• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 3, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y’Epfo.

minebwenews by minebwenews
July 16, 2025
in Conflict & Security
0
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gen.Muhoozi yavuze icyo UPDF izakora mu gihe imirwano yo kwaduka i Uvira muri Kivu y’Epfo.

You might also like

Uwateye ku Bilalombili no mu Rugezi yasubijwe inyuma

Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye kwica abaho

RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP

Umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa perezida Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko mu gihe ibice bikikije umujyi wa Uvira byoramuka bi bereyemo imirwano, icyo gihe Ingabo ze zahita zagura ibirindiro byazo, ngo kuko ingabo ze zifite ubushobozi bwo kubikora.

Ni ubutumwa Gen.Muhoozi yatanze akoresheje urubuga rwa x, aho yagize ati: “Imirwano niramuka yadutse mu duce dukikije umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, ntituzahwema kwagura igice dukoreramo ibikorwa. Dufite abasirikare bahagije bo kubikora.”

Muri ubu butumwa bwa Gen.Muhoozi, ntiyagaragaje ko kwagura ibirindiro bivuze ko bazinjira mu mirwano, cyangwa ngwabe yavuga uruhande ingabo ze zizaba zishyigikiye hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Cyobikoze mu bundi butumwa yatanze mbere y’ubu, yari yavuze ko afite inshuti ikomeye, avuga ko iyo nshuti ari Major Gen Sultan Makenga.

Ati: “Ngira inshuti, kandi iyo nshuti yitwa General Sultan Makenga.”

Icyo gihe kandi yavuze ko abacwezi n’Inkotanyi bitazongera kubaho ngo barasane, ati: “Ubwo ni ubucucu tutazongera kwigera tugira. Mana ishobora byose uzadufashe.”

Gen. Muhoozi yatangaje ibi mu gihe Leta ya Congo igize igihe igaragaza ko AFC/M23 yenda gufata uyu mujyi wa Uvira.

Ni mu gihe kandi iri huriro rya AFC/M23 na ryo rishinja uruhande rwa RDC gutegurira ibikorwa bya gisirikare mu mujyi wa Uvira, bigamije kwisubiza ibice uyu mutwe wayambuye birimo n’umujyi wa Bukavu.

Ndetse nk’uko aya makuru akomeza abivuga ni uko abasirikare ba Leta n’intwaro ziremereye zakomeje kurundwa mu bice biri hafi n’aho uyu mutwe wa AFC/M23 ugenzura Kamanyola n’ahandi.

Uretse n’icyo, mu cyumweru gishize byavuzwe ko ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi ko bwamaze gutegura abasirikare bayo ibihumbi 60, barimo n’abacanshuro, mu rwego rwo kugira ngo bahangane n’uy’u mutwe wa M23 muri Kivu y’Amajyepfo muri Uvira no mu nkengero zayo.

Kuri ubu abenshi muri abo basirikare boherejwe mu misozi ya Uvira, Fizi na Mwenga, bakaba bagambiriye gutera mu Rurambo, Minembwe, Mikenke na Rugezi ibice bituwe n’Abanyamulenge.

Tags: ImirwanoMuhooziUPDFUvira
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uwateye ku Bilalombili no mu Rugezi yasubijwe inyuma

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Uwateye ku Bilalombiri no mu Rugezi yasubijwe inyuma Ibitero by'ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo byazindutse bigabwa mu bice bya Bilalombiri mu Mikenke muri teritware ya...

Read moreDetails

Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye kwica abaho

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye  kwica abaho

Amakuru y'ukuri y'a basirikare b'u Burundi bazamutse imisozi y'i Mulenge, aho bagiye kwica abaho Nyuma y'aho bigize iminsi bivugwa ko ingabo z'u Burundi ziri koherezwa mu Burasirazuba bwa...

Read moreDetails

RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP

RDC yahagaritse inkunga ku banyeshuri bigira mu bice byabohowe na AFC/M23/MRDP Repubulika ya demokarasi ya Congo, yatangaje ko yahagaritse inkunga ku banyeshure biga ku mashuri abanza aherereye mu...

Read moreDetails

Rugezi: Wazalendo bazindutse batera ibisasu, havuzwe n’icyo MRDP yo irigukora

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Rugezi: Wazalendo bazindutse batera ibisasu, havuzwe n'icyo MRDP yo irigukora Ihuriro rya Wazalendo rizindutse ritera ibisasu mu duce two mu Rugezi mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa teritware ya...

Read moreDetails

Kenyan Man Killed in DRC for Resembling a Tutsi

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Umunya-kenya yiciwe muri RDC azira gusa n’Abatutsi

Kenyan Man Killed in DRC for Resembling a Tutsi A Kenyan man who was trading in the eastern parts of the Democratic Republic of Congo was killed by...

Read moreDetails
Next Post
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?