• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC irashinjwa guteza umutekano muke mu Minembwe.

minebwenews by minebwenews
December 5, 2024
in Regional Politics
0
FARDC irashinjwa guteza umutekano muke mu Minembwe.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC irashinjwa guteza umutekano muke mu Minembwe.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), zo muri brigade ya 21 ifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ni zo nyiribayazana w’umutekano ukomeje kuzamba mu Minembwe, ndetse no mu karere kose k’i Mulenge gatuwe n’Abanyamulenge.

Tariki ya 29/11/2024, FARDC yavuye mu Minembwe igaba igitero mu baturage Babanyamulenge mu Kalingi. Ni igitero cyishe abasivile bane.

Kuva ubwo umutekano w’abaturage baturiye ibice byo muri Komine ya Minembwe no mu nkengero zayo, wahise ujamo agatotsi, ni mu gihe Twirwaneho yatabaye abaturage yirwanaho nk’uko isanzwe ibikora.

Twirwaneho mu gutabara abaturage, yarwanyije ziriya ngabo za FARDC zari zagabye igitero mu Kalingi, birangira abo ku ruhande rwa Leta hapfuye ababarirwa mu mirongo, abandi benshi baburirwa irengero. Ndetse n’abandi bafatwa matekwa barimo n’uwari uyoboye icyo gitero.

Uyu komanda wari uyoboye igitero, aranafatwa, Twirwaneho yaramurekuye, ariko imwaka Motorola n’imbunda; bivugwa ko yari yanakomeretse ukuboko bitari cyane.

Minembwe.com, amakuru imaze kumenya, avuga ko abasirikare bafunze centre ya Minembwe, nta muturage uyinjiramo cyangwa ngo abe yayisohoka.

Ibyo bikaba byarabaye kuva mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 03/12/2024. Kugeza n’aya masaha twandika Iyi nkuru centre ya Minembwe izengurutswe n’ingabo nyinshi za FARDC.

Iyi centre ni yo ibamo amaduka, mu bundi buryo ni yo soko; nk’abaturage bayituraniye (abo ni abatuye i Lundu, Kiziba, Runundu, Mishashu, Gitavi, n’ahandi), niho bahahira.

Usibye nibyo iz’i ngabo zibona Umunyamulenge wese nk’umwanzi wabo, ni mu gihe ahar’ejo zashatse ku rasa abaturage bavaga ku Rundu berekeza muri centre rwagati, ibyanatumye abanya-Runundu batari bake bata izabo bahungita ahitwa ku Kibundi hafi no ku Kabingo.

Umuturage watanze ubu butumwa yagize ati: “Twahunze turi ku Kibundi.”

Ubutumwa bw’uyu muturage bukomeza bugira buti: “Centre yo ntirafungwa kuva ejo bundi. Nta winjira nta nusohoka. Igoswe na katanyama.”

Uyu mutekano muke nturi mu Minembwe gusa, kuko no mu Mikenke abaturage bayituriye bari mubihe bidasanzwe. Ku Cyumweru tariki ya 01/12/2024, FARDC yahiciye umurwanyi wo muri Maï Maï witwa Col Bifaranga. Ndetse n’ahar’ejo ikomeretsa umuturage witwa Jean Paul Kibambazi, ubwo bashakaga ku mwambura amafaranga nawe akanga.

Ibyo ni nyuma y’uko kandi iz’i ngabo zari ziheruka gufunga abagabo 6 Babanyamulenge zibaziza ubwoko bwabo, bafungurwa aruko babanje gutanga Inka yo kwicunguza. Amasaha icumi nabiri bamaze bafunzwe, barababajwe cyane, kuko bakorewe iyicarubuzo ridasanzwe, ni mu gihe batewe ibyuma ku mibiri yabo kandi bakubitwa n’inkoni nyinshi.

Ibi biri mu byatumye akarere kose k’i misozi miremire y’Imulenge umutekano ukomeza kurushaho kuba mubi. Nta muturage ukicyerekeza mu murima cyangwa ngwabe yakora urugendo.

Ingabo za Leta zakabashakiye umutekano nizo zishinjwa guteza izo mvurururu n’umutekano muke; ndetse kandi no mu Rurambo mu bice byo muri teritware ya Uvira, ntihakigendwa nk’uko byari bisanzwe, kuko Leta yahashyize interahamwe nyinshi.

Tags: FardcMinembweUmutekano
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa M23 wabohoje utundi duce two muri Lubero.

Umutwe wa M23 wabohoje utundi duce two muri Lubero.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?