana ifite umugambi abahungu n’abakobwa ba Afrika batuye kuri uyu mugabane. Abanyafrika baba muri diaspora, n’abajyanywe mu mahanga. Afrika Haguruka yabaye umwanya wo kwibutsa Abanyafrika ko ubukene bwa karande atari Isezerano kandi ko gutera imbere kwacu kutazava mu mahanga. Gutera imbere kwa Afrika kuzava ku Mana kuko turi abana bayo.”

Iri torero rya Zion Temple Celebration Centre ryatangiye tariki ya 11/08/1999, ritangijwe na Apostle Paul Gitwaza.

Ni mu gihe nyuma y’umwaka umwe, mu 2000 aribwo hatangiye igiterane Africa Haguruka cyatangiye, nyuma y’ikindi cyabaga kigamije komora ibikomere no kunga Abanyarwanda kitwa “Heal our Nation.”

      MCN.
Tags: Apostle Paul GitwazaRushyaririyeUrugendo rw'imyaka 25Zion Temple
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga Itorero riherereye i Kigali mu Rwanda rya Foursquare, riyobowe na Bishop Fidel Masengo, ryafashije umuririmbyi uririmba...

Read moreDetails

Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

Umuyobozi w'Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry'Imana abugenera abatuye isi yose Ngendahayo Justin, Umuyobozi w'Impunzi mu ikambi z'icyumbikiwemo y'i Nakivale, ha herereye mu majy'Epfo ya Uganda,...

Read moreDetails

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n'abitandukanya n'imiryango yabo Evangelist Chantal Nyamazaire, kuri iki cyumweru tariki ya 12/10/2025, mu nyigisho yabwirije, yavuze ku myitwarire igomba kuranga...

Read moreDetails

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira Dr Lazare Sebitereko Rukundwa, umuyobozi mukuru w'ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ahazwi nk'umurwa mukuru w'i Mulenge...

Read moreDetails

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

by Bahanda Bruce
October 7, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya Amatorero abiri yapinganaga kuva mu myaka 40 ishyize, 8ème CEPAC na 37ème CADEC, yasabanye imbabazi mu Minembwe arababarirana,...

Read moreDetails
Next Post
Umusore wakoze ubukwe nta mugeni havuzwe uko byagenze kugira ngo abukore.

Umusore wakoze ubukwe nta mugeni havuzwe uko byagenze kugira ngo abukore.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?