Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Guverinoma ya Kinshasa yagize ibindi bishya itangaza ku mutwe wa M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 1, 2024
in Regional Politics
1
Guverinoma ya Kinshasa yagize ibindi bishya itangaza ku mutwe wa M23.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Guverinoma ya Kinshasa yagize ibindi bishya itangaza ku mutwe wa M23.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Byatangajwe n’umuvugizi wa Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, aho yatangaje ko abarwanyi b’umutwe wa M23 bazasubizwa mu buzima bwa gisivile.

Mu bisobanuro uyu muvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa yatanze, yavuze ko ibyo gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi ba M23 bizanyura mu nzira ireba imitwe yose y’itwaje intwaro y’Abanyekongo izwi nka P-DDRCS.

Muyaya yagize ati: “Turi mu nzira ya mahoro arambye kandi P-DDRCS ni ikintu cyingenzi kizadufasha kumaraho imitwe y’itwaje imbunda yose. Na M23 izafatwa muri ubwo buryo. Ni na byo imyanzuro ya Luanda isaba.”

Umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa yanasobanuye ko mu biganiro byabereye i Luanda, hafashwe umwanzuro w’uko M23 igomba guhagarika imirwano no kujya mu nkambi ya bugenewe, nyuma abarwanyi bayo bagasubizwa mu buzima busanzwe.

Yakomeje avuga ko “ibyavugiwe mu nama bikigoye kugira ngo abyemeze ngo kuko nta tangazo rigaragaza imyanzuro yayo ryasohotse.

Uyu mutwe wa M23 kuva wubura imirwano mu mpera za 2021 wagarageje ko wagiranye ibiganiro na perezida Félix Tshisekedi bashyiraho amasezerano agamije kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu buryo burambye.

Major Willy Ngoma, umuvugizi w’igisirikare muri uyu mutwe wa M23, mu 2022 yasobanuye ko perezida Félix Tshisekedi yari yaremeye kwinjiza abarwanyi ba M23 mu gisirikare cy’igihugu, agaragaza ko kuba Tshisekedi yarisubiyeho byababaje.

Uyu mutwe wa M23, mu bihe bitandukanye usaba ubutegetsi bwa Kinshasa kuganira nawo, ariko iyo leta ntibikozwa, kuko rimwe na rimwe inavuga ko itazigera iganira n’uyu mutwe wa M23.

M23 nayo igaragaza ibibazo birimo ko Abanyekongo bo kuruhande rumwe bakorerwa ihohoterwa, cyane cyane Abatutsi, ndetse bamwe bakemeza ko ibibakorerwa bisa na genocide, kandi byose bigakorwa leta ya Kinshasa irebera.

Ikindi, kwemeza ko abarwanyi ba M23 bazasubizwa mu buzima busanzwe ni ukwemeza ko ari abenegihugu, hakibazwa impamvu Leta ya Kinshasa ikunze kubaheza aho kwicarana nabo ngo baganire ku bibazo bihangayikishije igihugu cyabo.

               MCN.
Tags: M23Patrick MuyayaUbuzima busanzwe
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Bamwe mu Banyamulenge bo mu Bibogobogo ntibakigera i Baraka, menya impamvu yabyo.

Bamwe mu Banyamulenge bo mu Bibogobogo ntibakigera i Baraka, menya impamvu yabyo.

Comments 1

  1. Tinlongo says:
    10 months ago

    Ahubwo mushyire FARDC mu gisiviri mugumane M23. Abazayirwa muri ibicucu

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?