Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye amakuru yimbitse kuri bombori bombori ivugwa muri Shikama Bukavu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 15, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye amakuru yimbitse kuri bombori bombori ivugwa muri Shikama Bukavu.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye amakuru yimbitse kuri bombori bombori ivugwa muri Shikama Bukavu.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Ni amakuru akubiye mu butumwa bwanditse bwahawe MCN, avuga ko impamvu abayobozi 4 beguye, bo muri Shikama Bukavu, byavuye ku kuba umuyobozi mukuru w’iyi Mutualite ya Bukavu yaranze ko muri aka gace hakorwa igikorwa cyo kw’ibuka Abanyamulenge baguye mu Gatumba mu 2004.

Uwitwa Jean Schier Muhamiriza, niwe perezida wa Mutualite y’Abanyamulenge i Bukavu, ubwo komite ye yamusabaga gutegura kw’ibuka Abanyamulenge baguye mu Gatumba, nk’uko Abanyamulenge bari hirya no hino ku isi bahora babitegura, ndetse n’aha i Bukavu bikaba byahoraga bikorwa uko umwaka utashye, we yarabyanze aratsemba.

Kugeza ubwo urubyiruko rwo muri Bukavu rw’Abanyamulenge, ruzwi nka Dynamique rwahise rutegura kw’ibuka aba Banyamulenge barenga 165 baguye mu Gatumba.

Ubu butumwa bwa hawe ubwanditsi bwa MCN, bukomeza buvuga ko “nyuma y’uko bwana Muhamiriza yari amaze kumenya ko urubyiruko rwateguye gukora icyunamo byanze bikunze, ko kandi bikorwa ku wa Kabiri tariki ya 13/08/2024, yahise yerekeza kwa Maya(Maire de la Ville ) w’umujyi wa Bukavu amubwira ko Abanyamulenge bateguye kugira ibyo bahungabanya muri uyu mujyi mugihe muzaba mwaberemereye kw’ibuka abaguye mu Gatumba.

Ibi byatumye Meya w’umujyi wa Bukavu ahamagarira Abanyamulenge baturiye uy’umujyi, kudakora icyunamo cy’abaguye mu Gatumba, kandi avuga ko mu gihe babikoze, abazabyitabira bose baza gukurikiranwa n’inzego zishinzwe umutekano.

Ariko, nk’uko aya makuru anabisobanura, uyu Jean Schier Muhamiriza, perezida wa Shikama Bukavu yahawe ruswa nabo bita ibipinga by’Abanyamulenge bituye i Kinshasa kugira ngo kw’ibuka abaguye mu Gatumba bidakorwe aha muri Bukavu. Ndetse kandi bikavugwa ko uyu Muhamiriza ko yari yemerewe guhabwa akazi keza muri Starek.

Ibi rero kandi ngo byigeze gukorerwa bwana Rukema kuri ubu wagizwe depite ku rwego rw’igihugu, aho nawe mu myaka itatu ishize, yasabwe kwanga gukora icyunamo nk’iki, cy’abaguye mu Gatumba bikarangira nawe abyanze n’ubundi nk’uko Jean Schier Muhamiriza yabigenje, ariko nanone aza kwamburwa umwanya yari afite wokuba yari suprean wa Gisaro, n’ubwo yaje guhabwa umwanya wokuba depite.

Kudakora icyunamo cy’abaguye mu Gatumba, byatumye abayobozi 4 begura muri iyi Mutualite y’Abanyamulenge i Bukavu, abo ni Nyirankomezi Esperence wari ushinzwe ikigega, Musore Etienne we akaba yari umunyamabanga mukuru, Muyumbe Hoga César yari umujanama na Rumenge Olivier.

Ibi byo kutavuga rumwe mu Banyamulenge, nubwo bishikiye baturiye i Bukavu, ariko ni umwuka mubi ugize igihe ubazengurukamo ahanini bikaba biva kuri politiki y’amacakubiri yo muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

                   MCN.
Tags: Bombori bomboriIbyimbitseShikama Bukavu
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Menya byinshi ku biganiro bigiye guhuza u Rwanda na Congo muri Angola.

Menya byinshi ku biganiro bigiye guhuza u Rwanda na Congo muri Angola.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?