Bujumbura: Kuri stade intwari habereye impanuka.
Kuri stade intwari iherereye i Bujumbura ku murwa mukuru w’ubukungu w’i gihugu cy’u Burundi, ahakomeje gukorwa ibikorwa byo kuyivugurura, habereye impanuka idasanzwe, gusa nta muntu yahitanye cyangwa ngw’imukomeretse, ariko yangije inyubako.
Hari igihe c’isaha z’umugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki ya 13/06/2025, ubwo iriya mpanuka yabaga igasenya inyubako za stade intwari.
Aya makuru ava muri iki gihugu cy’u Burundi cyabereyemo iriya mpanuka, avuga ko ubwo abubatsi bazamuraga ipoto y’amatara ni bwo impanuka yabaye.
Inkuru ikomeza ivuga ko mu gihe barizamuraga, ryabihurubutse, rihita rigwa kuri stade hejuru ryangiza igice cyagenewe kwicaramo abafana.

Ku bw’amahirwe, nk’uko amakuru akomeza abivuga ni uko nta muntu wapfuye cyangwa wakomeretse muri iyo mpanuka, usibye ibyasenyutse.
