Hamenyekanye amabanga akomeye Israel iziranyeho na Amerika ku gitero giheruka .
Igitero cya gisirikare gikaze Israel iheruka ku gaba muri Iran kikagwamo abayobozi ba gisirikare ba Iran ngo cyari kwicirwamo n’umuyobozi wayo wo hejuru, Ayatollah Ali, ariko perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump abuza Israel yarigiye kubikora kuko yarimundorerwamo z’imbunda zayo.
Iki gitero igisirikare cya Israel (IDF) cyagabye muri Iran kigahitana abasirikare icyenda (9) bayo barimo n’umugaba mukuru w’Ingabo z’iki gihugu zirwanira mu kirere cyakozwe mu ijoro ryo ku wa gatanu w’icyumweru gishize.
Amakuru yatanzwe n’Abanyamerika avuga ko Israel iba yaracicyiyemo na Ayatollah Ali Khamenei, ngo kuko na we bari bamufite mu ndorerwamo z’imbunda zabo.
Icyatumye itamwica, ngo ni uko minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yasabye perezida Donald Trump uburenganzira, akabimubuza.
Mu busesenguzi bwakozwe, Israel irusha imbaraga Iran mu buryo bwose. Icyongeyeho ihigira kumara ubutegetsi bwayo burundu kuko ibufata nk’umwanzi wayo wo hejuru.
Aya makuru akomeza avuga ko misile zose Iran irasa kuri Israel zigira ibyo zisenya ariko ntacyo zahindura kuriyo, ngo kandi mu gihe yoramuka inakoresheje ibisasu byayo bya kirimbuzi yokoresha ibyo Iran itarabasha kugeraho.
Rero, mu gihe Iran itobasha gucisha make ishobora gusenywa burundu.
Ibisasu Iran yarashe ku cyumweru bimwe byaguye ku butaka ibindi bizimirizwa mu kirere.
Ndetse amakuru avuga ko hari misile ya Iran yaguye mugace ka Haifa igasenya n’icyambu kikabamo.
Ku manywa nyine yahar’ejo indege zose za drones Iran yohereje igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyazifatiye mu kirere.
Ahagana mu masaha y’ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa mbere, Iran yongeye kubarasaho mu mujyi wa Tel Aviv, Haifa na Ashklon. Ariko amakuru yizewe agaragaza ko ubwirinzi bwa Israel bwabishwanyaguje.
Nyamara, Iran imaze guhitana abantu 14 muri Israel mu bitero byibasiye inyubako zituwemo, n’ibindi bikorwa remezo. Ibisasu byo ku wa gatandatu byarashe ku ruganda ruyungurura petrol muri Israel, ku nzu z’ubushakashatsi n’ahandi.
Israel na yo yakomeje kugaba ibitero ku manywa ku mujyi wa Tehran n’ahandi hantu hatandukanye. Igisasu cyaguye kuri minisiteri y’ubutabera ya Iran.
Hagabwe igitero kandi ku kibuga cy’indege cya Mashhad mu Burasizuba bwa Iran , aho Israel ivuga ko yatwitse indege igemura petrol.
Iran ivuga ko Israel izahanwa cyane nikomeza kurasa ku butaka bwayo.
Trump yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, kuri iyi ntambara ya Israel na Iran. Hagati yabo bombi babuzanya kuyigiramo uruhare.
Iran ivuga ko ibitero bya Israel bimaze guhitana abantu bagera kuri 224 abandi 900 barakomereka. Muri Israel ingaruka ku buzima bw’abantu zigabanywa no kuba hari inzogera zivuga hakimara kumenyekana ko habaye igitero, abantu bakihindira mu bwihisho akenshi buri munsi y’ubutaka.
Israel yaburiye abaturage ba Tehran kwitwaza ibikorwa bya gisirikare kuko izayirasaho. Iran yasabye abaturage kujya bahungira mu misigiti.