• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, December 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

General Yakutumba mu Burakari Bwinshi Yasobanuye Impamvu AFC/M23 Yabatsinze

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 5, 2025
in Conflict & Security
0
General Yakutumba mu Burakari Bwinshi Yasobanuye Impamvu AFC/M23 Yabatsinze
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

General Yakutumba mu Burakari Bwinshi Yasobanuye Impamvu AFC/M23 Yabatsinze

You might also like

Ibisasu by’Ingabo z’u Burundi byaguyemo Abarundi mu Cibitoki ubwo byahushaga intego muri RDC

Drone y’Ingabo za RDC Yahanuwe Ivuye ku Butaka bw’u Burundi Ishaka Kugaba Igitero

Ibyabaye mu Kibaya cya Rusizi Bikomeje Guteza Impagarara

General Hamuri Yakutumba, umwe mu bayobozi b’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa Leta ya RDC, yagaragaje umujinya ukomeye ku miterere y’intambara ikomeje gukomera mu Kibaya cya Rusizi, aho umutwe wa AFC/M23 ukomeje kwigarurira uduce twinshi.

Mu butumwa bw’amajwi bwatanzwe kuri uyu wa gatanu tariki ya 05/12/2025, General Yakutumba yavuze ko gutinda kugaba ibitero kwa drone z’ingabo za FARDC ari byo byabateje gutsindwa n’AFC/M23.

Yakutumba yagize ati:
“Twari twarabibasabye kuva kera ko drone za FARDC zigomba kugaba ibitero vuba. Iyo zitinda kugaba ibitero kuri AFC/M23, biyiha umwanya wo kwitegura. Iyo zitaza gutinda, AFC/M23 yari kuba yamaze gutsindwa.”

Yavuze ko nubwo adashaka gushinja umuntu ku gatsindwa kwabo, ariko ko FARDC ndetse n’ingabo z’u Burundi babatererana, ibintu byahaye AFC/M23 urubuga rwo kubatsinda.

Yakomeje agira ati:
“Nta we nshinja urubanza, ariko ukuri ni uko twari gutsinda AFC/M23. FARDC n’ingabo z’u Burundi baradutererana, bituma dutsindwa ku rugamba.”

General Yakutumba yanavuze ko AFC/M23 yabonye inkunga ikomeye yaturutse mu gace ka Kaziba, bituma uyu mutwe ugira imbaraga zidasanzwe mu mirwano. Yashinje ubuyobozi bukoresha indege za gisirikare kutagira ubushake bwo kugaba ibitero ku gihe, bikagumya guha AFC/M23 umwanya wo kwiyubaka no gukomeza gutera imbere.

Kugeza ubu, AFC/M23 ikomeje kwagura ibirindiro mu Kibaya cya Rusizi, aho imaze kwigarurira uduce nka Miti Mbili, Rubarika, Buhewa n’igice kinini cya Luvungi. Amakuru yemeza ko ubu uyu mutwe ukomeje kwegukira inzira yerekeza ku mujyi wa Uvira, ukomeza gushyira igitutu gikomeye ku ngabo za Leta n’abafatanyabikorwa bazo.

Ibi byose byerekana ko ubufatanye buke hagati ya FARDC, FDLR, Wazalendo n’ingabo z’u Burundi bushobora gukomeza guha AFC/M23 amahirwe yo gutsinda urugamba rumwe ku rundi, mu gihe ibiganiro by’amahoro bikomeje kubera i Washington.

Tags: DroneFardcIngabo z'u BurundiWazalendoYakutumba
Share31Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Ibisasu by’Ingabo z’u Burundi byaguyemo Abarundi mu Cibitoki ubwo byahushaga intego muri RDC

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Ibisasu by’Ingabo z’u Burundi byaguyemo Abarundi mu Cibitoki ubwo byahushaga intego muri RDC

Ibisasu by’Ingabo z’u Burundi byaguyemo Abarundi mu Cibitoki ubwo byahushaga intego muri RDC Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 05/12/2025, mu gace kitwa Mubadage, kari...

Read moreDetails

Drone y’Ingabo za RDC Yahanuwe Ivuye ku Butaka bw’u Burundi Ishaka Kugaba Igitero

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Drone y’Ingabo za RDC Yahanuwe Ivuye ku Butaka bw’u Burundi Ishaka Kugaba Igitero

Drone y’Ingabo za RDC Yahanuwe Ivuye ku Butaka bw’u Burundi Ishaka Kugaba Igitero Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 05/12/2025, haravugwa amakuru y’ihanurwa ry’indege nto...

Read moreDetails

Ibyabaye mu Kibaya cya Rusizi Bikomeje Guteza Impagarara

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Ibyabaye mu Kibaya cya Rusizi Bikomeje Guteza Impagarara

Ibyabaye mu Kibaya cya Rusizi Bikomeje Guteza Impagarara Amakuru ava mu Kibaya cya Rusizi akomeza kugaragaza ihungabana rikomeye mu mutekano, nyuma y’uko umunara wa Vodacom wangijwe n’ibitero by’amasasu...

Read moreDetails

Aho Imirwano Ikomeye Yashyize Ubuzima mu Kangaratete: Uduce Tubiri ku Murongo w’Intambara mu Kibaya cya Rusizi

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Aho Imirwano Ikomeye Yashyize Ubuzima mu Kangaratete: Uduce Tubiri ku Murongo w’Intambara mu Kibaya cya Rusizi

Aho Imirwano Ikomeye Yashyize Ubuzima mu Kangaratete: Uduce Tubiri ku Murongo w’Intambara mu Kibaya cya Rusizi Minembwe Capital News ikomeje gukurikirana umutekano muke n’imirwano ikaze ikomeje kurangwa mu...

Read moreDetails

Igisasu Cyaturutse i Burundi Cyahitanye Umuturage i Luvungi, Umutekano Ukomeje Kuzamba mu Kibaya cya Rusizi

by Bahanda Bruce
December 5, 2025
0
Igisasu Cyaturutse i Burundi Cyahitanye Umuturage i Luvungi, Umutekano Ukomeje Kuzamba mu Kibaya cya Rusizi

Igisasu Cyaturutse i Burundi Cyahitanye Umuturage i Luvungi, Umutekano Ukomeje Kuzamba mu Kibaya cya Rusizi Amakuru ava i Luvungi, mu kibaya cya Rusizi giherereye muri teritware ya Uvira...

Read moreDetails

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?