• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 17, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

minebwenews by minebwenews
January 11, 2025
in Regional Politics
0
Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.
140
SHARES
3.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanyamulenge baburiwe nyuma y’aho bamwe muri bo bagaragaje imvugo zidahwitse.

Ni mu butumwa bwatanzwe n’umuturage utuye mu Minembwe, aho yabwise “impanuro” ashaka guha benewabo bakunze kugaragaraho imvugo zidahwitse muri ibi bihe Abanyamulenge bakomeje kunyuramo by’intambara bashoweho n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

READ ALSO

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

Ubu butumwa uyu muturage uri mu Minembwe utashatse ko amazina ye atangazwa ku mpamvu z’umutekano we, yabunyujije mu bwanditsi bwa Minembwe.com mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 11/01/2025.

Mu butumwa bwe yavuze ko ari impanuro, aho yagize ati: “IMPANURO KUBYO TURI MUKUMVA NO KUBONA; maze akurikozaho agira ati:
“Bavandimwe Banyamulenge dusangiye gupfa no gukira ndabasuhuje.
Muraho neza? Reka mvuge abiri cyangwa atatu doreko abakuru bayamaze bati ‘kuvuga menshi siko kuyamara’.
Intumwa Pahulo haraho muri bibiriya yagize ati ‘Mwabagatatiya mwe babapfapfa ninde wabaroze, mwatangije iby’umwuka muherukiye kuby’umubiri!”

Yakomeje avuga ati: “Ninde utaziko dukeneye kubaho mw’isi nk’uko abandi bayiriho? Bishatse kuvuga ko dufite uburenganzira bwo kubaho dufite umugabane ku butaka tudahutazwa, tutamburwa ibyacu, tutamburwa ubuzima, ibyabandi bagabana kur’iy’isi ya Rurema natwe tubigabane tutagira icyo twikanga kuko tutari inyamanswa;
Ninde utemerako Imana yaduhaye igihugu uretse n’Imana amategeko ya Congo arabitwemerera uko twaba turi kose, twaba bake cyangwa benshi. Agahinda mfite ni cyo nibaza abagenze bakagera kure muzatubwire ahandi mwasanze gakondo yacu muzaze kutwimura tujeyo natwe.”

“Na sanze burya hari imiterere y’abantu bakuze n’iyabakuza igihagararo gusa. Hari abantu bakura mu gihagararo no mubwenge ariko kandi na sanze turimo abakujije igihagararo ariko ubwenge buri hasi cyane. Mu ruru rwego harabashobora kumva ko natukanye nyamara ataribyo. Wosenyerwa, ukanyagwa, ugatwikirwa, ukicwa, ukaribwa inyama, ugakumirwa, akamburwa uburenganzira bwawe hafi 95%, warangiza ukavuga uti biramaze bibe? Nyamara uzakureba ukumva ibyo uvuga, azavuga ko nta bwenge ufite…..
Hari ijambo numvise icyo risigura muri yi minsi; Mose amaze gukura areba akarengane ubwoko bwe burengana, yahisemo kuja kurenganwa nabwo, kuko yabonye ko ubutunzi bwari ku mwami Farao aho yarerewe butaruta ubwoko bwabo.”

Yakomeje kandi ati: “Niba Environnement(ibidukikije) turimo cyangwa urimo, itaguhereza image(inshusho ) ya karengane abanyamulenge barimo gucyamo, nturageraho witwa umuntu muzima (ntu rakura), niba wishimira ibyabaye ku Banyamulenge, kubona ihohoterwa rya buri munsi bakorerwa…inkambi z’impunzi barimo…imitungo yabo inyagwa umunsi ku wundi, ariko ntihagire isomo ukuramo uri gito!

Gusa, muri shima ariko nyamara namwe mukubitwa hamwe n’abandi.”

Ndetse kandi yavuze ko hari ibi mutangaza, aho yagize ati: “Nzantangazwa n’umuntu utoneka undi muriki gihe wirengagije ibikomeri twagize….n’ubwo umuntu yakwihushirizaho imbugita(icyuma) akitema ntiwa mushinyagurira ben’ako kageni.. .niba uri kure uzaze ugere kuri terrain(aho bibera ) wirebere kandi niba uri kuri terrain ukaba utabona ibya Abanyamulenge bakorerwa, bazakuvuze amaso kuko ntabona….umugabo umwe ngo yari impumyi baramubwira ati uramenye udakandagira mw’ifu, nawe ati ko ndayibona…ngwarangize ayikandagiramo…abantu benshi bafite amakuru y’abatabona…nicyo gituma bari mugukangagira mw’ifu…”

Yanaboneyeho kandi kuvuga ko ukuri kunyura muziko ariko ntigushya, ati:”Amaherezo ukuri kuzatsinda ikinyoma. Muri bibiriya, Nehemiya yaravuze ngo reka Senebarati avuge, ngo kuko nihahandi nta mugabane azabona muri Yerusalemu.
Uramenye amagambo yawe atazakubuza umugabane muri Yerusalemu… iyo Farao aja kubimenya ko ari ubwoko bw’Imana kandi burimo isezerano yari gucisha make akitonda!”

Mu gusoza, yavuze ko atari umunya-politiki, gusa we ashaka amahoro mu Banyamulenge, ati:
“Mugire ubumwe n’amahoro mufatane munda mwivane muricyo cyobo.
Ntanze igitekerezo sindi umunye-politique ntu nite uwo ntariwe. Ariko mbabazwa nabgira ba shashya”

Tags: AbanyamulengeBaburiweImvugo

Related Posts

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC
Regional Politics

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

September 15, 2026
Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
Regional Politics

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

September 14, 2026
Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR
Regional Politics

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

September 14, 2026
Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Next Post
FDLR na FARDC nyinshi zafatiwe ku rugamba.

M23 yafashe za matekwa nyinshi z'abasirikare b'u Burundi i Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Martin Fayulu Yashyize Hanze Ibyamubayeho mu Myigaragambyo ya C64; Anagaragaza Ibyo Yasabye Abapolisi
  • RDC : L’Assemblée nationale rejette la participation de l’AFC/M23 au dialogue national et fixe une ligne rouge
  • Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yanze uruhare rwa AFC/M23 mu biganiro by’Abanyekongo, ishyiraho umurong
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?