Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n’uwa SADC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 25, 2025
in Regional Politics
0
Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n’uwa SADC.
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n’uwa SADC.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Bimwe mubyagarutsweho mu nama yahuje abakuru b’ibihugu bihuriye mu muryango w’ubukungu w’iterambere wa Afrika y’Amajyepfo, SADC n’uwa Afrika y’i Burasizuba, EAC yateranye ku munsi w’ejo ku wa mbere tariki ya 24/03/2025, Perezida w’u Rwanda wari mubayitabiriye yagaragaje ko igihe uzashaka ko intambara irangira “uzashyire iherezo ku karengane, urangiza ibibazo bya politiki bitari ku baturage bawe gusa, ahubwo no kubandi harimo n’abaturanyi bawe bigiraho ingaruka.”

Ni jambo ryagarutsweho na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame mu nama ya EAC na SADC. Iyi nama ikaba yabaye hifashijwe ikorana buhanga iyoborwa na Perezida William Ruto wa Kenya uyoboye EAC ndetse na Emmerson Mnangagwa Perezida wa Zimbabwe nawe uyoboye SADC.

Muri iyi nama Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ruhangayikishijwe n’umutekano warwo, avuga ko ibyo bigomba gushakirwa igisubizo mu murongo wo gukemura ibibazo by’ibindi bihugu harimo na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kagame yagize ati: “U Rwanda rukomeje guhangayikishwa n’umutekano wacu, kandi ibyo bigomba gushakirwa igisubizo mu gukemura ibibazo by’ibindi bihugu, harimo na RDC.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’u Rwanda yavuze ko igihe bavuze ubusugire bw’igihugu n’ubusugire bw’imbi, bisobanuye buri gihugu. Avuga ko buri gihugu gikwiye kubahirwa ubusugire bw’imbibi zacyo n’ubusugire bwacyo.

Muri iyi nama yateranye igamije gushakira amahoro n’ituze u Burasizuba bwa Congo n’akarere kose muri rusange, Perezida w’u Rwanda yagaragaje ko hari intambwe iri guterwa ndetse ko yizera adashidikanya ko buri wese azagira uruhare mu gutanga ubufasha n’umusanzu mu kurangiza ibibazo byose.

Iyi nama ihuriweho y’imiryango ya EAC na SADC yemeje kandi abahuza batanu mu kibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo.

Aba barimo Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya, Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, Kalema Montlanthe Samba-Panza wayoboye Santarafrika na Sahle-Work Zewde wabaye Perezida wa Ethiopia.

Tubibutsa ko no m’ukwezi gushize iyi miryango yombi yarahuye, aho kandi yarimo irebera hamwe ikibazo cy’umutekano muke uri mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Tags: EACIbyagarutswehoSADC
Share45Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n’impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

Perezida w'u Burundi yavuze ibyo gutera u Rwanda, avuga n'impamvu abantu batamenya imbaraga igisirikare cye gifite.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?