
Bya tahuwe ko, Umuyobozi wa Mahoro Peace Association, Adel Kibasumba, ari Umunyamulengekazi, watangiye kw’irwanaho keraa.
Adel Kibasumba, yabonye izuba kuya 24/04/1989, yavukiye ahitwa Uvira, akaba ari Umunyamulenge, wo mu bwoko bw’Abatutsi, bo mu gihugu ca Republika ya Demokarasi ya Congo, batuye mu misozi miremire y’Imulenge, muri teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.
Nk’uko amateka y’Abanyamulenge, abivuga, n’uko Abanyamulenge, batangiye kurwana intambara ahagana mu mwaka w’1960 kugeza uy’umunsi(05/01/2024) bararwana, ahanini intambara barwana, n’intambara bashoweho n’imitwe y’itwaje imbunda irimo Maï Maï, FDLR n’indi mitwe igizwe n’Abatwa bo muri Moba, mu cyahoze cyitwa Katanga.
Kuba Abanyamulenge, barabaye, muntambara cyane, biri mu byatumye Abanyamulenge bamenya kw’irwanaho no kuramira abarengana. Ni muri ubwo buryo, rero Adel Kibasumba, yoba yarigiyemo kw’irwanaho.
Ahagana mu mwaka w’2004, Adel Kibasumba, yigaga ku kigo cy’Ishuri ry’Isumbuye( Institut), rya Madegu, mu Minembwe, bya vuzwe ko aha y’igaga muri “section ya Biochimie,” ariwe wenyine w’igitsinagore. Mu buhamya bwatanzwe n’umwe mu banyeshuri biganaga yavuze ko “Abahungu batinyaga Adel Kibasumba.”
Nk’uko iy’inkuru tuyikesha ikiganiro Adel, yanyujije kurukuta rwe rwa X, uriya watanze ubuhamya bw’uko Adel Kibasumba, yarazi kw’irwanaho yagize ati: “Njya n’ibuka kuri Madegu, ko wari umukobwa umwe muri Biochimie, kandi Abahungu baragutinyaga, war’umuhanga ukaba n’Ingare.”
Yakomeje agira ati: “Uzi ko iyo bakurakazaga watombokaga mu giswahili!”
Nyuma y’ubu buhamya, Adel Kibasumba, akoresheje urubuga rwe rwa X, yagize ati: “Kuri Institut Madegu aho, niho, nigiye kw’irwanaho nyako.”
Ishirahamwe rya “Mahoro Peace Association,” riyobowe na Adel Kibasumba, r’izwi, mu kuguboka Abanyamulenge, bagiye bakurwa mu byabo, kubera Intarambara za Maï Maï, FDLR n’Imitwe igizwe n’Insoresore z’Abarundi.
Adel Kibasumba, yatorewe kuyobora Mahoro Peace Association, kuya 05/01/2020. Akaba amaze kuyobora uy’umuryango Manda zibiri(2).
Adel Kibasumba, n’imwene Prudence Murinda, kuri ubu, batuye muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Bruce Bahanda.