Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 14, 2025
in Regional Politics
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

You might also like

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n’umujyamama we, ni we Kabila yohereje muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika kubonana n’abategetsi b’icyo gihugu mu rwego rwo kugira ngo abasobanurire politiki mbi perezida Felix Tshisekedi ayoboranye Abanye-Congo.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo ni bwo Kikaya yerekeje i Washington DC avuye i Goma mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro uyu Kikaya yagiranye n’igitangazamakuru cya Jeunne Afrique, yakibwiye ko “ubutumwa nyamukuru ashyiriye Abanyamerika bukubiye mu ijambo Joseph Kabila yagejeje ku Banye-Congo mbere yuko aja i Goma mu kwezi gushize.”

Icyo gihe yavuze ko agiye gutaha, maze ngwatange umusanzu we mu gufasha Abanye-Congo kugira ngo ubutegetsi bwa Tshisekedi buri kuroha igihugu cyabo mu manga bushyirweho iherezo ryanyuma.

Kikaya, akomeza asobanuye ko agomba gusobanurira imitwe yombi y’abagize inteko ishinga amategeko ya Leta Zunze ubumwe za Amerika, inyungu yo kugaruka muri politiki kwa Kabila, ibyo yakoze kugira ngo arengere umuryango wa Politiki wa PPRD, ubundi kandi ngo anafashe abantu gusobanukirwa ukuri kw’ibibazo igihugu kiri gucyamo kubera ubutegetsi bubi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Kikaya watumwe i Washington DC, yahagiye mu gihe kandi harimo kubera ibiganiro by’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo. Binateganyijwe ko ibi bihugu byombi bizasinyana amasezerano y’amahoro mu kwezi gutaha kwa karindwi.

Uru ruzinduko rwa Kikaya muri Amerika, arukoze kandi mu gihe mu minsi mike ishize umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’i Kinshasa, Moïse Katumbi, na we yari aha heruka; bivugwa ko yahuye na minisitiri w’ubanye n’amahanga waho, bakagirana ibiganiro n’ubundi byenda gusa n’ubutumwa Kikaya yazaniye abategetsi b’iki gihugu, kuko na we yashinja ubutegetsi bw’i Kinshasa kuroha igihugu cyabo mu mwijima w’icyuraburindi.

Tags: I Washington DCIntumwaKabilaKikaya
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Agezweho y'Ingabo za Afrika y'Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC. Ingabo za Afrika y'Epfo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC,...

Read moreDetails

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi...

Read moreDetails

Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

Kivu y'Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryashyizeho abayobozi b'intara ya Kivu y'Amajyepfo, guverineri na visi guverineri....

Read moreDetails
Next Post
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?