FARDC yasubiranyemo i Kinshasa birakomera.
Umusirikare wo mu itsinda ririnda umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo yishe arashe abasirikare ba tatu bo mu mutwe wa PM i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya RDC.
Ahagana igihe c’isaha ya saa tatu z’igitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 14/05/2025, ni bwo uriya musirikare yarasashe ababo batatu baba PM barapfa.
Nyuma yuko uyu musirikare akoze ayo mabi, amakuru avuga ko yahise ahungira mu gace gaherereye muri komine ya Kitambo mu mujyi wa Kinshasa.
Nibwo abasirikare baba PM bahagabye igitero, ubundi haba kurasana gukomeye hagati ya wa musirikare wo muri ririya tsinda ririnda umukuru w’igihugu wicyanye. Birangira atawe muri yombi.
Amashusho agaragaza uriya musirikare yatawemo akandoyi, banamutwarira hejuru. Ndetse ubona ashorewe n’igicu cy’abasirikare benshi bagenda bamwirukankana.
Ubuyobozi bwa FARDC i Kinshasa bwanatangaje ko bwatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyihishe inyuma y’iryo rasana ryasize batatu mu basirikare bayo bahasize ubuzima. Bunamenyesha ko umusirikare warashe akicya ababo yamaze gutabwa muri yombi.