• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
June 4, 2025
in Conflict & Security
0
Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.

You might also like

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Minisitiri w’u butabera muri Repubulika ya demokarasi ya Congo yitabye ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cyo kunyereza amafaranga yari agenewe kubaka gereza y’i Kisangani mu ntara ya Tshopo.

Aher’ejo ku wa kabiri tariki ya 03/2025, Mutamba ushinjwa kunyereza umutungo wa Leta wari ugenewe kubaka gereza y’i Kisangani, ni bwo yitabye ubushinjacyaha bubimushinja.

Amashusho amugaragaraza yerekana aherekejwe n’itsinda ry’abantu benshi, abo amakuru avuga ko ari abamushigikiye bari bamuherekeje ku biro by’ubushinjacyaha buherereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya RDC.

Rugikubita, Mutamba yari yaravuze ko atazitaba uyu mushinjacyaha, hubwo agaragaza ko uwo mushinjaha na we ubwe hari ibyaha nawe aregwa.

Dosiye ya Mutamba iri mu madosiye yagarutsweho cyane muri iyi minsi muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, ni mu gihe uyu minisitiri w’ubutabera yavuze ko umuntu uzajya ahamwa no kunyereza umutungo wa Leta yajya akatirwa urwo gupfa.

Bitangaje, Mutamba wavuze ayo magambo, arashinjwa kunyereza miliyoni 19 z’amadolari y’Amerika yari agenewe kubaka gereza y’i Kisangani, nubwo uyu Mutamba ahakana ibi birego byose aregwa.

Amakuru avuga ko iriya gereza ko yari genewe kubakishwa na miliyoni 39, hanyuma uyu mu minisitiri aryamo 19.

Mu cyumweru gishize inteko ishinga amategeko ya Congo yatoye kubwiganze ko minisitiri Mutamba akurikiranwa n’ubushinjacyaha kuri ibi byaha akekwaho.

Nyamara nubwo Mutamba yitabye ubushinjacyaha, ku munsi w’ejo ku wa kabiri ntiyashimye kugira icyo abwira itangazamakuru ryo muri iki gihugu, kuko ibyo yavugiye imbere y’umushinjacyaha yabigize ibanga ryose.

Ibyo Mutamba ashinjwa, ni byo abategetsi b’iki gihugu bagiye banengwa kuva mbere kose. Bavugwaho ibikorwa byo kunyereza imitungo y’iki gihugu, ariko ntibakurikiranwe n’igihe bakurikiranwe ntibahamwe nabyabyaha bashinjwa, kandi ari byo byakogombye kugaragaza ikimenyetso cya demokarasi no kubahiriza amategeko.

Tags: KunyerezaMiliyoni 19MutambaUbushinjacyaha
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya “Balkanisation” -ubusesenguzi

Kissinger wamenyekanye cyane kuri radio Tuungane Minembwe, yavuze ku bya Balkanisation - ubusesenguzi Uwamenyekanye cyane kuri Tuungane Minembwe, imwe mu ma radio akorera mu misozi miremire y'i Mulenge,...

Read moreDetails

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw’abasivili benshi

Ibisasu FARDC yateye i Busika, byahitanye ubuzima bw'abasivili benshi Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC, cyifashishe indege z'intambara gitera ibisasu ahatuwe cyane n'abaturage bihitana abatari bake....

Read moreDetails

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira

Aba General babiri ba FARDC nibo boherejwe i Uvira Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, cyohereje Brigadier General Amuli Civiri na Brigadier General Ilunga Kabamba mu mujyi...

Read moreDetails

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Imirwano yakajije umurego hagati ya FARDC na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Amajyepfo

Imirwano iravuza ubuhuha mu gace ka Nyabiondo muri Masisi Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryabyukiye mu mirwano na Wazalendo...

Read moreDetails

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku mirwano yongeye gukomera muri Kivu Yaruguru Mu gihe imirwano yongeye kuremera muri Kivu y'Amajyaruguru hagati y'Ingabo za Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo,...

Read moreDetails
Next Post
Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?