• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Gen. Muhoozi yasezeye gukoresha x avuga n’impamvu, ariko agira n’ibyo asezeranya.

minebwenews by minebwenews
January 11, 2025
in World News
0
Gen. Muhoozi yasezeye gukoresha x avuga n’impamvu, ariko agira n’ibyo asezeranya.
89
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gen. Muhoozi yasezeye gukoresha x avuga n’impamvu, ariko agira n’ibyo asezeranya.

You might also like

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Gen. Muhoozi Kainarugaba, umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa perezida Yoweli Kaguta Museveni, yatangaje ko atazongera kugira icyo avuga ku rubuga rwa x rwahoze rwitwa Twitter, ngo kuko agiye kwita kugisirikare abareye umuyobozi.

Ubu butumwa, Muhoozi yabutanze ku mugoroba w’ejo hashize tariki ya 10/01/2025, abunyujije kuri konti ye ya x, mbere y’uko ayisiba, kuko kuri ubu udashobora kuyibona. Yewe ni gihe wakwandika amazina yakoreshaga ntashobora kuza.

Yaranditse ati: “Zari imbaraga zidasanzwe n’urugendo rwiza kuri iyi mihanda mu gihe cy’imyaka 10 kuva mu 2014.”

Muhoozi yasobanuye ko gusezera kwe gukoresha x, bishingiye ku kuba igihe kigeze ngo yite ku ngabo.

Ati: “Igihe kirageze ku itegeko n’umugisha w’Imana. Ndashaka kwita ku ngabo. Ingabo za Uganda.”

Ariko kandi yavuze ko kugenda kwe atari u kwa burundu, ngo kuko igihe ni gihe ashobora kugaruka.

Ati: “Mu gihe gikwiye kiri imbere ni biramuka bibaye ibikenewe maze kuzuza inshingano za Nyagasani Imana zo kuzana ituze n’amahoro ku bantu be mu gace kacu, tuzongera duhure.”

Yongeye kandi ati: “Ndabakunda rwose.”

Yamaze gutanga ubu butumwa urukuta rwe kuri x ruhita rusibama.

General Muhoozi, mu bihe bitandukanye yagiye anyuza ubutumwa butandukanye ku rubuga rwa x, harimo ubutarigeze bwakirwa neza n’ibindi bihugu by’ibituranyi n’ibyo mu mahanga.

Hari ubwo yanditse mu mwaka wa 2022, avuga ko ingabo za Uganda zifite ubushobozi bwo gutera umujyi wa Nairobi muri Kenya zikawufata mu minsi 14 gusa.

Ubu butumwa icyo gihe, ntibwakiriwe neza n’abategetsi b’i Nairobi mu buryo bwa dipolomasi kuko yahise izamo agatotsi.

Mu mwaka ushize nabwo yanditse ko Donald Trump watsinze amatora muri Leta Zunze ubumwe Z’Amerika azamufasha kwigarurira umurwa mukuru wa Sudan, Khartoum.

No mu minsi yavubaha, yanditse ko agiye kugaba ibitero ku bacanshuro muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni ubutumwa bwababaje RDC na Sudan, biza kurangira abusibye kuri konti ye.

Ikindi nanone Muhoozi yakunze kugaragariza kuri x, ni urukundo akunda Abanyarwanda n’Abatutsi bose muri rusange, by’umwihariko perezida w’u Rwanda Paul Kagame, ndetse n’ingabo z’u Rwanda (RDF).

Muhoozi wakoraga ibi, yinjiye mu gisirikare cya Uganda mu 1999, agenda agira amahirwe yo kuzamuka mu ntera kugeza abaye umugaba mukuru w’ingabo z’iki gihugu.

Tags: MuhooziUgandaX
Share36Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails
Next Post
Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

Abanyamulenge baburiwe nyuma y'aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?