• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 12, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Bishop Muhoza yakoze kubahakana kuri genocide irimo gukorerwa Abanyamulenge muri RDC.

minebwenews by minebwenews
March 29, 2025
in Religion
0
Bishop Muhoza yakoze kubahakana kuri genocide irimo gukorerwa Abanyamulenge muri RDC.
103
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bishop Muhoza yakoze kubahakana kuri genocide irimo gukorerwa Abanyamulenge muri RDC.

Bishop Lewis Muhoza ushyumbye iterero rya Emmaus-Church ku isi n’i Nakivale ho muri Uganda, yavuze ko abahakana ko jenocide irimo gukorerwa Abanyamulenge mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, bigiza nkana, agaragaza ko yatangiye kubakorerwa mu mwaka wa 1960, kandi ko kugeza n’ubu bakirimo kuyikorerwa.

READ ALSO

Abacengenzi mu miryango: Inyigisho z’Umushumba Gedeon Kayoni mu giterane cy’abamama

Abanyamulenge Bakiriye Inkuru y’Akababaro: Umusaza Simoni Sebaganwa, Umuhanuzi Wubahwaga, Yitabye Imana

Hari mu muhango wo kw’ibuka Intwari y’i Mulenge, General Rukunda Michel uzwi cyane nka Makanika watabarutse ku ya 19/02/2025.

Uyu muhango wabereye i Nakivale muri Uganda, aho wateguwe n’Abanyamulenge bahahungiye babifashijwemo n’ubuyobozi bwa Mutualite zibiri, imwe iyobowe na John Musore n’iyobowe na Innocent Mukiza.

Muri uyu muhango habwirije Bishop Muhoza, akaba yasomye urwandiko rw’Abaheburayo 11:13, 23-26.

Mbere yuko abwiriza yabanje gushimira Imana, avuga ko bigoye gushima mumwanya nk’uyu wo kwibuka General Rukunda Michel Makanika. Agaragaza ko dushima kubera ko twamenye Yesu Kristo.

Yashimiye n’abapfakazi abagabo babo baguye ku rugamba bihanganira ibyo bakomeza gucamo, ndetse kandi ashimira n’abakoze igisirikare ariko bakaba barakivuyemo.

Hanyuma yaje kuvuga ko aganira hejuru ya topic igira iti : “Ubutumwa bw’i juru,” kandi avuga ko ubwo butumwa buvuye mu ijuru.

Yavuze ku buzima bwa Mose umugaragu w’Imana uwo dusanga muri bibiriya ijambo ry’Imana. Avuga ko yaramye imyaka 120. Kandi ko yavutse igihe Israel yari mubihe birushya.

Yagize ati: “Ubwo Mose yavukaga Abanye-Giputa batinyaga ko Abisirayeri bororoka, kuko babatinyaga. Bashyiraho itegeko ryokuzaza bica abana b’abahungu.”

Bishop Lewis Muhoza yavuze ko ubwicanyi ko bwatangiye kera, ngo kubera iryo tegeko ryari ryarashyizweho n’Abanye-Giputa ryo kwica abana b’abahungu ba b’Isirayeri.

Avuga ko ari bwo Mose yavutse, bityo ababyeyi be babonye kwari umwana mwiza bigira inama yo ku muhisha, ni ko kumubohera agaseke bakamushyiramo bajya ku muhisha ku mugezi wa Nile. Yanavuze ko Miriyamu mushiki w’uyu mwana wari wavutse niwe wamubaga hafi.

Bigize igihe umukobwa wa Farao ajya kuri wa mugezi, ahageze abona agaseke agira amatsiko yo kuja kureba ikikarimo ni ko gusanga karimo umwana, amugiraho igikundiro cyinshi. Bishop Muhoza avuga ko Mose ukuboko ku w’Iteka kwari ku muriho.

Ni ho yahise avuga ko n’Abanyamulenge hakiri amahirwe yuko Uwiteka akibafiteho igikundiro, kandi ko bazatabarwa umunsi batazi.

Yavuze ko umukobwa wa Farao yasabye Miriyamu wari aho hafi yaho Mose yarari, ahita amusaba ku mushakira uzarera Mose.
Nawe ngwaje kumumushakira amuzanira nyina w’umwana ahita ja kumurera ibwami kwa Farao.

Bishop Lewis Muhoza yagaragaje ko aha kwa Farao Mose yahigiye ibintu bitatu: Amategeko, Igisirikare n’Ubuyobozi.
Yashimangiye ko no mu bibazo tuhigira byinshi, kandi ko Abanyamulenge barimo kwiga uko bazayobora igihugu cyabo.

Yagaragaje ko ibyo Mose yigiye byose kwa Farao byari muri we, ngo kuko gukunda ubwoko bwabo byari mubyo aharanira.

Aha yahise avuga ko Abanyamulenge nabo bagomba gukunda ubwoko bwabo, kandi ko uwanga uwe atari Intwari Imana yohitamo gukoresha.

Ati: “Nawe urasabwa gukunda ubwoko bwawe.”

Hejuru y’ibyo yavuze ko Mose kubera gukunda ubwoko bwabo yaje kwica Umunyegiputa uwo yarasanze arimo arwana n’Umunyesirayeri, bityo ashimangira ko aha ari ho Mose yatangiriye urugamba rwo gucungura benewabo.

Avuga ko nyuma yabwo, yaje gusanga benewabo n’abo barimo barwana, abagira inama yo kutavananamo. Ariko aho abariho afatira umwanzuro wo guhunga kuko bamushinje kwica Umunye-Giputa.

Umushyumba w’Imana Lewis Muhoza yageze aha asaba Abanyamulenge kubabazwa n’ibibabaho bibi. Anavuga ko bakwiye kurwanya buri kibi kibabaho.

Yagize ati: “Bamwe ngo dutabarwe abandi ati reka da! Abandi ati turashize n’abandi ati oya.”

Yashimangiye ibi avuga ko umuntu uva mubwoko bwabo kunyungu ze aba yinjiye mu kaga. Atanga urugero kuri Mose wagerageje kunga benewabo abo yarasanze barimo kurwana, bityo, avuga ko Abanyamulenge nabo bagomba kuva ibuzimu bakajya ibuntu.

Ubundi kandi yavuze ko Abanyamulenge bavuga ko nta jenocide iri kubakorerwa bateje ikibazo muri ubwo bwoko no ku isi hose, kubwe avuga ko jenocide yatangiye kubakorerwa mu mwaka wa 1960.

Ibyo yavuze kuri Makanika:

Yavuze ko nubwo Makanika yapfuye ariko ko yari Intwari, kandi ko ubutwari bwe bugaragarira buri wese.
Yahise agira ati: “Njye si namubonye amaso ku yandi, ariko namubonaga mu biterane ahimbaza Imana. General watambiraga Imana. Yari Intwari.”

Avuga kandi ko uyu musirikare yakundaga ubwoko bwe.
Mu gosoza yavuze ko Makanika yagiraga kwicisha bugufi kandi ko yari umubyeyi w’Imulenge, ngo kuko yareze abana benshi muri Twirwaneho n’ahandi.

Tags: AbanyamulengeGeneral Rukunda MichelJenocide

Related Posts

Abacengenzi mu miryango: Inyigisho z’Umushumba Gedeon Kayoni mu giterane cy’abamama
Religion

Abacengenzi mu miryango: Inyigisho z’Umushumba Gedeon Kayoni mu giterane cy’abamama

September 6, 2026
Abanyamulenge Bakiriye Inkuru y’Akababaro: Umusaza Simoni Sebaganwa, Umuhanuzi Wubahwaga, Yitabye Imana
Religion

Abanyamulenge Bakiriye Inkuru y’Akababaro: Umusaza Simoni Sebaganwa, Umuhanuzi Wubahwaga, Yitabye Imana

September 2, 2026
ANTIKRISTO AZAVA MURI ISRAEL cyangwa AMERIKA? Ukuri kwa Bibiliya Kurimo Igisubizo Gitangaje
Religion

ANTIKRISTO AZAVA MURI ISRAEL cyangwa AMERIKA? Ukuri kwa Bibiliya Kurimo Igisubizo Gitangaje

August 31, 2026
Minembwe Capital News — Isesengura ry’Amateka, Imyemerere n’Ibihuha Bimaze Imyaka Bivugwa kuri “Illuminati”
Religion

Minembwe Capital News — Isesengura ry’Amateka, Imyemerere n’Ibihuha Bimaze Imyaka Bivugwa kuri “Illuminati”

August 27, 2026
“Kuva ku Bigishwa 12 Kugeza kuri Miliyari 2.3: Ibanga ry’Uko Ubukristo Bwafashe Isi, Amateka Yabwo n’Icyo Ibyo Bivuga ku Mana”
Religion

“Kuva ku Bigishwa 12 Kugeza kuri Miliyari 2.3: Ibanga ry’Uko Ubukristo Bwafashe Isi, Amateka Yabwo n’Icyo Ibyo Bivuga ku Mana”

August 16, 2026
Apostle Alice na Col. Cobra Bakomeje Urugendo rw’Ivugabutumwa muri Minembwe, Bageze mu Nsengero Zirenga 10: Menya Byinshi kuri Iyi Ziara n’Ubutumwa bw’Imana Buyikubiyemo
Religion

Apostle Alice na Col. Cobra Bakomeje Urugendo rw’Ivugabutumwa muri Minembwe, Bageze mu Nsengero Zirenga 10: Menya Byinshi kuri Iyi Ziara n’Ubutumwa bw’Imana Buyikubiyemo

August 12, 2026
Next Post
Icyo perezida wa Mutualite yavuze kubagoreka amateka y’Abanyamulenge.

Icyo perezida wa Mutualite yavuze kubagoreka amateka y'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
  • Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
  • C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?