• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 6, 2025
in Religion
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye
108
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

You might also like

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

Itorero rya 8ème CEPAC n’irya 37ème CADEC, amakanisa akorera mu misozi miremire y’i Mulenge ataracanaga uwaka kuva kera; abayobozi bayo bahuye bakora
ibiganiro, babisabanamo n’imbabazi, ubundi kandi baranababarirana.

Ibiganiro byo gusabana imbazi hagati yaya matorero yombi, byabaye ku cyumweru tariki ya 05/10/2025, bibera mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Impande zombi amakuru akagaragaza ko zabifashijwemo n’ubuyobozi bw’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.

Nk’uko aya makuru akomeza abivuga ku ruhande rwa Twirwaneho hari umugaba mukuru w’Ingabo z’uyu mutwe wa Twirwaneho Brigadier General Charles Sematama, mu gihe umutwe wa M23 wo harimo Colonel Oscar Ndabagaza n’abandi.

Naho abari bahagarariye 8ème CEPAC barimo abapasitori batandukanye ndetse n’aba Reverend, kimwe kandi n’abaje bahagarariye 37ème CADEC.

Mu mashusho abyerekana, agaragaza abayobozi baya matorero bahagaze hamwe nk’ikimenyetso cy’ubufatanye, ndetse kandi barimo no gusangira, nk’igihamya cyo kuba umwe, nk’uko Yesu ari umwe n’Imana.

Mu mwaka wa 1980, ni bwo aya matorero yatandukanye, ni nyuma y’aho abenshi bari baturiye iyi misozi y’i Mulenge banenze imiyoborere ya CEPAC ikanisa rimwe Abanyamulenge bari bafite icyo gihe, bazana CADEC.

Ubwo bimukaga baja muri iri rya CADEC, muburyo bunyuranyije n’amategeko batwaye bimwe mu bikoresho bya CEPAC, iryo bahozemo kuva Abanyamulenge bakira agakiza, ibyanatumye abagiye muri CADEC batengwa( barahagarikwa).

Bivugwa ko bimwe mu bikoresho batwawe, birimo ibikoresho bikoreshwa mu kwegera “uruhimbi rw’Umwami Yesu,” ndetse kandi bimukana n’indi mitungo y’itorero itandukanye yarimo n’amapfizi, n’ibindi.

Ibi byaje gutuma habaho umuzi mubi hagati y’abasigaye n’abagiye, kuko hari n’ubwo abasigaye bakundaga gukoresha amagambo asezereza, bakayabwira abagiye, aho bagiraga bati: “CADEC ntibazaja mu ijuru.”

Ubundi kandi bakavuga bati: “Nkure nanjye mbonwe.” Bishatse kuvuga ko bishakiye ibyubahiro, mu gihe abakristu basanganwe imyizerere ivuga ko “Imana n’iyo ikura kucyavu, ikicyazanya n’ibikomangama.”

Nyamara nubwo hari uko kutumvikana, ariko Abahanuzi bakomezaga guhanura, bakavuga ko Imana ishakako aya matorero yombi asabana imbazi, kandi akagendererana.

Hari n’ubwo aba bahanuzi bavuga ko Imana yababwiye ko nibatagira ubumwe ngo bagendererane, hazaduka intambara igasenya n’igihugu cyabo.

Bimwe muri ibyo babwirwaga, byarabaye, bifatwa nk’inkoni bakubiswe.

Umwe mu bakozi b’Imana uri ruguru, wanabonye aho iki gikorwa cyo guhuza aya matorero cyabaye, yabwiye Minembwe Capital News ko “Imana yakoze umurimo ukomeye, CEPAC na CADEC birahura.”

Yavuze kandi ko guhura kwa CEPAC na CADEC babirangijemo amahoro adasanzwe mu gihugu cyabo.
Yasoje avuga ko ibyabaye biri mubyo Imana yari yarabwiye kuva kera.

Tags: CADECCEPACImbabaziTwirwaneho
Share43Tweet27Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n'abitandukanya n'imiryango yabo Evangelist Chantal Nyamazaire, kuri iki cyumweru tariki ya 12/10/2025, mu nyigisho yabwirije, yavuze ku myitwarire igomba kuranga...

Read moreDetails

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira Dr Lazare Sebitereko Rukundwa, umuyobozi mukuru w'ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ahazwi nk'umurwa mukuru w'i Mulenge...

Read moreDetails

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

by Bahanda Bruce
October 7, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya Amatorero abiri yapinganaga kuva mu myaka 40 ishyize, 8ème CEPAC na 37ème CADEC, yasabanye imbabazi mu Minembwe arababarirana,...

Read moreDetails

Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y’Imana

by Bahanda Bruce
October 5, 2025
0
Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y’Imana

Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y'Imana Umushumba w'itorero rya All National Assemblies of God, rifite icyicaro gikuru i Nakivale mu majy'Epfo y'igihugu cya Uganda, Reverend Misigaro...

Read moreDetails

Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w’ivugabutumwa, agira n’icyo abivugaho

by Bahanda Bruce
October 2, 2025
0
Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w’ivugabutumwa, agira n’icyo abivugaho

Intumwa Gitwaza yizihije imyaka amaze mu murimo w'ivugabutumwa, agira n'icyo abivugaho Intumwa y'Imana Paul Gitwaza, akaba n'umuyobozi mukuru w'itorero rya Zion Temple ku isi, yizihije imyaka 30 amaze...

Read moreDetails
Next Post
Because Wazalendo rejected Gen. Gasita and the government did nothing about it, some FARDC soldiers have deserted.

Kivu y'Epfo: Imirwano yakomeje gukaza umurego hagati ya AFC/M23/MRDP n'Ingabo za RDC

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?