Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yahawe gasopo ikomeye.
Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa ubinyujije mu muyobozi wawo, Bertrand Bisimwa, yaburiye perezida w’u Burundi n’ ingabo ze ziri mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo ko akwiye kuzicyura zigataha, anazibutsa ko iyo abantu barwanira uburenganzira bwabo, nta kintu na kimwe baba bafite.
Uyu muyobozi uyoboye umutwe wa M23 ku rwego rwa politiki, yabitangaje ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru ku cyumweru, aho icyo kiganiro cyagarukaga ku nshusho rusange igaragara mu bice M23 imaze kwigarurira muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.
Bisimwa yavuze ko nta mishikirano M23 ifitanye n’u Burundi, kuko ari igihugu kirwanya uyu mutwe, ndetse ko icyo gisirikare gifatanya n’umutwe wa FDLR.
Yagize ati: “Hari abarwanyi ba FDLR bari kwisuganya ngo badutere. Ni aho ibitero biri guturuka. Binjira mu baturage bakabica.”
Avuga kandi ko ubutasi bw’igisirikare cya RDC gikorera i Uvira. Butanga amakuru atariyo bigatuma icyo gisirikare gikoresha drones kikarasa mu duce dutuwe n’abaturage.
Ati: “Dutekereza ko ubwo iyi ntambara izaba irangiye, ingabo z’u Burundi zizasubira mu gihugu cyabo. Nta kibazo dufitanye, ni abavandimwe bacu. Abayobozi babo bari gukoresha igisirikare cyabo mu kwica abasivili b’Ababanye-Congo, ntitwashigikira bene iyo Leta.”
Yongeye ati: “Icyo tubasaba ni ukuva ku butaka bwacu, kuko amahirwe amwe dufite ni ukwicarana na guverinoma ya Kinshasa tukaganira, tugashaka igisubizo. Ingabo za SADC zaratashye, na zo rero zigomba gutaha.”
Bisimwa yavuze ko nta nyungu M23 ifite mu Burundi, ko yo iri ku butaka bw’igihugu cyabo, kandi ko nta kibazo na kimwe iteye u Burundi.
Ati: “U Burundi bugomba kwita ku bibazo byabwo, ariko bukareka kohereza abasirikare kwica Abanye-Congo.”
Yavuze ko mbere yuko u Burundi bwinjira muri iyi ntambara, yahuye na perezida wabwo, Evariste Ndayishimiye, amusobanurira uko ibintu bimeze. Icyo gihe ngo Ndayishimiye yanamubwiye ko intambara ya M23 imeze nk’iyo CNDD-FDD yanyuzemo.
Ngo amubwira ko ari akarenganyo katumye bafata intwaro bararwana, Bisimwa ati: “none ni ukubera iki ari gukora ibyo yigeze kurwanya.”
Umuyobozi wa M23 yatangaje ibyo, mu gihe mu misozi ya Uvira, Walungu na Fizi, hagize iminsi habera imirwano ikomeye hagati y’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zirimo FARDC, iz’u Burundi, imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR n’umutwe wa Twirwaneho ufatanyije na M23.
Ni mu gihe kandi ku munsi w’ejo ku cyumweru, perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagiriye uruzinduko i Kinshasa, akaba yaragiye kubonana na mugenzi we wa RDC, Felix Tshisekedi, aho biteganyijwe ko bazaganira ibitandukanye, birimo n’intambara ibera mu Burasizuba bw’iki gihugu cya RDC.
Hagataho, uduce twose M23 yabohoje, turatekanye, ubundi kandi iterambere rirakomeje kuganza muri two.