Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Apostle Paul Gitwaza yavuze ku kaga yigeze guhura nako, anahishura ibyo Imana ivuga kuri Afrika.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 6, 2024
in Religion
0
Apostle Paul Gitwaza yavuze ku kaga yigeze guhura nako, anahishura ibyo Imana ivuga kuri Afrika.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Apostle Paul Gitwaza yavuze ku kaga yigeze guhura nako, anahishura ibyo Imana ivuga kuri Afrika.

You might also like

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Ni amakuru yavuze ku rugendo rushyaririye ya nyuzemo mu myaka 25 ishize atangije itorero rya Zion Temple Celebration Centre.

Uyu mushumba mukuru w’umuryango Authentic Word ministries ukomokaho amatorero ya Zion Temple Celebration Centre ku Isi, Apostle Paul Gitwaza, yagaragaje ko ahazaza ha Afrika ari heza ndetse ko iterambere rya ho riri mu biganza by’Imana.

Ibi akaba yabitangaje ubwo kuri iki Cyumweru tariki ya 04/08/2024, yatangizaga igiterane ‘Afrika Haguruka,’ aho gikozwe ku nshuro ya 25 ari nako iri torero ryizihiza imyaka 25 rimaze rishinzwe.

Iki giterane cyaberaga ku musozi wa Giheka, mu kagari ka Kagugu, umurenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo.

Ni igiterane cyabanjirijwe n’ibirori biri mu ndirimbo zo guhimbaza Imana za Asaph Music international, imbyino gakondo z’Abanyarwanda ndetse n’ingoma zo mu Burundi zikunze gususurutsa abatari bake.

Kikaba kandi cyaritabiriwe n’abakristu b’iri torero n’abandi bo mu yandi matorero ndetse n’abashumba baturuka hirya no hino ku Isi.

Muri iki giterane Dr Apostle Paul Gitwaza yavuze ko urugendo rw’imyaka 25 rwari rushaririye kandi ko rutari rworoshye ariko ko Imana yo mu ijuru ya murwaniriye ndetse kandi ikaba ari yo kwizerwa iteka ryose.

Ati: “Mu myaka 25 ishize dufite ibintu byinshi twanyuzemo, byatumye duhamya ko Uwiteka akomeye kandi ari uwo gushimwa cyane. Gukomera kwe ntabwo kurondoreka kandi tuzavuga ibyo yakoreye muri Zion Temple.”

Yakomeje agira ati: “Imana yatubereye iyo kwizerwa ibihe byose.”

Yaboneyeho kubwira Abanyarwanda ko Imana yamutumye mu Rwanda kuvuga ubutumwa avuye muri Kenya, afite imyaka 24.

Avuga ko icyo gihe ngo nta muntu yari azi ndetse cyari igihe kigoye kuko u Rwanda rwari rumaze igihe ruvuye mu mateka mabi ya genocide yakorewe Abatutsi gusa akurikira ijwi rimubwira ngo ajye mu Rwanda.

Yanavuze kandi ko muri uru rugendo rw’imyaka 25 ashinze ZT yahuye n’ibica ntege byinshi.

Ati: “Twarasebejwe cyane, byumwihariko njye naratutswe, naciwe intege, naragambaniwe, n’ibindi byinshi ariko mwaransengeye, mwaranshigikiye n’umuryango wanjye, mubera maso uyu murimo, dukomeza iyi ntumbero dufite uyu munsi tudacogora.”

Dr Paul Gitwaza yashimiye abo batangiranye umurimo n’abandi baje nyuma bagafatanya kubaka itorero.

Ati: “Mu kaga gakomeye twanyuzemo, mwakomeje kutubera maso muri uyu murimo. Hari n’abandi baje nyuma y’iyi myaka ngo dufatanye . Yewe hari n’abavutse nyuma ndabashimiye.

Yavuze no kuhazaza ha Afrika.

Ati: “Twamenye ko Imana ifite umugambi abahungu n’abakobwa ba Afrika batuye kuri uyu mugabane. Abanyafrika baba muri diaspora, n’abajyanywe mu mahanga. Afrika Haguruka yabaye umwanya wo kwibutsa Abanyafrika ko ubukene bwa karande atari Isezerano kandi ko gutera imbere kwacu kutazava mu mahanga. Gutera imbere kwa Afrika kuzava ku Mana kuko turi abana bayo.”

Iri torero rya Zion Temple Celebration Centre ryatangiye tariki ya 11/08/1999, ritangijwe na Apostle Paul Gitwaza.

Ni mu gihe nyuma y’umwaka umwe, mu 2000 aribwo hatangiye igiterane Africa Haguruka cyatangiye, nyuma y’ikindi cyabaga kigamije komora ibikomere no kunga Abanyarwanda kitwa “Heal our Nation.”

      MCN.
Tags: Apostle Paul GitwazaRushyaririyeUrugendo rw'imyaka 25Zion Temple
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya. Sergei Torop wiyitaga Yesu w'isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n'ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n'imitingo bya bamwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails
Next Post
Umusore wakoze ubukwe nta mugeni havuzwe uko byagenze kugira ngo abukore.

Umusore wakoze ubukwe nta mugeni havuzwe uko byagenze kugira ngo abukore.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?