Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FARDC yongeye kurenga ku gahenge itera M23 muri Kivu Yaruguru.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 4, 2024
in Regional Politics
0
FARDC yongeye kurenga ku gahenge itera M23 muri Kivu Yaruguru.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FARDC yongeye kurenga ku gahenge itera M23 muri Kivu Yaruguru.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryongeye kugaba ibitero ku mutwe wa M23 mu gihe impande zombi zari mu gahenge nk’uko byari mu masezerano yasinyiwe i Luanda muri Angola.

Ni iyindi nshuro yo kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano bibaye , mu gihe kandi hari hateganyijwe ibindi biganiro i Luanda bigamije guhoshya amakimbirane hagati y’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa RDC.

Muri ibi bitero Leta yagabye ku mutwe wa M23, yanigabye kuba byaraguyemo abarwanyi benshi bo muri uwo mutwe.

Ku ruhande rwa M23, umuvugizi wayo mu bya politiki, yatanze ubutumwa akoresheje urubuga rwa x, avuga ko M23 yatewe mu masaha y’igitondo cya kare cyo ku wa kabiri tariki ya 03/12/2024; agaragaza ko ibyo bitero byabereye mu duce two muri teritware ya Lubero mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ariko ntiyabivugaho byinshi. Gusa amakuru yakomeje gutangwa ku mbuga avuga ko M23 yigaruriye utundi duce two muri Lubero.

Mu gihe imirwano ikomeje, Leta ya Kinshasa n’umuryango w’Abibumbye, bikomeza gushinja u Rwanda gushyigikira uyu mutwe wa M23, ibyo u Rwanda rwakomeje gutera utwatsi, hubwo rukavuga ko Leta ya Kinshasa yananiwe kwikemurara ibibazo biyihanze.

U Rwanda kandi ruvu ko RDC ikorana n’umutwe witerabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda mu 1994.

Kuri izo mpamvu u Rwanda ahagana mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, rwatangaje ko rwakajije umutekano ku mupaka uruhuza na Congo, ruhashyira ingabo nyinshi n’imbunda zikaze.

Rwatangaje ko ibyo babikoze kubera ko Leta ya Kinshasa yarimo ikomeza kongera ingabo zayo ku mupaka uhuza ibihugu byombi.

Mu Cyumweru gishize, abaminisitiri b’ubabanye n’amahanga ba RDC n’u Rwanda bumvikanye ku bisabwa kugira ngo u Rwanda rugabanye abasirikare bayo bashyizwe hafi n’umpaka wa RDC .

Nta gihindutse aba perezida Félix Tshisekedi wa RDC na Paul Kagame w’u Rwanda bazohurira mu nama i Luanda muri Angola tariki ya 15/12/2024.

Tags: FardcIbiteroLuberoM23
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Amakuru mashya, RDC hadutse indwara ikomeye, ikaba imaze guhitana  abantu batari bake.

Amakuru mashya, RDC hadutse indwara ikomeye, ikaba imaze guhitana abantu batari bake.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?