• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, October 26, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Gen. Muhoozi yasezeye gukoresha x avuga n’impamvu, ariko agira n’ibyo asezeranya.

minebwenews by minebwenews
January 11, 2025
in World News
0
Gen. Muhoozi yasezeye gukoresha x avuga n’impamvu, ariko agira n’ibyo asezeranya.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gen. Muhoozi yasezeye gukoresha x avuga n’impamvu, ariko agira n’ibyo asezeranya.

You might also like

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Gen. Muhoozi Kainarugaba, umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa perezida Yoweli Kaguta Museveni, yatangaje ko atazongera kugira icyo avuga ku rubuga rwa x rwahoze rwitwa Twitter, ngo kuko agiye kwita kugisirikare abareye umuyobozi.

Ubu butumwa, Muhoozi yabutanze ku mugoroba w’ejo hashize tariki ya 10/01/2025, abunyujije kuri konti ye ya x, mbere y’uko ayisiba, kuko kuri ubu udashobora kuyibona. Yewe ni gihe wakwandika amazina yakoreshaga ntashobora kuza.

Yaranditse ati: “Zari imbaraga zidasanzwe n’urugendo rwiza kuri iyi mihanda mu gihe cy’imyaka 10 kuva mu 2014.”

Muhoozi yasobanuye ko gusezera kwe gukoresha x, bishingiye ku kuba igihe kigeze ngo yite ku ngabo.

Ati: “Igihe kirageze ku itegeko n’umugisha w’Imana. Ndashaka kwita ku ngabo. Ingabo za Uganda.”

Ariko kandi yavuze ko kugenda kwe atari u kwa burundu, ngo kuko igihe ni gihe ashobora kugaruka.

Ati: “Mu gihe gikwiye kiri imbere ni biramuka bibaye ibikenewe maze kuzuza inshingano za Nyagasani Imana zo kuzana ituze n’amahoro ku bantu be mu gace kacu, tuzongera duhure.”

Yongeye kandi ati: “Ndabakunda rwose.”

Yamaze gutanga ubu butumwa urukuta rwe kuri x ruhita rusibama.

General Muhoozi, mu bihe bitandukanye yagiye anyuza ubutumwa butandukanye ku rubuga rwa x, harimo ubutarigeze bwakirwa neza n’ibindi bihugu by’ibituranyi n’ibyo mu mahanga.

Hari ubwo yanditse mu mwaka wa 2022, avuga ko ingabo za Uganda zifite ubushobozi bwo gutera umujyi wa Nairobi muri Kenya zikawufata mu minsi 14 gusa.

Ubu butumwa icyo gihe, ntibwakiriwe neza n’abategetsi b’i Nairobi mu buryo bwa dipolomasi kuko yahise izamo agatotsi.

Mu mwaka ushize nabwo yanditse ko Donald Trump watsinze amatora muri Leta Zunze ubumwe Z’Amerika azamufasha kwigarurira umurwa mukuru wa Sudan, Khartoum.

No mu minsi yavubaha, yanditse ko agiye kugaba ibitero ku bacanshuro muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni ubutumwa bwababaje RDC na Sudan, biza kurangira abusibye kuri konti ye.

Ikindi nanone Muhoozi yakunze kugaragariza kuri x, ni urukundo akunda Abanyarwanda n’Abatutsi bose muri rusange, by’umwihariko perezida w’u Rwanda Paul Kagame, ndetse n’ingabo z’u Rwanda (RDF).

Muhoozi wakoraga ibi, yinjiye mu gisirikare cya Uganda mu 1999, agenda agira amahirwe yo kuzamuka mu ntera kugeza abaye umugaba mukuru w’ingabo z’iki gihugu.

Tags: MuhooziUgandaX
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n'u Burusiya Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika ushinzwe ububanyi n'amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyifuza guhura n'u Burusiya, ibihugu...

Read moreDetails

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho Abakunze gukorera ingendo mu gihugu cya Kenya, basabwe kwirinda kunywa inzoga zaho kuko ngo harizashizwemo uburozi. Bikubiye mu...

Read moreDetails

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails
Next Post
Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

Abanyamulenge baburiwe nyuma y'aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?