Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byinshi wa menya ku mushinga wo gusenyera Abanyamulenge mu Minembwe, ndetse n’abawurinyuma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 9, 2024
in Regional Politics
0
Byinshi wa menya ku mushinga wo gusenyera Abanyamulenge mu Minembwe, ndetse n’abawurinyuma.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi wa menya ku mushinga wo gusenyera Abanyamulenge mu Minembwe, ndetse n’abawurinyuma.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni amakuru avuga ko mu Rugezi ho muri Grupema ya Basimunyaka, Secteur ya Mutambara, teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu cyumweru dusoje, ahagana mu mpera zacyo, hageze abarwanyi benshi bayobowe n’uwiyita jenerali Hamuri Yakutumba aho baje bitwaje imbunda ziremereye n’izito, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Rugezi ni agace gaherereye mu birometero nka 25 uvuye muri Centre ya Minembwe. Aha harebwaga n’abarwanyi ba Maï Maï Bishambuke nayo ivugwaho gushyigikira Yakutumba.

Mukwezi gushyize ndetse n’ukwakarindwi muri uyu mwaka, nibwo depite ku rwego rw’intara muri kivu y’Epfo, Justin Bitakwira yageze muri iyi ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, agenda akoresha ibiganiro hari nibyabereye i Baraka. Byari ibiganiro bigamije kunga abarwanyi ba Mai Mai no kubakangurira kurimbura ubwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange.

Bivugwa ko muri icyo gihe, ni nabwo Yakutumba na Col Ngomanzito bategetswe na Justin Bitakwira guhagararira uyu mushinga wo kurwanya Abanyamulenge mu Minembwe.

Nk’uko bizwi depite Bitakwira wateguye uyu mushinga wo kurimbura Abanyamulenge asanzwe aharagarariye Wazalendo bo muri za teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira muri leta ya perezida Félix Tshisekedi. Uyu mudepite azwiho kandi kugira urwango rukomeye ku Banyamulenge.

Nyuma yuko aba barwanyi bayobowe na Yakutumba bageze mu karere ka Rugezi ku wa kane tariki ya 04/09/2024, amakuru avuga ko bakoresheje ibiganiro mu baturage baho, babakangurira kubashyigikira bakarwanya Abanyamulenge, ariko bababera ibamba. Ni mu gihe aba baturage bababwiye ko badashobora gushyigikira intambara, ngo kuko intambara bayibayemo igihe kirekire, kandi ko batigeze bayiboneramo icyiza.

Mu itangazo Sosiyete sivile mu Minembwe yashyize hanze tariki ya 08/09/2024, riteweho umukono na perezida wayo, bwana Saint-cadet Rubibi Ruvuzangoma, rivuga ko abaturiye mu Rugezi mu Cyumweru gishize, batunguwe n’abantu benshi bageze iwabo bitwaje intwaro, kandi ko bayobowe na Yakutumba.

Rikomeza rivuga ko “Nyuma y’uko aba bantu bayobowe na Yakutumba bageze muri aka gace bagaragarije abagatuye umushinga bafite wo gusenyera Abanyamulenge, ndetse ngo baza guhuza abagaturiye no mu nkengero zako, babaganirira kuri uwo mushinga ariko aba baturage bawutera utwatsi, banabwira aba bantu bafite imbunda ko batazongera guha umwanya umuntu wese uzana intambara.

Iri tangazo kandi rigaragaragaza ko aba baturage bagaragarije Yakutumba ibyiza byo kuba mu mahoro, ndetse kandi bamusubirira mu mateka y’intambara bamazemo imyaka myinshi, n’uburyo bayitakarijemo byinshi, birimo n’uko bayiburiyemo ababo n’ibyabo.

Ni tangazo kandi rigaragaragaza ko Yakutumba yahagaritse uyu mushinga we wo kugaba ibitero mu Banyamulenge, ariko igitangaje, yohereza abarwanyi be mu gace ka Bigaragara gateganye na Kabingo na Gakangara , utu duce tukaba dutuyemo Abanyamulenge benshi abo yari afite kurwanya.

Itangazo rya Sosiyete sivile risoza risaba ko Yakutumba n’abarwanyi be, gusubira iyo baje bava mu mashyamba y’i Ngandji, ndetse kandi igasaba ko Guverinoma ya Kinshasa kwikwiye kwitandukanya gushyigikira aba barwanyi bazwiho guhungabanya umudendezo w’abaturage.

            MCN.

Tags: AbanyamulengeGusenyeraMinembweUmushingaYakutumba
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Byavuzwe ko FDLR ikorera Guverinoma ya Kinshasa kurusha uko igisirikare cy’iki gihugu kiyikorera.

Byavuzwe ko FDLR ikorera Guverinoma ya Kinshasa kurusha uko igisirikare cy'iki gihugu kiyikorera.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?