Bimwe mu bituma perezida Kagame yitwa Umunyabwenge uhambaye.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ni umwe mu bagabo n’abakuru b’ibihugu bo muri iki gihe ku mugabane wa Afrika no hanze yawo, bashimwa kandi bazwiho imiyoborere myiza ku gihugu cye, ikiganisha ku ntego, ndetse akitwa Umunyabwenge udasanzwe.
Ibi nibyo MCN yakusanyije, aho yabikuye mu kiganiro yagiranye na Bravo uri mubakunzi b’iki gitangazamakuru. Iki kiganiro twakigiranye na we biciye kuri telefone mu minsi mike ishize.
Bravo uri mu bakunzi ba MCN(Minembwe Capital News) kuva intambara zubura i Mulenge mu mwaka wa 2017, yavuze ko impamvu uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda afatwa “nk’Umunyabwenge mu ntambara no mu bikorwa byo kuyobora igihugu, ari uko icyo yerekejemo cyose agikora abikuye ku mutima wo gukunda igihugu cye u Rwanda.”
Yongeye ati: “Kagame igituma yitwa Umunyabwenge ni uko agira [ubushishozi] muri politiki iyariyo yose. Agira intego ndende, mu mahoro no mu buzima bwiza ku baturage be.”
Yakomeje agira ati: “Muri we mubonamo ubushobozi bwo gutora umuti waburi kibazo kandi akawubona mu buryo bwihuse. Mu bihe by’intambara zizwiho kuba yaraziyoboye zo kubohoza u Rwanda na nyuma yo kurobohoza yaranzwe no gufata ibyemezo bidahutaza abanyagihugu be, kandi akabikora anyuze mu nzira y’ amahoro.”
Sibyo gusa kuko kandi Bravo yavuze ko perezida w’u Rwanda yubaha amategeko n’ubutabera, ati: Yubaha itegeko nshinga kandi ntarobanura abantu ku butoni, cyangwa ngwagire uwo avuga ko ava mu idini runaka. Ibyo yarabirenze.”
Ndetse kandi ngo afite n’ubuhanga bwo kumenya kumvisha abantu icyo yumva ko aricyo. Ngo ntabiba amacakubiri ahubwo arayarwanya akanayarandura ahereye mu mizi.
Yasoje avuga ko perezida Paul Kagame areba kure, afata ingingo zigihe kirekire zitagamije gushimisha abantu. Ibyemezo ngo byose afata bimara igihe kandi bikarushaho kuzamura ubukungu bw’iki gihugu cy’u Rwanda.

