Hagaragajwe ikigomba gukorwa kugira ngo Isi ihanganye n’ubushyuhe bukomeje kwiyongera.
Umuryango w’Abibumbye mu ishami rishinzwe imihindagurukire y’ibihe niwo wasabye ibihugu kugira ubufatanye mu rwego rwo kugira ngo barwanye ubushyuhe bukomeje kwiyongera ku Isi.
Simon Stiell uhagarariye iri shami rishinzwe kurwanya imihindagurukire y’ibihe, mu muryango w’Abibumbye, yagaragaje ko mu gihe bibiri bya gatatu by’ibihugu biri ku Isi bitagabanya byihuse imyuka ihumanya ikirere, buri gihugu kizishyura ikiguzi kiremereye. Avuga ko hakwiye ishoramari rishya rifasha ibihugu kurengera ikirere.
Yagize ati: “Twemeranye ku gitekerezo cy’uko ishoramari ku kirere ari ubugiraneza. Intego nshya y’ishoramari ku kirere iri mu nyungu bwite za buri gihugu, harimo ikinini cyane n’igikize cyane.”
Yagaragaje ko mu gihe ubushyuhe bwiyongera, ibihugu nabyo bikwiye kongera imbaraga mu mishinga y’ingufu zisukuye n’ibikorwa remezo birengera ibidukikije, bigabanya ikoreshwa ry’ibicanwa bihumanya ikirere.
Ati: “Ukwimukira ku ngufu zisukuye nubudabangarwa bw’ikirere ntabwo bikwiye guhagarara. Umurimo wacu ni ukongera imbaraga no gukora ibishoboka kugira ngo inyungu zivamo zisaranganywe ibihugu byose n’abantu bose.”
Hagati aho, raporo y’ishami rya LONI rishinzwe iteganyagihe, igaragaza ko kuva mu kwezi kwa mbere kugeza mu kwa Cyenda, uyu mwaka, Isi yaranzwe n’ubushyuhe bukabije, kandi ko hari ibyago by’uko uyu mwaka ari wo waranzwe n’ubushyuhe bwinshi kurusha indi myaka.
Kuri uyu w’ejo hashize tariki ya 11/11/2024 nibwo iyi raporo yashyizwe hanze, aho yasohorewe mu mujyi wa Baku muri Azerbaijan, ubwo hatwngizwaga inama ya 29 y’umuryango w’Abibumbye yiga ku guhangana n’imihindagurukire y’ibihe, cop29.
Bivugwa ko iyi nama izarangira tariki ya 22/11/2024, aho izitabirwa n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize umuryango w’Abibumbye.