FARDC n’abambari bayo bongeye kurasira mu duce tw’i Mulenge.
Nubwo i Mulenge bamaze kangahe ntahabereye imirwano kuva ku cyumweru, ariko hari uduce ihuriro ry’ingabo za Congo zasubiye kurasiramo amasasu menshi yo gupfusha ubusa.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 24/05/2025, ni bwo ihuriro ry’ingabo za RDC zarasiye imbunda mu Rugezi, ariko zumvikana umwanya muto.
Uduce neza ziriya mbunda zarasiwemo ni kuri Nyakirango, ku w’Ihene, i Muchikachika no mu Kabanju.
Ni amasasu yaraswaga nta mirwano ihabera, nk’uko amakuru agera kuri Minembwe Capital News abivuga.
Ubuhamya bugira buti: “Mu Rugezi hiriwe ituze, kimwe kandi na Minembwe ndetse na Mikenke.”
Ubu buhamya bokongera bukagira buti: “Mu kagoroba ni bwo mu duce two mu Rugezi umwanzi yakomeje kuturasiramo, ariko yarasaga nta we bahanganye.”
Iri rasagura ryakozwe n’uruhande rwa Leta ryamaze umwanya ungana n’igice cy’isaha, nk’uko bivugwa.
Kuva ku cyumweru ntahantu harongera kubera imirwano, kandi ibyo ntibyari bisanzwe, kuko muri ibyo bice ziriya ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo zakunze kubigabamo ibitero bya buri munsi, ahanini zabigabaga mu Minembwe, Rugezi na Mikenke.
Imirwano hagati y’impande zombi iheruka mu mpera zakiriya cyumweru dosoje, aho yabereye muri Mukoko no mu tundi duce duherereye hafi n’inkengero za centre ya Minembwe, nka Nyaruhinga.
Gusa, uko iri huriro ry’Ingabo za RDC ziteye mu birindiro bya Twirwaneho na M23, biza gusozwa iyi mitwe yombi ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, izishubije inyuma ndetse kandi abo muri iryo huriro rigizwe na FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo bahatigisiye.