• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byinshi wa menya ku mushinga wo gusenyera Abanyamulenge mu Minembwe, ndetse n’abawurinyuma.

minebwenews by minebwenews
September 9, 2024
in Regional Politics
0
Byinshi wa menya ku mushinga wo gusenyera Abanyamulenge mu Minembwe, ndetse n’abawurinyuma.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi wa menya ku mushinga wo gusenyera Abanyamulenge mu Minembwe, ndetse n’abawurinyuma.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni amakuru avuga ko mu Rugezi ho muri Grupema ya Basimunyaka, Secteur ya Mutambara, teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu cyumweru dusoje, ahagana mu mpera zacyo, hageze abarwanyi benshi bayobowe n’uwiyita jenerali Hamuri Yakutumba aho baje bitwaje imbunda ziremereye n’izito, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Rugezi ni agace gaherereye mu birometero nka 25 uvuye muri Centre ya Minembwe. Aha harebwaga n’abarwanyi ba Maï Maï Bishambuke nayo ivugwaho gushyigikira Yakutumba.

Mukwezi gushyize ndetse n’ukwakarindwi muri uyu mwaka, nibwo depite ku rwego rw’intara muri kivu y’Epfo, Justin Bitakwira yageze muri iyi ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, agenda akoresha ibiganiro hari nibyabereye i Baraka. Byari ibiganiro bigamije kunga abarwanyi ba Mai Mai no kubakangurira kurimbura ubwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange.

Bivugwa ko muri icyo gihe, ni nabwo Yakutumba na Col Ngomanzito bategetswe na Justin Bitakwira guhagararira uyu mushinga wo kurwanya Abanyamulenge mu Minembwe.

Nk’uko bizwi depite Bitakwira wateguye uyu mushinga wo kurimbura Abanyamulenge asanzwe aharagarariye Wazalendo bo muri za teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira muri leta ya perezida Félix Tshisekedi. Uyu mudepite azwiho kandi kugira urwango rukomeye ku Banyamulenge.

Nyuma yuko aba barwanyi bayobowe na Yakutumba bageze mu karere ka Rugezi ku wa kane tariki ya 04/09/2024, amakuru avuga ko bakoresheje ibiganiro mu baturage baho, babakangurira kubashyigikira bakarwanya Abanyamulenge, ariko bababera ibamba. Ni mu gihe aba baturage bababwiye ko badashobora gushyigikira intambara, ngo kuko intambara bayibayemo igihe kirekire, kandi ko batigeze bayiboneramo icyiza.

Mu itangazo Sosiyete sivile mu Minembwe yashyize hanze tariki ya 08/09/2024, riteweho umukono na perezida wayo, bwana Saint-cadet Rubibi Ruvuzangoma, rivuga ko abaturiye mu Rugezi mu Cyumweru gishize, batunguwe n’abantu benshi bageze iwabo bitwaje intwaro, kandi ko bayobowe na Yakutumba.

Rikomeza rivuga ko “Nyuma y’uko aba bantu bayobowe na Yakutumba bageze muri aka gace bagaragarije abagatuye umushinga bafite wo gusenyera Abanyamulenge, ndetse ngo baza guhuza abagaturiye no mu nkengero zako, babaganirira kuri uwo mushinga ariko aba baturage bawutera utwatsi, banabwira aba bantu bafite imbunda ko batazongera guha umwanya umuntu wese uzana intambara.

Iri tangazo kandi rigaragaragaza ko aba baturage bagaragarije Yakutumba ibyiza byo kuba mu mahoro, ndetse kandi bamusubirira mu mateka y’intambara bamazemo imyaka myinshi, n’uburyo bayitakarijemo byinshi, birimo n’uko bayiburiyemo ababo n’ibyabo.

Ni tangazo kandi rigaragaragaza ko Yakutumba yahagaritse uyu mushinga we wo kugaba ibitero mu Banyamulenge, ariko igitangaje, yohereza abarwanyi be mu gace ka Bigaragara gateganye na Kabingo na Gakangara , utu duce tukaba dutuyemo Abanyamulenge benshi abo yari afite kurwanya.

Itangazo rya Sosiyete sivile risoza risaba ko Yakutumba n’abarwanyi be, gusubira iyo baje bava mu mashyamba y’i Ngandji, ndetse kandi igasaba ko Guverinoma ya Kinshasa kwikwiye kwitandukanya gushyigikira aba barwanyi bazwiho guhungabanya umudendezo w’abaturage.

            MCN.

Tags: AbanyamulengeGusenyeraMinembweUmushingaYakutumba
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Byavuzwe ko FDLR ikorera Guverinoma ya Kinshasa kurusha uko igisirikare cy’iki gihugu kiyikorera.

Byavuzwe ko FDLR ikorera Guverinoma ya Kinshasa kurusha uko igisirikare cy'iki gihugu kiyikorera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?