• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye amakuru yimbitse kuri bombori bombori ivugwa muri Shikama Bukavu.

minebwenews by minebwenews
August 15, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye amakuru yimbitse kuri bombori bombori ivugwa muri Shikama Bukavu.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye amakuru yimbitse kuri bombori bombori ivugwa muri Shikama Bukavu.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni amakuru akubiye mu butumwa bwanditse bwahawe MCN, avuga ko impamvu abayobozi 4 beguye, bo muri Shikama Bukavu, byavuye ku kuba umuyobozi mukuru w’iyi Mutualite ya Bukavu yaranze ko muri aka gace hakorwa igikorwa cyo kw’ibuka Abanyamulenge baguye mu Gatumba mu 2004.

Uwitwa Jean Schier Muhamiriza, niwe perezida wa Mutualite y’Abanyamulenge i Bukavu, ubwo komite ye yamusabaga gutegura kw’ibuka Abanyamulenge baguye mu Gatumba, nk’uko Abanyamulenge bari hirya no hino ku isi bahora babitegura, ndetse n’aha i Bukavu bikaba byahoraga bikorwa uko umwaka utashye, we yarabyanze aratsemba.

Kugeza ubwo urubyiruko rwo muri Bukavu rw’Abanyamulenge, ruzwi nka Dynamique rwahise rutegura kw’ibuka aba Banyamulenge barenga 165 baguye mu Gatumba.

Ubu butumwa bwa hawe ubwanditsi bwa MCN, bukomeza buvuga ko “nyuma y’uko bwana Muhamiriza yari amaze kumenya ko urubyiruko rwateguye gukora icyunamo byanze bikunze, ko kandi bikorwa ku wa Kabiri tariki ya 13/08/2024, yahise yerekeza kwa Maya(Maire de la Ville ) w’umujyi wa Bukavu amubwira ko Abanyamulenge bateguye kugira ibyo bahungabanya muri uyu mujyi mugihe muzaba mwaberemereye kw’ibuka abaguye mu Gatumba.

Ibi byatumye Meya w’umujyi wa Bukavu ahamagarira Abanyamulenge baturiye uy’umujyi, kudakora icyunamo cy’abaguye mu Gatumba, kandi avuga ko mu gihe babikoze, abazabyitabira bose baza gukurikiranwa n’inzego zishinzwe umutekano.

Ariko, nk’uko aya makuru anabisobanura, uyu Jean Schier Muhamiriza, perezida wa Shikama Bukavu yahawe ruswa nabo bita ibipinga by’Abanyamulenge bituye i Kinshasa kugira ngo kw’ibuka abaguye mu Gatumba bidakorwe aha muri Bukavu. Ndetse kandi bikavugwa ko uyu Muhamiriza ko yari yemerewe guhabwa akazi keza muri Starek.

Ibi rero kandi ngo byigeze gukorerwa bwana Rukema kuri ubu wagizwe depite ku rwego rw’igihugu, aho nawe mu myaka itatu ishize, yasabwe kwanga gukora icyunamo nk’iki, cy’abaguye mu Gatumba bikarangira nawe abyanze n’ubundi nk’uko Jean Schier Muhamiriza yabigenje, ariko nanone aza kwamburwa umwanya yari afite wokuba yari suprean wa Gisaro, n’ubwo yaje guhabwa umwanya wokuba depite.

Kudakora icyunamo cy’abaguye mu Gatumba, byatumye abayobozi 4 begura muri iyi Mutualite y’Abanyamulenge i Bukavu, abo ni Nyirankomezi Esperence wari ushinzwe ikigega, Musore Etienne we akaba yari umunyamabanga mukuru, Muyumbe Hoga César yari umujanama na Rumenge Olivier.

Ibi byo kutavuga rumwe mu Banyamulenge, nubwo bishikiye baturiye i Bukavu, ariko ni umwuka mubi ugize igihe ubazengurukamo ahanini bikaba biva kuri politiki y’amacakubiri yo muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

                   MCN.
Tags: Bombori bomboriIbyimbitseShikama Bukavu
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Menya byinshi ku biganiro bigiye guhuza u Rwanda na Congo muri Angola.

Menya byinshi ku biganiro bigiye guhuza u Rwanda na Congo muri Angola.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?