Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Byakaze, u Rwanda rwatumije ambasaderi w’u Bwongereza gusobanura ibyatangajwe na minisitiri Collins.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 1, 2025
in World News
0
Byakaze, u Rwanda rwatumije ambasaderi w’u Bwongereza gusobanura ibyatangajwe na minisitiri Collins.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byakaze, u Rwanda rwatumije ambasaderi w’u Bwongereza gusobanura ibyatangajwe na minisitiri Collins.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Leta y’u Rwanda yatumije ambasaderi w’u Bwongereza kugira ngo abahe ibisobanuro ku magambo yatangajwe na minisiteri w’iki gihugu ushyinzwe Afrika, Lord Collins, ubwo yari imbere y’inteko y’u Bwongereza ishinga amategeko , tariki ya 26/02/2025.

Muri iyi nteko, minisitiri Collins yabajijwe iby’igitero umutwe w’iterabwoba wa ADF Nalu wagabye muri Ituri ku rusengero muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, asubiza ko ubwo yahuraga na minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda yahakanye ibyo birego.

Mu itangazo u Rwanda rwashyize hanze, rwagaragaje ko ibyatangajwe na minisitiri Collins ari ibinyoma byambaye ubusa, kandi ko bigamije guharabika u Rwanda.

Iyi Leta y’iki gihugu cy’u Rwanda yamenyesheje ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda ko abo ba minisitiri bombi mu biganiro bagiranye ubwo baheruka guhurira mu nama i Geneva mu busuwisi, batigeze bavuga kuri ADF.

Muri iryo tangazo, ruvuga ko biriya byatangajwe na minisitiri Collins ari ibinyoma bisebya u Rwanda, kuvuga ko hari imikoranire yaba iri hagati y’uwo mutwe w’iterabwoba wa ADF ukomoka muri Uganda, igitangaje ukaba ufitanye ubufatanye na ISIS, ikindi kandi uwo mutwe aho uherereye akaba ari mu birometero amagana namagana uvuye ku mupaka w’u Rwanda.
Rugaragaza ko ntaho ruhuriye n’abo barwanyi, kuko rurwanya abandi basa na bo i Cabo Delgado muri Mozambique.

U Rwanda kandi rwashimangiye ko iki ari ikibazo gikomeye kubona minisitiri w’u Bwongereza ushyinzwe Afrika atangaza amakuru nk’aya ayobya, asebya u Rwanda, ndetse agatiza umurindi ibibazo by’amacakubiri n’umutekano muke umaze iminsi muri Congo.

Kimwecyo, minisitiri Collins yoherereje ubutumwa minisitiri w’u Rwanda ushyinzwe ububanyi n’amahanga n’ubutwererane yemera ko yakoze amakosa, akaba ndetse ateganya kwandikira abo yabwiye ayo magambo kugira ngo bakosore amakuru babitse.
U Rwanda rusanga ibyo bidahagije, bitewe n’uburemere bw’ayo makuru yatangajwe atari yo, rusaba ko u Bwongereza bukosora iyo mvugo mu ruhame, kandi bugasaba n’imbabazi.

Tags: AmabasaderiCollinsIbyatangajwe
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Abanya-Kaziba batewe urujijo n’ibyo ubuyobozi bwaho buri gukora.

Abanya-Kaziba batewe urujijo n'ibyo ubuyobozi bwaho buri gukora.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?