Gen Muhoozi Yambitswe Umudali w’Igihugu n’Umubyeyi We
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yambitse umudali w’icyubahiro n’ishimwe umuhungu we akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainerugaba, mu birori bikomeye byo kwizihiza isabukuru y’umunsi w’ingenzi mu mateka y’igihugu uzwi nka Tarehe Sita.
Uyu mudali wahawe Gen Muhoozi ni ikimenyetso cy’ishimwe rikomeye Leta ya Uganda yamuhaye kubera uruhare rudasanzwe yagize mu kuyobora no gutegura ibikorwa bya gisirikare bigamije kurwanya imitwe y’iterabwoba, cyane cyane Al-Shabaab, no kuyobora misiyo z’Ingabo za Uganda mu bihugu bitandukanye birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Somalia na Sudani y’Epfo.
Ibi birori byabaye mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ya 45 y’umunsi wa Tarehe Sita, wizihizwa buri mwaka tariki ya 06/02, umunsi Ingabo za National Resistance Army (NRA) zatangirijeho urugamba rwo kubohora Uganda.
Tariki ya 06/02/1981, abasirikare 27 barimo Yoweri Museveni, Paul Kagame, Fred Rwigema, Salim Saleh na Elly Tumwine, ni bo batangije urugamba rwo guharanira kubohora Uganda, batangirira igitero ku kigo cya gisirikare cya Kabamba, bagamije gukuraho ubutegetsi bwa Milton Obote no gufata umurwa mukuru, Kampala.
Uru rugamba rwamaze imyaka itanu rwarangiye mu 1986, NRA igira intsinzi, Museveni asimbura Milton Obote ku butegetsi, hafatwa icyemezo cy’uko uwo munsi uzajya wizihizwa buri mwaka nk’umunsi w’igihugu wo kwibuka urugamba rwo kubohora Uganda.
Uyu mwaka, ibirori bya Tarehe Sita byabereye mu Karere ka Kabale, mu gace ka Kigezi, aho Perezida Museveni yagarutse ku mateka y’akababaro igihugu cyanyuzemo, by’umwihariko mu myaka ya 1970.
Yibukije ko mu 1973, abantu batatu bakundaga igihugu bishwe, ndetse ko hari n’abandi benshi baguye mu bindi bice bya Uganda, bituma ashimangira ko mu rwego rwo kubaha icyubahiro hashyizweho urukuta rwo kubibuka (memorial wall) i Kabale.
Museveni yanashimiye Abanya-Uganda ku bwiyemeze n’ubwitange bagaragaje mu guteza imbere igihugu, anabashimira uburyo bitabiriye amatora aheruka mu mahoro, agaragaza ko ubumwe n’ituze ari inkingi y’iterambere rirambye.
Yongeye kwerekana ko Kigezi na Kabale ari uturere dukungahaye ku mutungo kamere, ubuhinzi n’ubukerarugendo, ashimangira ko mu gihe byacungwa neza, byagira uruhare runini mu guteza imbere inganda, serivisi n’imibereho myiza y’abaturage.
Gen Muhoozi Kainerugaba yashimiwe by’umwihariko ku ruhare rwe mu gutegura no kuyobora Operation Shujaa, igikorwa cya gisirikare cyatangijwe tariki ya 30/11/2021, kigamije kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF mu Burasirazuba bwa RDC, ku bufatanye n’Ingabo z’icyo gihugu.
Yanashimiwe kandi uruhare yagize mu misiyo zo kurwanya Al-Shabaab muri Somalia, no mu bikorwa byo gukumira iterabwoba n’umutekano muke muri RDC na Sudani y’Epfo, aho Ingabo za Uganda zagiye zigira uruhare rukomeye mu kugarura ituze no gufasha amahoro mu karere.
Ibi byose byatumye Gen Muhoozi ahabwa umudali w’ishimwe, nk’ikimenyetso cy’uko Leta ya Uganda imuha agaciro ku musanzu atanga mu kubungabunga umutekano w’igihugu n’akarere kose ka Afurika y’Iburasirazuba.







