• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.

minebwenews by minebwenews
August 19, 2025
in Conflict & Security
0
Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gufungwa kwa bayobozi ba kuru muri polisi y’u Burundi biravuza ubuhuha.

You might also like

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Uduce 8 FARDC n’abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y’uko bishe abasivili

Nyuma y’aho Leta y’u Burundi ifunze Colonel Moïse Arakaza uzwi cyane ku izina rya Nyeganyega, yongeye gufunga n’abarimo umu-jenerali.

Tariki ya 13/08/2025, ni bwo Col. Arakaza yahagaritswe n’inzego zishinzwe umutekano zikorera muri komine ya Rumonge mu ntara ya Burunga, hari nyuma y’aho bamenye ko imodoka ye itwaye litiro 60 za lisansi, ariko baramureka aragenda.

Nyuma polisi yagiye gusaka iwe mu rugo ruherereye muri komine ya Nyanza mu ntara ya Burunga, banafatiramo imyambaro myinshi y’igipolisi.

Amakuru ahari kuri ubu ni uko mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kabiri yaraye yinjijwe muri gereza nkuru ya Bururi.

Colonel Arakaza, akurikiranyweho icyaha cyo guhungabanya ubukungu bw’igihugu n’icyo kugerageza kwica, gifitanye isano no kuba yaratunze imbunda Abapolisi bamuhagaritse ubwo yaragifatwa bwa mbere.

Undi na we wafanzwe ni Colonel Habyarimana Jean Bosco ndetse kandi na General Jean Bosco Ndayikengurukiye.

General Jean Bosco Ndayikengurukiye, yahoze ayoboye CNDD-FDD ikiri mu ishyamba, afungiwe muri gereza nkuru ya Mpimba iherereye ku Musaga i Bujumbura.

Uyu muyobozi akurikiranyweho icyaha cyo gukora ubucuruzi butemewe bw’ibikomoka kuri peteroli.

Uyu ni we watangije ishami ry’ishyaka rya CNDD-FDD ryagiye ku butegetsi kuva muri 2005 ku bw’amasezerano ya Arusha muri Tanzania.

Naho Colonel Habyarimana Jean Bosco na we watawe muri yombi, yari ayoboye polisi muri komine Nyabikere mu yahoze ari intara ya Karuzi, afungiwe i Bujumbura kubera uruhare rukomeye akekwaho mu iyicarubuzo no kuburirwa irengero k’umuturage.

Umuturage azira, yitwa Daniel Ndimuminwe, yatawe muri yombi n’abapolisi ba Col.Habyarimana tariki ya 11/08/2025, ba muziza kubura amafaranga yo kwishyura muri restaurant yari yariyemo.

Col.Habyarimana, ubwo yaherekezagwa n’abapolisi bajya kuri iyi restaurant, bari bahamagawe na nyirayo. Bahageze, bakubitaguye Ndikuminwe, we agasobanura ko yahamagaye inshuti ye ngo imwishyurire.

Nyuma yo kumugira intere, Col. Habyarimana ya mujanye muri kasho ya Nyabikere. Mu ijoro ry’uwo munsi yategetse ko yoherezwa ku ivuriro, abapolisi bamugejejeyo basubizwa ko ibitaro bya Karuzi ari byo byashobora kumuvura.

Nyuma baba polisi bashyize Ndikuminwe kuri moto nk’aho bamujanye muri ibyo bitaro ariko ntibamugezayo, ntibanamusubiza muri kasho bari bamufungiyemo. Ibyo bigakekwa ko baba baramujugunye, agapfira ahantu hatazwi.

Urwego rw’u Burundi rushinzwe iperereza, SNR, rwahamagaje Col. Habyarimana i Bujumbura kugira ngo asobanure irengero rya Ndikuminwe. Agezeyo asobanura ko yacitse abapolisi, bityo ko atazi aho aherereye.

SNR, nyuma yo kutanyurwa n’ibisobanuro byatanzwe na Col.Habyarimana yafashe icyemezo cyo kumufunga mu gihe hakomeje iperereza ku irengero ry’uyu muturage.

Tags: Biravuza ubuhuhaBurundiCNRGufunga
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe

Abasirikare babaga ku Kavumu mu Bibogobogo bahakuwe Amakuru ava mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko nyuma y'aho Colonel Rubaba Ntagawa ahamagajwe...

Read moreDetails

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya

Col.Ntagawa ukuriye ibirindiro bya FARDC mu Bibogobogo yahamagajwe igitaraganya Colonel Rubaba Ntagawa, umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo ukuriye ibatayo ifite ibirindiro mu Bibogobogo muri teritware ya...

Read moreDetails

Uduce 8 FARDC n’abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y’uko bishe abasivili

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Havuzwe uduce Wazalendo bari kubabarizamo abaturage, n’icyakorwa kugira ngo bigire iherezo

Uduce 8 FARDC n'abambari bayo badukubitiwemo iza kabwana nyuma y'uko bishe abasivili Uduce tubarirwa mu 8 duherereye muri grupema ya Bukombo n'iya Tongo muri teritware ya Rutshuru, mu...

Read moreDetails

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe

Sio.Edinasi, umusirikare uri mu batabarukiye i Lubumbashi bazira uko baremwe Sio.Sebagabo Rwambara war'uzwi cyane ku izina rya Edinasi, yatabarukanye n'abandi i Lubumbashi mu cyahoze ari Katanga, kuri ubu...

Read moreDetails

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Icyo amakuru avuga ku basirikare ba M23 bafunzwe, ariko bakaza kurekurwa

Uduce twose Wazalendo yariyigaruriye, AFC/M23 yatwisubije Abarwanyi bashingikiwe na guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Mai Mai n'indi iyishamikiyeho ihurikiye mu...

Read moreDetails
Next Post
Semenyo yakorewe racism mu mukino wa Liverpool na Bournemouth.

Semenyo yakorewe racism mu mukino wa Liverpool na Bournemouth.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?