Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Corneille Nangaa ukuriye AFC yagize icyavuga ku gihano cy’urupfu yakatiwe na leta ya Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 9, 2024
in Regional Politics
0
Corneille Nangaa ukuriye AFC yagize icyavuga ku gihano cy’urupfu yakatiwe na leta ya Kinshasa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Corneille Nangaa ukuriye AFC yagize icyavuga ku gihano cy’urupfu yakatiwe na leta ya Kinshasa.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Umuhuza bikorwa w’ihuriro rya AFC ribarizwamo na M23, yavuze ko igihano cy’urupfu yakatiwe na leta ya Kinshasa we n’abagenzi be ko ari kimenyetso cy’uko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bugeze ku iherezo.

Tariki ya 08/08/2024 ni bwo urukiko rwa gisirikare rw’i Kinshasa rwakatiye Nangaa na bagenzi be igihano cy’urupfu nyuma y’uko urwo rukiko rwari rwabahamije ibyaha birimo ibyo mu ntambara, kujya mu mutwe ugamije kurwanya ubutegetsi ndetse kandi bashinjwa ubugambanyi.

Kuri iki gihano cy’urupfu abagikatiwe barimo kandi na Maj Gen Sultan Makenga ukuriye ingabo za M23 , Brig Gen Byamungu, Lt Col Willy Ngoma, Col Vianney Kazarama, Berterand Bisimwa, Lawrence Kanyuka n’abandi.

Bwana Corneille Nangaa abinyujije kurukuta rwa X, yavuze ko biriya bihano, leta ya Kinshasa yabibahaye kubera ubwoba ifite kandi ko iyi leta iri kugana ku iherezo.

Yagize ati: “Iyo ubutegetsi bwagize ubwoba, buterwa no kuba bubona ko kugwa kwabwo kwegereje. Kandi kugwa kwabwo ni iyi nkinamico y’imanza zikurikirwa n’ibi bihano birimo gukabya. Ni ibigaragaraza ubwoba bw’ubutegetsi bubi kandi bubona ko iherezo ryabwo ryegereje.”

Nangaa yavuze ko igihano cy’urupfu we na bagenzi be bahawe kireba kandi kikaba kiraje inshinga abagifashe, mbere yo kubateguza ko nyuma y’uko RDC izaba yamaze kubohorwa bazisanga basaba AFC imbabazi zo kuba barahamije amategeko atemewe bagamije gushimisha umunyagitugu w’umutekamutwe, w’umurwanyi ndetse n’umubeshyi ruharwa.”

Yunzemo ko biriya bihano byerekana ko AFC iri gukoza imitwe y’intoki ku ntsinzi, ashimangira ko iri huriro rigomba kugeza igihe muri RDC hazabera impinduramatwara ikurikije itegoko nshinga.

             MCN.
Tags: KinshasaKu gihano cy'urupfu yakatiweNangaa CorneilleYagize icyavuga
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Leta ya Kinshasa yavuze ibyo igiye gukorera perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

Leta ya Kinshasa yavuze ibyo igiye gukorera perezida w'u Rwanda Paul Kagame.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?