Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Bishop Muhoza yakoze kubahakana kuri genocide irimo gukorerwa Abanyamulenge muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 29, 2025
in Religion
0
Bishop Muhoza yakoze kubahakana kuri genocide irimo gukorerwa Abanyamulenge muri RDC.
102
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bishop Muhoza yakoze kubahakana kuri genocide irimo gukorerwa Abanyamulenge muri RDC.

You might also like

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Bishop Lewis Muhoza ushyumbye iterero rya Emmaus-Church ku isi n’i Nakivale ho muri Uganda, yavuze ko abahakana ko jenocide irimo gukorerwa Abanyamulenge mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bigiza nkana, agaragaza ko yatangiye kubakorerwa mu mwaka wa 1960, kandi ko kugeza n’ubu bakirimo kuyikorerwa.

Hari mu muhango wo kw’ibuka Intwari y’i Mulenge, General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika watabarutse ku ya 19/02/2025.

Uyu muhango wabereye i Nakivale muri Uganda, aho wateguwe n’Abanyamulenge bahahungiye babifashijwemo n’ubuyobozi bwa Mutualite zibiri, imwe iyobowe na John Musore n’iyobowe na Innocent Mukiza.

Muri uyu muhango habwirije Bishop Muhoza, akaba yasomye urwandiko rw’Abaheburayo 11:13, 23-26.

Mbere yuko abwiriza yabanje gushimira Imana, avuga ko bigoye gushima mumwanya nk’uyu wo kwibuka General Rukunda Michel Makanika. Agaragaza ko dushima kubera ko twamenye Yesu Kristo.

Yashimiye n’abapfakazi abagabo babo baguye ku rugamba bihanganira ibyo bakomeza gucamo, ndetse kandi ashimira n’abakoze igisirikare ariko bakaba barakivuyemo.

Hanyuma yaje kuvuga ko aganira hejuru ya topic igira iti : “Ubutumwa bw’i juru,” kandi avuga ko ubwo butumwa buvuye mu ijuru.

Yavuze ku buzima bwa Mose umugaragu w’Imana uwo dusanga muri bibiriya ijambo ry’Imana. Avuga ko yaramye imyaka 120. Kandi ko yavutse igihe Israel yari mubihe birushya.

Yagize ati: “Ubwo Mose yavukaga Abanye-Giputa batinyaga ko Abisirayeri bororoka, kuko babatinyaga. Bashyiraho itegeko ryokuzaza bica abana b’abahungu.”

Bishop Lewis Muhoza yavuze ko ubwicanyi ko bwatangiye kera, ngo kubera iryo tegeko ryari ryarashyizweho n’Abanye-Giputa ryo kwica abana b’abahungu ba b’Isirayeri.

Avuga ko ari bwo Mose yavutse, bityo ababyeyi be babonye kwari umwana mwiza bigira inama yo ku muhisha, ni ko kumubohera agaseke bakamushyiramo bajya ku muhisha ku mugezi wa Nile. Yanavuze ko Miriyamu mushiki w’uyu mwana wari wavutse niwe wamubaga hafi.

Bigize igihe umukobwa wa Farao ajya kuri wa mugezi, ahageze abona agaseke agira amatsiko yo kuja kureba ikikarimo ni ko gusanga karimo umwana, amugiraho igikundiro cyinshi. Bishop Muhoza avuga ko Mose ukuboko ku w’Iteka kwari ku muriho.

Ni ho yahise avuga ko n’Abanyamulenge hakiri amahirwe yuko Uwiteka akibafiteho igikundiro, kandi ko bazatabarwa umunsi batazi.

Yavuze ko umukobwa wa Farao yasabye Miriyamu wari aho hafi yaho Mose yarari, ahita amusaba ku mushakira uzarera Mose.
Nawe ngwaje kumumushakira amuzanira nyina w’umwana ahita ja kumurera ibwami kwa Farao.

Bishop Lewis Muhoza yagaragaje ko aha kwa Farao Mose yahigiye ibintu bitatu: Amategeko, Igisirikare n’Ubuyobozi.
Yashimangiye ko no mu bibazo tuhigira byinshi, kandi ko Abanyamulenge barimo kwiga uko bazayobora igihugu cyabo.

Yagaragaje ko ibyo Mose yigiye byose kwa Farao byari muri we, ngo kuko gukunda ubwoko bwabo byari mubyo aharanira.

Aha yahise avuga ko Abanyamulenge nabo bagomba gukunda ubwoko bwabo, kandi ko uwanga uwe atari Intwari Imana yohitamo gukoresha.

Ati: “Nawe urasabwa gukunda ubwoko bwawe.”

Hejuru y’ibyo yavuze ko Mose kubera gukunda ubwoko bwabo yaje kwica Umunyegiputa uwo yarasanze arimo arwana n’Umunyesirayeri, bityo ashimangira ko aha ari ho Mose yatangiriye urugamba rwo gucungura benewabo.

Avuga ko nyuma yabwo, yaje gusanga benewabo n’abo barimo barwana, abagira inama yo kutavananamo. Ariko aho abariho afatira umwanzuro wo guhunga kuko bamushinje kwica Umunye-Giputa.

Umushyumba w’Imana Lewis Muhoza yageze aha asaba Abanyamulenge kubabazwa n’ibibabaho bibi. Anavuga ko bakwiye kurwanya buri kibi kibabaho.

Yagize ati: “Bamwe ngo dutabarwe abandi ati reka da! Abandi ati turashize n’abandi ati oya.”

Yashimangiye ibi avuga ko umuntu uva mubwoko bwabo kunyungu ze aba yinjiye mu kaga. Atanga urugero kuri Mose wagerageje kunga benewabo abo yarasanze barimo kurwana, bityo, avuga ko Abanyamulenge nabo bagomba kuva ibuzimu bakajya ibuntu.

Ubundi kandi yavuze ko Abanyamulenge bavuga ko nta jenocide iri kubakorerwa bateje ikibazo muri ubwo bwoko no ku isi hose, kubwe avuga ko jenocide yatangiye kubakorerwa mu mwaka wa 1960.

Ibyo yavuze kuri Makanika:

Yavuze ko nubwo Makanika yapfuye ariko ko yari Intwari, kandi ko ubutwari bwe bugaragarira buri wese.
Yahise agira ati: “Njye si namubonye amaso ku yandi, ariko namubonaga mu biterane ahimbaza Imana. General watambiraga Imana. Yari Intwari.”

Avuga kandi ko uyu musirikare yakundaga ubwoko bwe.
Mu gosoza yavuze ko Makanika yagiraga kwicisha bugufi kandi ko yari umubyeyi w’Imulenge, ngo kuko yareze abana benshi muri Twirwaneho n’ahandi.

Tags: AbanyamulengeGeneral Rukunda MichelJenocide
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa?

Na we wemera ko ibi byaje mu nsengero zari zikwiye gusengerwamo Imana gusa? Kuri ubu benshi bibaza kuri iki kibazo, aho kuri ubu aho kugira ngo insengero zibe...

Read moreDetails

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Kera kabaye, i Kinshasa bafunze abasirikare bayo ba ba-jenerali benshi.

Uvira ngo bazakubitwa nabi bahunge, umuhanuzi ibyo yeretswe. Umwe mu bahanuzi baherereye muri teritware ya Walungu muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko ingabo za Congo n'iz'u Burundi zizakubitwa nabi...

Read moreDetails

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Kofi akoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba. Kofi uwo bamwe bakunze kwita Joshua, umucuranzi uri mubakunzwe cyane muri iki gihe mu matorero y'Abanyamulenge yo muri Uganda no ku...

Read moreDetails

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
0
Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo.

Babwiwe ibibateye ubwoba ku Ndondo ya Bijombo. Umwe mu bahanuzi bakomeye ku Ndondo ya Bijombo muri Kivu y'Amajyepfo, yabwiye Abanye-Ndondo ubuhanuzi budasanzwe bubateye ubwoba. Mu cyumweru gishize ni...

Read moreDetails

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

by Bruce Bahanda
May 25, 2025
0
Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika.

Icyo Umushumba yavuze kuri Pentecost iyo abakristo bizihiza nyuma ya Pasika. Umushumba w'itorero rya All National Assembly of God, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ko igiterane cya Pentecost icyo...

Read moreDetails
Next Post
Icyo perezida wa Mutualite yavuze kubagoreka amateka y’Abanyamulenge.

Icyo perezida wa Mutualite yavuze kubagoreka amateka y'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?