• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, March 9, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC irashinjwa guteza umutekano muke mu Minembwe.

minebwenews by minebwenews
December 5, 2024
in Regional Politics
0
FARDC irashinjwa guteza umutekano muke mu Minembwe.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC irashinjwa guteza umutekano muke mu Minembwe.

You might also like

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), zo muri brigade ya 21 ifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ni zo nyiribayazana w’umutekano ukomeje kuzamba mu Minembwe, ndetse no mu karere kose k’i Mulenge gatuwe n’Abanyamulenge.

Tariki ya 29/11/2024, FARDC yavuye mu Minembwe igaba igitero mu baturage Babanyamulenge mu Kalingi. Ni igitero cyishe abasivile bane.

Kuva ubwo umutekano w’abaturage baturiye ibice byo muri Komine ya Minembwe no mu nkengero zayo, wahise ujamo agatotsi, ni mu gihe Twirwaneho yatabaye abaturage yirwanaho nk’uko isanzwe ibikora.

Twirwaneho mu gutabara abaturage, yarwanyije ziriya ngabo za FARDC zari zagabye igitero mu Kalingi, birangira abo ku ruhande rwa Leta hapfuye ababarirwa mu mirongo, abandi benshi baburirwa irengero. Ndetse n’abandi bafatwa matekwa barimo n’uwari uyoboye icyo gitero.

Uyu komanda wari uyoboye igitero, aranafatwa, Twirwaneho yaramurekuye, ariko imwaka Motorola n’imbunda; bivugwa ko yari yanakomeretse ukuboko bitari cyane.

Minembwe.com, amakuru imaze kumenya, avuga ko abasirikare bafunze centre ya Minembwe, nta muturage uyinjiramo cyangwa ngo abe yayisohoka.

Ibyo bikaba byarabaye kuva mu gitondo cyo ku wa kabiri tariki ya 03/12/2024. Kugeza n’aya masaha twandika Iyi nkuru centre ya Minembwe izengurutswe n’ingabo nyinshi za FARDC.

Iyi centre ni yo ibamo amaduka, mu bundi buryo ni yo soko; nk’abaturage bayituraniye (abo ni abatuye i Lundu, Kiziba, Runundu, Mishashu, Gitavi, n’ahandi), niho bahahira.

Usibye nibyo iz’i ngabo zibona Umunyamulenge wese nk’umwanzi wabo, ni mu gihe ahar’ejo zashatse ku rasa abaturage bavaga ku Rundu berekeza muri centre rwagati, ibyanatumye abanya-Runundu batari bake bata izabo bahungita ahitwa ku Kibundi hafi no ku Kabingo.

Umuturage watanze ubu butumwa yagize ati: “Twahunze turi ku Kibundi.”

Ubutumwa bw’uyu muturage bukomeza bugira buti: “Centre yo ntirafungwa kuva ejo bundi. Nta winjira nta nusohoka. Igoswe na katanyama.”

Uyu mutekano muke nturi mu Minembwe gusa, kuko no mu Mikenke abaturage bayituriye bari mubihe bidasanzwe. Ku Cyumweru tariki ya 01/12/2024, FARDC yahiciye umurwanyi wo muri Maï Maï witwa Col Bifaranga. Ndetse n’ahar’ejo ikomeretsa umuturage witwa Jean Paul Kibambazi, ubwo bashakaga ku mwambura amafaranga nawe akanga.

Ibyo ni nyuma y’uko kandi iz’i ngabo zari ziheruka gufunga abagabo 6 Babanyamulenge zibaziza ubwoko bwabo, bafungurwa aruko babanje gutanga Inka yo kwicunguza. Amasaha icumi nabiri bamaze bafunzwe, barababajwe cyane, kuko bakorewe iyicarubuzo ridasanzwe, ni mu gihe batewe ibyuma ku mibiri yabo kandi bakubitwa n’inkoni nyinshi.

Ibi biri mu byatumye akarere kose k’i misozi miremire y’Imulenge umutekano ukomeza kurushaho kuba mubi. Nta muturage ukicyerekeza mu murima cyangwa ngwabe yakora urugendo.

Ingabo za Leta zakabashakiye umutekano nizo zishinjwa guteza izo mvurururu n’umutekano muke; ndetse kandi no mu Rurambo mu bice byo muri teritware ya Uvira, ntihakigendwa nk’uko byari bisanzwe, kuko Leta yahashyize interahamwe nyinshi.

Tags: FardcMinembweUmutekano
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Museveni Yashyikirijwe Inkoni y’Ubuyobozi bwa EAC Mu nama ya 25 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, East African Community (EAC), yabereye mu Mujyi wa Arusha muri...

Read moreDetails

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington

Perezida Kagame Yagaragaje Icyo Igihugu cye cyiteguye Gukora mu Gihe RDC Yubahirije Amasezerano ya Washington Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwifuza amahoro arambye mu...

Read moreDetails

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze

Abarundi Batuye ku Mupaka wa Ruhwa Barataka Igihombo Nyuma y’Imyaka Irenga Ibiri Umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi Ugifunze Mu gihe ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari bikomeje...

Read moreDetails

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa M23 wabohoje utundi duce two muri Lubero.

Umutwe wa M23 wabohoje utundi duce two muri Lubero.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?