• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, January 30, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Guhohotera Abanyamulenge i Uvira byafashe indi ntera.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
I Uvira Wazalendo benshi bitandukanyije na Leta biyunga kuri Twirwaneho.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Guhohotera Abanyamulenge i Uvira byafashe indi ntera.

You might also like

Amateka n’Inzira y’Ubuzima bw’Umusirikare Wagize Izina Rikomeye mu Burasirazuba bwa RDC

Ibyagaragajwe n’Amashusho Bishyira ku Karubanda Ihohoterwa rikorerwa Abanyamulenge n’Ikinyoma cya Kinshasa

Agahenge kabonetse mu Mutambara Nyuma y’Imirwano Ikomeye Yamaze Iminsi Ihuza Impande Zihanganye

I Uvira muri Kivu y’Amajyepfo kuri ubu ahimuriwemo ibiro bikuru by’iyi ntara, nyuma yuko umurwa mukuru wayo ari wo i Bukavu ufashwe n’umutwe wa m23 mu kwezi gushize uyu mwaka, Abanyamulenge bahatuye bakorewe ihohoterwa rikomeye, ni mu gihe n’ubundi bari bahasanganwe umutekano muke uwo bategwa na Wazalendo.

Ahagana igihe c’isaha zibiri z’igitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 21/03/2025, Wazalendo, hamwe n’ingabo z’u Burundi, iza Congo(Fardc) binjiye mu mazu y’Abanyamulenge i Uvira, bafata bamwe muri bo babajana ahataramenyekana kugeza ubu, abandi bagenda barekurirwa mu mayira atandukanye….

Minembwe Capital News yamenye ko ahanini abafashwe ni abatuye muri Quartier ya Nyamyanda, usibye ko hari n’abandi bafatiwe ahitwa Kibangu, aha hakaba hafatiwe umupolisi witwa Gady w’Umunyamulenge.

Mu gihe abafatiwe Nyamyanda abamaze kumenyekana barimo umusirikare wa Leta witwa Blaise ufite ipeti rya Major, ndetse barimo kandi n’undi witwa Kanyabu we ufite ipeti rya Captain.
Abarimo gufatwa bose akaba ari Abanyamulenge gusa.

Ubutumwa bugufi bwanditse Minembwe Capital News yahawe n’umwe wafashwe ariko nyuma akaza kurekurwa, bugaragaza ko uyu musako wakozwe na Wazalendo hamwe n’ingabo z’u Burundi n’iza FARDC, wari ugamije gufata abasirikare bo muri Leta bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bari muri aka gace.

Bugira buti: “Abajenesi bageze iwanjye basaka ahantu hose, ariko batubazaga niba nta musirikare uba hano, natwe tuvuga ko ntawe. Badutoritire uko bifuzaga kose, ariko Imana yaturinze naho batujanye baza kuturekura.”

Uyu waduhaye ubutumwa ariko kubw’umutekano we yanga ko amazina ye tuyashyira hanze, yavuze ko usibye kubahohotera bakabakubita banabambuye amafaranga n’ibirimo amatelefone n’ibindi, nk’uko yakomeje abivuga.

Iri hohoterwa ryakorewe Abanyamulenge i Uvira, rije rikurikira n’ubundi ko bari bafite umutekano muke, aho bazira kuba umutwe wa m23 warigaruriye umujyi wa Bukavu.

Ndetse amakuru avuga ko kuvaho i Bukavu hafashwe n’uyu mutwe wa m23, Abanyamulenge bari aha Uvira birinda gutemberera mu masoko n’ahandi hahurira abantu benshi mu rwego rwo kugira ngo birindire umutekano.
Ikibabaje uyu munsi basanze mu mazu yabo.

Mu minsi mike ishize hari ubutumwa bw’amajwi bwakomeje kunyuzwa kumbugankoranyambaga bwatangwaga na Wazalendo bari aha Uvira, bababwiraga ko bagiye kubica kandi ko bazabaziza m23.

Ibyo bibaye mu gihe ku wa gatatu tariki ya 19/03/2025, Wazalendo bavuye aha i Uvira bagaba igitero kuri m23 i Gatogota mu Kibaya cya Rusizi, maze abarwanyi b’uyu mutwe wa m23 ukibavugutiramo umuti, ni mu gihe bagihuriyemo n’akaga ko kugipfiramo.

Amakuru avuga ko Wazalendo bagipfiriyemo babarirwa mu magana.

Kuri ubu Wazalendo bahagarariye ahitwa za Sange, n’ahandi hafi aho muri uyu muhanda uturuka i Uvira ugana muri Kamanyola.

Naho abarwanyi b’uyu mutwe wa m23 bo bareba igice cyose cya Gatogota ndetse na Kamanyola.

Tags: AbanyamulengeGutotezaUviraWazalendo
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amateka n’Inzira y’Ubuzima bw’Umusirikare Wagize Izina Rikomeye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
Amateka n’Inzira y’Ubuzima bw’Umusirikare Wagize Izina Rikomeye mu Burasirazuba bwa RDC

Amateka n’Inzira y’Ubuzima bw’Umusirikare Wagize Izina Rikomeye mu Burasirazuba bwa RDC Gen. Laurent Nkunda, uzwi cyane ku izina rya Karumuna, ni umwe mu basirikare n’abanyapolitiki bagize uruhare rukomeye...

Read moreDetails

Ibyagaragajwe n’Amashusho Bishyira ku Karubanda Ihohoterwa rikorerwa Abanyamulenge n’Ikinyoma cya Kinshasa

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
Ibyagaragajwe n’Amashusho Bishyira ku Karubanda Ihohoterwa rikorerwa Abanyamulenge n’Ikinyoma cya Kinshasa

Ibyagaragajwe n’Amashusho Bishyira ku Karubanda Ihohoterwa rikorerwa Abanyamulenge n’Ikinyoma cya Kinshasa Uvira, umujyi wo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ukomeje kugaragaramo...

Read moreDetails

Agahenge kabonetse mu Mutambara Nyuma y’Imirwano Ikomeye Yamaze Iminsi Ihuza Impande Zihanganye

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
MRDP-Twirwaneho Yafashe Centre y’Ingenzi muri Mutambara

Agahenge kabonetse mu Mutambara Nyuma y’Imirwano Ikomeye Yamaze Iminsi Ihuza Impande Zihanganye Nyuma y’iminsi myinshi y’imirwano ikomeye yaranzwe n’amasasu n’intambara zikaze, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30/01/2026,...

Read moreDetails

Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika Yasabiye Kigali Ibihano, ivuga Impamvu zabyo

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika Yasabiye Kigali Ibihano, ivuga Impamvu zabyo

Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika Yasabiye Kigali Ibihano, ivuga Impamvu zabyo Hashize hafi amezi abiri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigize uruhare mu isinywa ry’Amasezerano y’Amahoro hagati y’u...

Read moreDetails

Inkubiri y’Imirwano ikomeje Guteza Agahinda mu Kibaya cya Rusizi no muri Grupema ya Mutambara Imirwano Yakomeje

by Bahanda Bruce
January 29, 2026
0
Menya Uduce Twabereyemo Imirwano ku Munsi W’ejo mu Nkengero z’Umujyi wa Uvira

Inkubiri y’Imirwano ikomeje Guteza Agahinda mu Kibaya cya Rusizi no muri Grupema ya Mutambara Imirwano Yakomeje Amakuru aturuka mu Kibaya cya Rusizi, muri teritwari ya Uvira ho mu...

Read moreDetails
Next Post
Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.

Ingabo z'u Burundi zahuye n'agasenyaguro ku muriro w'imbunda za m23 na Twirwaneho, mu misozi y'ahazwi nk'i Mulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?