• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 13, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Bumwe mu buhamya ku bitero byagabwe kuri Twirwaneho na M23 mu Rugezi.

minebwenews by minebwenews
June 9, 2025
in Conflict & Security
0
Amashya avugwa mu Rurambo yanabayemo agasenyaguro ku za Tshisekedi.
97
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bumwe mu buhamya ku bitero byagabwe kuri Twirwaneho na M23 mu Rugezi.

Nyuma y’aho umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bigabweho ibitero bikaze by’ihuriro ry’Ingabo za Congo, iyi mitwe yombi ibarizwa mu ihuriro rya AFC, ikabisubiza inyuma; Minembwe Capital News yabwiwe uko byari byifashe n’abaturiye aho iyo mirwano yaberaga.

READ ALSO

Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka

Les Wazalendo se divisent en deux camps : au cœur des tensions entre Yakutumba et la nouvelle Alliance of Congolese Patriots (A.P.C.)

Ni imirwano yirije umunsi, aho yatangiye igihe c’isaha ya saa kumi nebyiri n’igice z’igitondo, irangira igihe c’isaha ya saa kumi z’umugoroba, ku masaha ya Minembwe na Bukavu.

Bumwe mu buhamya twahawe n’abatuye ahaberaga imirwano buvuga ko bitari byoroshye, ahubwo ko byari bikaze.

Ati: “Umwanzi wateye mu Rugezi yahunze, ariko ibitero yagabye byari bikomeye.”

Uyu waduhaye ubu buhamya mbere, yanavuze ko byari gutera isoni, mu gihe ihuriro ry’ingabo za Congo zari kugira agace zifata, ngo kuko iki gice Twirwaneho na M23 bamaze kukimenyera kandi bakaba bazi amayira yacyo yose.

Ati: “Byari gukoza isoni iyo iyi mitwe igenzura iki gice yariguhunga. Ni igice abarwanyi bayo bamaze kumenya neza. Ubu isoni ziri kubari bagabye ibitero.”

Ubu buhamya bukomeza buvuga ko imirambo irenga 12 y’abo mu ruhande rwa Leta yasigaye ahaberaga imirwano.

Ati: “Imirambo y’umanzi irahasigaye, isigaye kwa uwanja.”

Ubundi buhamya buvuga ko imirwano yarangiye igihe c’isaha ya saa kumi zija gushyira muri saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Bugira buti: “Adui ahunze saa kumi n’iminota nka mirongwine n’ibiri. Yateye aturutse inzira nyinshi, kandi yakoresheje imbunda ziremereye zirimo izirasa Amakompola n’izindi.”

Ubu buhamya bunagaragaza ko umwanzi ko yakoresheje uburyo atarasanzwe akoresha, ngo kuko yateraga ibisasu ari mu ntera ndende.

Ati: “Intambara ya none umwanzi yayirwaniye ari mu ntera itari ngufi. Yarasishaga imbunda nini n’amakompola. Nta mbunda nto yigeze ikoreshwa uyu munsi.”

Iyi mirwano yaberaga ku musozi wo kwa Didas n’ahazwi nko ku bitaro ugana ahahoze ari kwa Sabune, ni mu gihe yahereye ahitwa i Muchikachika.

Kuri ubu utu duce twose twaberagamo imirwano turi mu biganza by’aba barwanyi bo muri Twirwaneho na M23, nyuma y’uko ingabo za Congo zagabye biriya bitero zikijijwe n’amaguru zirahunga.

Ibi bitero ingabo z’u ruhande ru rwanirira guverinoma ya RDC, zabigabye ziturutse mu Rugomero no mu bindi bice biherereye mu ruhande rw’i Milimba ahazwi nko mu ndiri ikomeye ya FDLR na Wazalendo, nk’uko n’ubundi ubu buhamya bwakomeje bubivuga.

Uwavuganaga na Minembwe Capital News, yagize ati: “Bashobora kuba baturutse mu Rugomero baserukana mu Gisesero, bafata kwa Mwera, babona kuzamukana ku Bitaro. Hari n’izindi nzira banyuzemo z’Ibisambu. Erega bari umusenyi kandi baturutse inzira nyinshi.”

Tags: RugeziTwirwanehoUbuhamya

Related Posts

Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka
Conflict & Security

Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka

September 13, 2026
I Uvira Byakaze: Wazalendo basabye abaturage kugumuka kuri FARDC nyuma y’uko ifunze umwe mu bakomando babo
Conflict & Security

Les Wazalendo se divisent en deux camps : au cœur des tensions entre Yakutumba et la nouvelle Alliance of Congolese Patriots (A.P.C.)

September 13, 2026
Wazalendo Bacitsemo Ibice Bibiri: Imbere mu Makimbirane ya Yakutumba n’Ihuriro Rishya A.P.C.
Conflict & Security

Wazalendo Bacitsemo Ibice Bibiri: Imbere mu Makimbirane ya Yakutumba n’Ihuriro Rishya A.P.C.

September 12, 2026
Deux personnes tuées dans une embuscade contre des voyageurs en route vers Maheta
Conflict & Security

Deux personnes tuées dans une embuscade contre des voyageurs en route vers Maheta

September 12, 2026
IBY’IGITERO CYAGABWE KU BAGENZI BEREKEZAGA MU MAHETA
Conflict & Security

IBY’IGITERO CYAGABWE KU BAGENZI BEREKEZAGA MU MAHETA

September 12, 2026
Nyuma yo Gufata Mahanga, AFC/M23 Yerekeje i Bitoyi: Imirwano Ikomeye Yahuje Impande Zombi
Conflict & Security

Nyuma yo Gufata Mahanga, AFC/M23 Yerekeje i Bitoyi: Imirwano Ikomeye Yahuje Impande Zombi

September 12, 2026
Next Post
Ihuriro ry’Ingabo za RDC zahawe isomo rikomeye muri Kivu Yaruguru.

Ihuriro ry'Ingabo za RDC zahawe isomo rikomeye muri Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Ibanga ryo Gukira no Kuba Umukire: Uko Umushahara Wawe Wakubakira Ubukire Burambye
  • Ubutumwa Bukomeye bwa Me. Byashoni ku Banyamulenge Bari mu Mahanga: Ukwizera, Ubumwe no Kongera Kubaka Umuryango
  • Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?