Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: “Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi”
MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)
Umuyobozi wa gisirikare wa MRDP-Twirwaneho, Colonel Mitabu, yatangaje ko urugamba umutwe wa MRDP-Twirwaneho urimo rutagamije gufata ibice bimwe na bimwe gusa, ahubwo ko intego yarwo ari ugukuraho ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, avuga ko ari bwo nyirabayazana w’ibibazo by’umutekano bimaze igihe byugarije uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ibi Colonel Mitabu yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25/07/2026, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyabereye ku cyicaro gikuru cya Secteur ya Itombwe, giherereye i Gipupu, muri Teritwari ya Mwenga, Intara ya Kivu y’Amajyepfo. Ibi yabivuze nyuma y’imirwano ikomeye yabereye muri ako gace.
Mu ijambo rye, Colonel Mitabu yavuze ko abarwanyi ba MRDP-Twirwaneho bakomeje ibikorwa bya gisirikare byo kwirukana ihuriro ry’ingabo bahanganye na ryo, rigizwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ingabo z’u Burundi, abarwanyi ba Wazalendo ndetse n’umutwe wa FDLR.
Yagize ati:
“Intambara turimo ntabwo ifite kugarukira hafi. Intego yacu ntabwo ari ugufata ibice gusa, ahubwo ni ukurwanya ubutegetsi bubi bwa Perezida Félix Tshisekedi.”
Yakomeje avuga ko imirwano yakajije umurego nyuma y’ibitero, nk’uko abyita, byagabwe ku birindiro bya MRDP-Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo bahanganye na ryo ku munsi wabanje. Yavuze ko ari muri urwo rugamba abarwanyi ba MRDP-Twirwaneho bashoboye gufata agace ka Gipupu.
Colonel Mitabu yongeyeho ko, uretse Gipupu, MRDP-Twirwaneho yanigaruriye utundi duce twa Giseke na Gitofu, avuga ko ibikorwa bya gisirikare bikomeje no mu bindi bice bya Teritwari ya Mwenga.
Mu butumwa bwe yageneye abaturage, yasabye abasivili kudakurikira ingabo za FARDC n’imitwe bafatanyije mu gihe zisubira inyuma, ahubwo abasaba kuguma mu ngo zabo no kwirinda guhunga mu buryo bushobora kubashyira mu kaga.
Yagize ati:
“Turasaba abaturage kuguma mu ngo zabo no kudahungana n’ingabo za FARDC n’abambari bazo. Turwanirira abaturage bose, tutarobanuye ubwoko.”
Yakomeje ashimangira ko, nk’uko abivuga, MRDP-Twirwaneho irengera abaturage bose batuye mu misozi miremire ya Kivu y’Amajyepfo, harimo Abanyamulenge, Abapfurero, Ababembe, Abanyindu n’andi moko yose atuye muri ako karere.
Mu gusoza ikiganiro n’abanyamakuru, umwe mu banyamakuru yabajije Colonel Mitabu niba imyaka afite itatuma adakomeza urugamba. Mu gusubiza, yagize ati:
“Ndacyari muto. Ndacyafite imbaraga zo kurwana kuko ndwanirira abaturage n’ubwoko bwanjye.”
Aya magambo aje mu gihe imirwano ikomeje kuvugwa mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Mwenga na Fizi, aho impande zihanganye zikomeje gutangaza amakuru ajyanye n’urugamba. Amakuru yigenga ava ku mpande zose ziri mu makimbirane, ndetse n’ayemezwa n’inzego zitabogamye, aracyakenewe kugira ngo hamenyekane neza uko ibintu bihagaze ku rugamba.

Minembwe Capital News (MCN)





