• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byiringiro wiyita umuvugizi w’Abanyamulenge, yamamaganwe.

minebwenews by minebwenews
October 26, 2024
in Regional Politics
0
Umusaza uri muba kuze mu Banyamulenge yafunzwe na FARDC
113
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byiringiro wiyita umuvugizi w’Abanyamulenge, yamamaganwe.

You might also like

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Kumbugankoranyambaga, Abanyamulenge bamaganye Byiringiro Robert usanzwe wiyita umuvugizi wabo, nyuma yuko akoze ikiganiro kuri radio Itahuka, maze iyo radio imwita umuvugizi wabo Banyamulenge.

Hagati muri iki Cyumweru nibwo i radio Itahuka yakoze ikiganiro, aho Byiringiro Robert, yari umutumirwa muri icyo, aza no kubazwa ikibazo n’umunyamakuru ukora kuri iyi radio witwa Serge, kigira kiti: “Bwana Robert Byiringiro, umuvugizi w’Abanyamulenge; none ibi bivugwa mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu gace ka Masango ho muri teritware ya Uvira, ko hari abasirikare benshi b’u Rwanda, ibiri mu byatumye abaturage bahaturiye bagira ubwoba, urabivugaho iki?”

Uyu munyamakuru wa radio Itahuka yanashimangiye ko aya makuru yemejwe n’umuyobozi wa sosiyete sivile wo muri aka gace, witwa Shanja Emmanuel.

Byiringiro wiyita umuvugizi w’Abanyamulenge, yasubije iki kibazo agira ati: “Urakoze Serge, bivanye n’iki kibazo umbajije, ntigikekeranywa ko badahari. Ariko abahari bose bazanwa n’ingabo z’Abapfurelo.”

Yakomeje agira ati: “Uvuye i Lemera ugakomeza ugana mu kibaya cya Rusizi, iyo ugeze ahitwa Gatogota muri Cheferie Bafuliru, niho ku mupaka wa teritware ya Uvira na Walungu. Aho ngaho ubugeze muri Kamanyola, ari naho hari umupaka w’u Rwanda n’uwa RDC.”

Byiringiro yahamije ko muri ako gace ko ariho Abapfulero bazabambukiriza abarwanyi ba Red-Tabara, berekeza mu misozi miremire y’Imulenge. Ashimangira ko kuba Abapfulero bambutsa aba barwanyi ba Red-Tabara, kandi bakaba bagaragara muri ibyo bice by’iwabo bagomba kubyihanganira ngo kuko nibo batuma uwo mutekano ukomeza kuzamba.

Nubwo Abapfulero bavuga ko muri Masango hagaragaye abasirikare b’u Rwanda, ariko ibi si ukuri, kuko aha muri aka gace, umwe mu Banyamulenge uhaturiye, ariko ku bw’umutekanowe yanze ko amazina ye atangazwa, yavuze ko aha hasanzwe abasirikare benshi barimo abo mu mutwe wa FDLR, ingabo z’u Burundi ndetse n’ingabo za RDC.
Anavuga kandi ko bitashoboka ko aha hagera ingabo z’u Rwanda ngo kuko igihe iz’i ngabo zahageze, intambara ikomeye yahita yubura. Ariko avuga ko byoshoboka ko Red-Tabara ishobora kuba izihanyura kubufasha bw’Abapfulero.

Muri icyo kiganiro, Robert Byiringiro yatanze kuri radio Itahuka yavuze ko mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo hari gutegurwa intambara iyo yise ngo ni iy’Abatutsi.

Byatumye Minembwe.Com iganiriza bwana Byiringiro tumubaza impamvu y’iyita umuvugizi w’Abanyamulenge, nawe avuga ko yatowe n’akarere kiwe mu gihe cy’intambara yo mu mwaka w’ 2002.

Yagize ati: “Njyewe natowe n’akarere kanje, ubwo twari mu ntambara, igihe RCD yarishaka guhindura politiki yariho icyo gihe. Turabyanga. Turema uburyo bwo guhangana n’ibitero byagabwaga kubaturage, nibwo nagizwe umuvugizi.”

Ibyo bwana Byiringiro yavugaga aha, ni igihe RCD yarwanyaga itsinda ry’Ingabo zari zarayigometseho, rikaba ryari riyobowe na Gen Pacifique Masunzu mu mwaka w’ 2002.

Yanashimangiye ibi avuga ko kuva icyo gihe atarabona umutsimbura, ariko ngwigihe yabonetse azavaho.

Ibiri mu byatumye Abanyamulenge bamwamagana cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Uwitwa Musore Aimable yanditse avuga ati: “Kugira ngo Byiringiro Robert yiyite umuvugizi w’Abanyamulenge abikurahe? Ninde Munyamulenge wo mutora ngwababere umuvugizi! Hubwo n’umwanzi wabo.”

Bigangu we yagize ati: “Umuntu utazi n’igihe intambara yabereye iwacu, yoba umuvugizi w’Abanyamulenge gute? Abantu kuki bigereranya bigezaha. Birababaje!”

Brovo nawe yavuze ko Robert Byiringiro ari Interahamwe kimwe n’izindi. Ati :”Ninde Munyamulenge woja kuri radio Itahuka, i radio ishinzwe gusenya no kurema amacakubiri mu banyagihugu, baba ab’u Rwanda n’Abanyekongo!”

Fidel Sewase, we yagize ati: “Njye ntekereza ko Byiringiro atamenye ibyarimo, ejo bamwe bazahunga, igihe cy’amahoro.”

Ruchahana yagize ati: “Uriya yaraguzwe mu mureke. Nta muntu urimo.”

Byiringiro wiyita umuvugizi w’Abanyamulenge nimuntu ki?

Avuka ahitwa mu Mikatati hafi no mu Kamombo, ho mu misozi miremire y’Imulenge ahazwi nko Mucyohgati Cyaza Rwera, nk’uko Abanyamulenge bakunze kuhita.

Muri izi ntambara, ziri kubera i Mulenge, umugore we n’abana be, ndetse n’ababyeyi biwe, bahungiye mu nkambi ya hitwa Inyenkanda mu gihugu cy’u Burundi.

Ariko Byiringiro we akunze kuba yibera Uvira cyangwa i Bujumbura, nk’uko ubwe akunze kibigaragaza kumbungankoranyambaga.

Tags: Umuvugizi w'Abanyamulenge
Share45Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Byinshi wa menya ku gitero cyagabwe na Israel kuri Iran.

Byinshi wa menya ku gitero cyagabwe na Israel kuri Iran.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?