Guhohotera Abanyamulenge i Uvira byafashe indi ntera.
I Uvira muri Kivu y’Amajyepfo kuri ubu ahimuriwemo ibiro bikuru by’iyi ntara, nyuma yuko umurwa mukuru wayo ari wo i Bukavu ufashwe n’umutwe wa m23 mu kwezi gushize uyu mwaka, Abanyamulenge bahatuye bakorewe ihohoterwa rikomeye, ni mu gihe n’ubundi bari bahasanganwe umutekano muke uwo bategwa na Wazalendo.
Ahagana igihe c’isaha zibiri z’igitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 21/03/2025, Wazalendo, hamwe n’ingabo z’u Burundi, iza Congo(Fardc) binjiye mu mazu y’Abanyamulenge i Uvira, bafata bamwe muri bo babajana ahataramenyekana kugeza ubu, abandi bagenda barekurirwa mu mayira atandukanye….
Minembwe Capital News yamenye ko ahanini abafashwe ni abatuye muri Quartier ya Nyamyanda, usibye ko hari n’abandi bafatiwe ahitwa Kibangu, aha hakaba hafatiwe umupolisi witwa Gady w’Umunyamulenge.
Mu gihe abafatiwe Nyamyanda abamaze kumenyekana barimo umusirikare wa Leta witwa Blaise ufite ipeti rya Major, ndetse barimo kandi n’undi witwa Kanyabu we ufite ipeti rya Captain.
Abarimo gufatwa bose akaba ari Abanyamulenge gusa.
Ubutumwa bugufi bwanditse Minembwe Capital News yahawe n’umwe wafashwe ariko nyuma akaza kurekurwa, bugaragaza ko uyu musako wakozwe na Wazalendo hamwe n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC, wari ugamije gufata abasirikare bo muri Leta bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bari muri aka gace.
Bugira buti: “Abajenesi bageze iwanjye basaka ahantu hose, ariko batubazaga niba nta musirikare uba hano, natwe tuvuga ko ntawe. Badutoritire uko bifuzaga kose, ariko Imana yaturinze naho batujanye baza kuturekura.”
Uyu waduhaye ubutumwa ariko kubw’umutekano we yanga ko amazina ye tuyashyira hanze, yavuze ko usibye kubahohotera bakabakubita banabambuye amafaranga n’ibirimo amatelefone n’ibindi, nk’uko yakomeje abivuga.
Iri hohoterwa ryakorewe Abanyamulenge i Uvira, rije rikurikira n’ubundi ko bari bafite umutekano muke, aho bazira kuba umutwe wa m23 warigaruriye umujyi wa Bukavu.
Ndetse amakuru avuga ko kuvaho i Bukavu hafashwe n’uyu mutwe wa m23, Abanyamulenge bari aha Uvira birinda gutemberera mu masoko n’ahandi hahurira abantu benshi mu rwego rwo kugira ngo birindire umutekano.
Ikibabaje uyu munsi basanze mu mazu yabo.
Mu minsi mike ishize hari ubutumwa bw’amajwi bwakomeje kunyuzwa kumbugankoranyambaga bwatangwaga na Wazalendo bari aha Uvira, bababwiraga ko bagiye kubica kandi ko bazabaziza m23.
Ibyo bibaye mu gihe ku wa gatatu tariki ya 19/03/2025, Wazalendo bavuye aha i Uvira bagaba igitero kuri m23 i Gatogota mu Kibaya cya Rusizi, maze abarwanyi b’uyu mutwe wa m23 ukibavugutiramo umuti, ni mu gihe bagihuriyemo n’akaga ko kugipfiramo.
Amakuru avuga ko Wazalendo bagipfiriyemo babarirwa mu magana.
Kuri ubu Wazalendo bahagarariye ahitwa za Sange, n’ahandi hafi aho muri uyu muhanda uturuka i Uvira ugana muri Kamanyola.
Naho abarwanyi b’uyu mutwe wa m23 bo bareba igice cyose cya Gatogota ndetse na Kamanyola.