Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Bumwe mu buhamya ku bitero byagabwe kuri Twirwaneho na M23 mu Rugezi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 9, 2025
in Conflict & Security
0
Amashya avugwa mu Rurambo yanabayemo agasenyaguro ku za Tshisekedi.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bumwe mu buhamya ku bitero byagabwe kuri Twirwaneho na M23 mu Rugezi.

You might also like

Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be i Kisangani.

Uvira ngo yaba igiye gufatwa cyangwa ni amayeri Leta y’i Kinshasa irimo gukoresha, ibirambuye

Mu Gipupu hubuye imirwano ikaze.

Nyuma y’aho umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bigabweho ibitero bikaze by’ihuriro ry’Ingabo za Congo, iyi mitwe yombi ibarizwa mu ihuriro rya AFC, ikabisubiza inyuma; Minembwe Capital News yabwiwe uko byari byifashe n’abaturiye aho iyo mirwano yaberaga.

Ni imirwano yirije umunsi, aho yatangiye igihe c’isaha ya saa kumi nebyiri n’igice z’igitondo, irangira igihe c’isaha ya saa kumi z’umugoroba, ku masaha ya Minembwe na Bukavu.

Bumwe mu buhamya twahawe n’abatuye ahaberaga imirwano buvuga ko bitari byoroshye, ahubwo ko byari bikaze.

Ati: “Umwanzi wateye mu Rugezi yahunze, ariko ibitero yagabye byari bikomeye.”

Uyu waduhaye ubu buhamya mbere, yanavuze ko byari gutera isoni, mu gihe ihuriro ry’ingabo za Congo zari kugira agace zifata, ngo kuko iki gice Twirwaneho na M23 bamaze kukimenyera kandi bakaba bazi amayira yacyo yose.

Ati: “Byari gukoza isoni iyo iyi mitwe igenzura iki gice yariguhunga. Ni igice abarwanyi bayo bamaze kumenya neza. Ubu isoni ziri kubari bagabye ibitero.”

Ubu buhamya bukomeza buvuga ko imirambo irenga 12 y’abo mu ruhande rwa Leta yasigaye ahaberaga imirwano.

Ati: “Imirambo y’umanzi irahasigaye, isigaye kwa uwanja.”

Ubundi buhamya buvuga ko imirwano yarangiye igihe c’isaha ya saa kumi zija gushyira muri saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Bugira buti: “Adui ahunze saa kumi n’iminota nka mirongwine n’ibiri. Yateye aturutse inzira nyinshi, kandi yakoresheje imbunda ziremereye zirimo izirasa Amakompola n’izindi.”

Ubu buhamya bunagaragaza ko umwanzi ko yakoresheje uburyo atarasanzwe akoresha, ngo kuko yateraga ibisasu ari mu ntera ndende.

Ati: “Intambara ya none umwanzi yayirwaniye ari mu ntera itari ngufi. Yarasishaga imbunda nini n’amakompola. Nta mbunda nto yigeze ikoreshwa uyu munsi.”

Iyi mirwano yaberaga ku musozi wo kwa Didas n’ahazwi nko ku bitaro ugana ahahoze ari kwa Sabune, ni mu gihe yahereye ahitwa i Muchikachika.

Kuri ubu utu duce twose twaberagamo imirwano turi mu biganza by’aba barwanyi bo muri Twirwaneho na M23, nyuma y’uko ingabo za Congo zagabye biriya bitero zikijijwe n’amaguru zirahunga.

Ibi bitero ingabo z’u ruhande ru rwanirira guverinoma ya RDC, zabigabye ziturutse mu Rugomero no mu bindi bice biherereye mu ruhande rw’i Milimba ahazwi nko mu ndiri ikomeye ya FDLR na Wazalendo, nk’uko n’ubundi ubu buhamya bwakomeje bubivuga.

Uwavuganaga na Minembwe Capital News, yagize ati: “Bashobora kuba baturutse mu Rugomero baserukana mu Gisesero, bafata kwa Mwera, babona kuzamukana ku Bitaro. Hari n’izindi nzira banyuzemo z’Ibisambu. Erega bari umusenyi kandi baturutse inzira nyinshi.”

Tags: RugeziTwirwanehoUbuhamya
Share39Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be i Kisangani.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be i Kisangani.

Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be i Kisangani. Umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yarashe bagenzi be batatu babiri bahasiga ubuzima undi umwe arakomereka bikabije, ibi bikaba...

Read moreDetails

Uvira ngo yaba igiye gufatwa cyangwa ni amayeri Leta y’i Kinshasa irimo gukoresha, ibirambuye

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Uvira bari mu marira menshi nyuma y’aho FARDC yishe irashe umuyobozi waho ukomeye.

Uvira ngo yaba igiye gufatwa cyangwa ni amayeri Leta y'i Kinshasa irimo gukoresha, ibirambuye. Ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo bwashinje ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23...

Read moreDetails

Mu Gipupu hubuye imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zagaruye Inka zari zanyazwe.

Mu Gipupu hubuye imirwano ikaze. Amakuru aturuka mu Gipupu mu gice kigenzurwa n'ihuriro ry'imitwe yitwaje intwaro yibumbiye mu ciswe Wazalendo izwiho ubufatanye bwa bugufi n'Ingabo za Leta ya...

Read moreDetails

Byinshi ku ngabo za FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Byinshi ku ngabo za  FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo.

Byinshi ku ngabo za FARDC, FDLR na Wazalendo zoherejwe mu duce du tatu two mu misozi ya Rurambo. Grupema zibiri iya Runingu n'iya Kigoma ziherereye muri teritware ya...

Read moreDetails

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Icyo uruzinduko rwa  Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije.

Icyo uruzinduko rwa Commandant secteur mu Bibogobogo rugamije. Commandant secteur wungirije, uruzinduko yagiriye mu Bibogobogo agace gatuwe cyane n'Abanyamulenge, rugamije ahanini gukora controle cyangwa se ibarura ry'abasirikare ba...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’Ingabo za RDC zahawe isomo rikomeye muri Kivu Yaruguru.

Ihuriro ry'Ingabo za RDC zahawe isomo rikomeye muri Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?