• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, August 19, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 19, 2025
in Conflict & Security
0
Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.

You might also like

AFC/M23 ya cucumiye izo kwa Tshisekedi i Walikale biracika.

AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by’i Doha.

Abari mu Bibogobogo bishimiye imvura yahaguye.

Nyuma y’aho Leta y’u Burundi ifunze Colonel Moïse Arakaza uzwi cyane ku izina rya Nyeganyega, yongeye gufunga n’abarimo umu-jenerali.

Tariki ya 13/08/2025, ni bwo Col. Arakaza yahagaritswe n’inzego zishinzwe umutekano zikorera muri komine ya Rumonge mu ntara ya Burunga, hari nyuma y’aho bamenye ko imodoka ye itwaye litiro 60 za lisansi, ariko baramureka aragenda.

Nyuma polisi yagiye gusaka iwe mu rugo ruherereye muri komine ya Nyanza mu ntara ya Burunga, banafatiramo imyambaro myinshi y’igipolisi.

Amakuru ahari kuri ubu ni uko mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri yaraye yinjijwe muri gereza nkuru ya Bururi.

Colonel Arakaza, akurikiranyweho icyaha cyo guhungabanya ubukungu bw’igihugu n’icyo kugerageza kwica, gifitanye isano no kuba yaratunze imbunda Abapolisi bamuhagaritse ubwo yaragifatwa bwa mbere.

Undi na we wafanzwe ni Colonel Habyarimana Jean Bosco ndetse kandi na General Jean Bosco Ndayikengurukiye.

General Jean Bosco Ndayikengurukiye, yahoze ayoboye CNDD-FDD ikiri mu ishyamba, afungiwe muri gereza nkuru ya Mpimba iherereye ku Musaga i Bujumbura.

Uyu muyobozi akurikiranyweho icyaha cyo gukora ubucuruzi butemewe bw’ibikomoka kuri peteroli.

Uyu ni we watangije ishami ry’ishyaka rya CNDD-FDD ryagiye ku butegetsi kuva muri 2005 ku bw’amasezerano ya Arusha muri Tanzania.

Naho Colonel Habyarimana Jean Bosco na we watawe muri yombi, yari ayoboye polisi muri komine Nyabikere mu yahoze ari intara ya Karuzi, afungiwe i Bujumbura kubera uruhare rukomeye akekwaho mu iyicarubuzo no kuburirwa irengero k’umuturage.

Umuturage azira, yitwa Daniel Ndimuminwe, yatawe muri yombi n’abapolisi ba Col.Habyarimana tariki ya 11/08/2025, ba muziza kubura amafaranga yo kwishyura muri restaurant yari yariyemo.

Col.Habyarimana, ubwo yaherekezagwa n’abapolisi bajya kuri iyi restaurant, bari bahamagawe na nyirayo. Bahageze, bakubitaguye Ndikuminwe, we agasobanura ko yahamagaye inshuti ye ngo imwishyurire.

Nyuma yo kumugira intere, Col. Habyarimana ya mujanye muri kasho ya Nyabikere. Mu ijoro ry’uwo munsi yategetse ko yoherezwa ku ivuriro, abapolisi bamugejejeyo basubizwa ko ibitaro bya Karuzi ari byo byashobora kumuvura.

Nyuma baba polisi bashyize Ndikuminwe kuri moto nk’aho bamujanye muri ibyo bitaro ariko ntibamugezayo, ntibanamusubiza muri kasho bari bamufungiyemo. Ibyo bigakekwa ko baba baramujugunye, agapfira ahantu hatazwi.

Urwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza, SNR, rwahamagaje Col. Habyarimana i Bujumbura kugira ngo asobanure irengero rya Ndikuminwe. Agezeyo asobanura ko yacitse abapolisi, bityo ko atazi aho aherereye.

SNR, nyuma yo kutanyurwa n’ibisobanuro byatanzwe na Col.Habyarimana yafashe icyemezo cyo kumufunga mu gihe hakomeje iperereza ku irengero ry’uyu muturage.

Tags: Biravuza ubuhuhaBurundiCNRGufunga
Share27Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

AFC/M23 ya cucumiye izo kwa Tshisekedi i Walikale biracika.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
AFC/M23 ya cucumiye izo kwa Tshisekedi i Walikale biracika.

AFC/M23 ya cucumiye izo kwa Tshisekedi i Walikale biracika. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryakubitiye kubi i Walikale muri Kivu y'Amajyaruguru ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika...

Read moreDetails

AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by’i Doha.

AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by'i Doha. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ritazasubira mu biganiro by'i...

Read moreDetails

Abari mu Bibogobogo bishimiye imvura yahaguye.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Abari mu Bibogobogo bishimiye imvura yahaguye.

Abari mu Bibogobogo bishimiye imvura yahaguye. Mu gace ka Bibogobogo gaherereye muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, haguye imvura abaturage barayishimira. Uyu munsi ku wa...

Read moreDetails

AFC/M23 yashinje ingabo za FARDC gutera ibisasu mu basivili.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
AFC/M23 yashinje ingabo za FARDC gutera ibisasu mu basivili.

AFC/M23 yashinje ingabo za FARDC gutera ibisasu mu basivili. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ryatangaje...

Read moreDetails

RDC yamaganye Kenya yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 17, 2025
0
RDC yamaganye Kenya yashyizeho uyihagararira i Goma.

RDC yamaganye Kenya yashyizeho uyihagararira i Goma. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yamaganye iya Kenya yashyizeho uhagararira inyungu zayo i Goma hagenzurwa n'ihuriro rya Alliance Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Semenyo yakorewe racism mu mukino wa Liverpool na Bournemouth.

Semenyo yakorewe racism mu mukino wa Liverpool na Bournemouth.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?