• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n’uwa SADC.

minebwenews by minebwenews
March 25, 2025
in Regional Politics
0
Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n’uwa SADC.
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n’uwa SADC.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Bimwe mubyagarutsweho mu nama yahuje abakuru b’ibihugu bihuriye mu muryango w’ubukungu w’iterambere wa Afrika y’Amajyepfo, SADC n’uwa Afrika y’i Burasizuba, EAC yateranye ku munsi w’ejo ku wa mbere tariki ya 24/03/2025, Perezida w’u Rwanda wari mubayitabiriye yagaragaje ko igihe uzashaka ko intambara irangira “uzashyire iherezo ku karengane, urangiza ibibazo bya politiki bitari ku baturage bawe gusa, ahubwo no kubandi harimo n’abaturanyi bawe bigiraho ingaruka.”

Ni jambo ryagarutsweho na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame mu nama ya EAC na SADC. Iyi nama ikaba yabaye hifashijwe ikorana buhanga iyoborwa na Perezida William Ruto wa Kenya uyoboye EAC ndetse na Emmerson Mnangagwa Perezida wa Zimbabwe nawe uyoboye SADC.

Muri iyi nama Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ruhangayikishijwe n’umutekano warwo, avuga ko ibyo bigomba gushakirwa igisubizo mu murongo wo gukemura ibibazo by’ibindi bihugu harimo na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kagame yagize ati: “U Rwanda rukomeje guhangayikishwa n’umutekano wacu, kandi ibyo bigomba gushakirwa igisubizo mu gukemura ibibazo by’ibindi bihugu, harimo na RDC.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Rwanda yavuze ko igihe bavuze ubusugire bw’igihugu n’ubusugire bw’imbi, bisobanuye buri gihugu. Avuga ko buri gihugu gikwiye kubahirwa ubusugire bw’imbibi zacyo n’ubusugire bwacyo.

Muri iyi nama yateranye igamije gushakira amahoro n’ituze u Burasizuba bwa Congo n’akarere kose muri rusange, Perezida w’u Rwanda yagaragaje ko hari intambwe iri guterwa ndetse ko yizera adashidikanya ko buri wese azagira uruhare mu gutanga ubufasha n’umusanzu mu kurangiza ibibazo byose.

Iyi nama ihuriweho y’imiryango ya EAC na SADC yemeje kandi abahuza batanu mu kibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo.

Aba barimo Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya, Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, Kalema Montlanthe Samba-Panza wayoboye Santarafrika na Sahle-Work Zewde wabaye Perezida wa Ethiopia.

Tubibutsa ko no m’ukwezi gushize iyi miryango yombi yarahuye, aho kandi yarimo irebera hamwe ikibazo cy’umutekano muke uri mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Tags: EACIbyagarutswehoSADC
Share45Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

Perezida w'u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n'impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?