• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 16, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yahawe gasopo ikomeye.

minebwenews by minebwenews
May 26, 2025
in Regional Politics
0
Ishyaka rya CNDD-FDD rirashinjwa gutuma u Burundi bugwiza injiji.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yahawe gasopo ikomeye.

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa ubinyujije mu muyobozi wawo, Bertrand Bisimwa, yaburiye perezida w’u Burundi n’ ingabo ze ziri mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo ko akwiye kuzicyura zigataha, anazibutsa ko iyo abantu barwanira uburenganzira bwabo, nta kintu na kimwe baba bafite.

READ ALSO

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

Uyu muyobozi uyoboye umutwe wa M23 ku rwego rwa politiki, yabitangaje ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru ku cyumweru, aho icyo kiganiro cyagarukaga ku nshusho rusange igaragara mu bice M23 imaze kwigarurira muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Bisimwa yavuze ko nta mishikirano M23 ifitanye n’u Burundi, kuko ari igihugu kirwanya uyu mutwe, ndetse ko icyo gisirikare gifatanya n’umutwe wa FDLR.

Yagize ati: “Hari abarwanyi ba FDLR bari kwisuganya ngo badutere. Ni aho ibitero biri guturuka. Binjira mu baturage bakabica.”

Avuga kandi ko ubutasi bw’igisirikare cya RDC gikorera i Uvira. Butanga amakuru atariyo bigatuma icyo gisirikare gikoresha drones kikarasa mu duce dutuwe n’abaturage.

Ati: “Dutekereza ko ubwo iyi ntambara izaba irangiye, ingabo z’u Burundi zizasubira mu gihugu cyabo. Nta kibazo dufitanye, ni abavandimwe bacu. Abayobozi babo bari gukoresha igisirikare cyabo mu kwica abasivili b’Ababanye-Congo, ntitwashigikira bene iyo Leta.”

Yongeye ati: “Icyo tubasaba ni ukuva ku butaka bwacu, kuko amahirwe amwe dufite ni ukwicarana na guverinoma ya Kinshasa tukaganira, tugashaka igisubizo. Ingabo za SADC zaratashye, na zo rero zigomba gutaha.”

Bisimwa yavuze ko nta nyungu M23 ifite mu Burundi, ko yo iri ku butaka bw’igihugu cyabo, kandi ko nta kibazo na kimwe iteye u Burundi.

Ati: “U Burundi bugomba kwita ku bibazo byabwo, ariko bukareka kohereza abasirikare kwica Abanye-Congo.”

Yavuze ko mbere yuko u Burundi bwinjira muri iyi ntambara, yahuye na perezida wabwo, Evariste Ndayishimiye, amusobanurira uko ibintu bimeze. Icyo gihe ngo Ndayishimiye yanamubwiye ko intambara ya M23 imeze nk’iyo CNDD-FDD yanyuzemo.
Ngo amubwira ko ari akarenganyo katumye bafata intwaro bararwana, Bisimwa ati: “none ni ukubera iki ari gukora ibyo yigeze kurwanya.”

Umuyobozi wa M23 yatangaje ibyo, mu gihe mu misozi ya Uvira, Walungu na Fizi, hagize iminsi habera imirwano ikomeye hagati y’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zirimo FARDC, iz’u Burundi, imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR n’umutwe wa Twirwaneho ufatanyije na M23.

Ni mu gihe kandi ku munsi w’ejo ku cyumweru, perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagiriye uruzinduko i Kinshasa, akaba yaragiye kubonana na mugenzi we wa RDC, Felix Tshisekedi, aho biteganyijwe ko bazaganira ibitandukanye, birimo n’intambara ibera mu Burasizuba bw’iki gihugu cya RDC.

Hagataho, uduce twose M23 yabohoje, turatekanye, ubundi kandi iterambere rirakomeje kuganza muri two.

Tags: GasopoM23Ndayishimiye

Related Posts

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC
Regional Politics

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

September 15, 2026
Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
Regional Politics

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

September 14, 2026
Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR
Regional Politics

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

September 14, 2026
Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Next Post
Bombori bombori i Kinshasa nyuma yuko muri Sena havutse urusaku.

Byakomeye, Kabila yiswe Umunyarwanda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Uvira : La visite du député Justin Bitakwira suscite des réactions contrastées
  • Décès de Manassé Lomboto après les manifestations de C64 : ce qu’annonce sa famille
  • Urupfu rwa Manassé Lomboto Nyuma y’Imyigaragambyo ya C64: Ibyatangajwe n’Umuryango we
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?