Hamenyekanye andi makuru yimbitse avuga ku rupfu rw’Umunyamulenge, Harera Biganiro Patrick, wicyiwe mu gihugu cy’u Burundi.
Ni bikubiye mu makuru Minembwe Capital News yahawe n’umwe mu Banyamulenge wabanye na nyakwigendera, Biganiro Patrick, ndetse akaba ari muri bamwe bakurikiranye uko yafashwe nyuma y’uko yari amaze kwambuka ava i Buvira muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Avuga ko Biganiro Patrick Harera yari asanzwe ari umuntu ukora business ndetse ko no mugihe yambutse ava i Buvira yari agiye gukomereza akazi ke mu gihugu cy’u Burundi.
Yavuze ko yambutse ava muri Congo aja i Bujumbura igihe cya COVID-19, ariko akaba yaranyuze inzira za magendu. Akimara kwa mbuka ku butaka bw’igihugu cy’u Burundi yafashwe na polisi n’imbonerakure zikorera ishyaka riri ku butegetsi bwa Gitega.
Mu nyandiko zanyujijwe ku mbuga nkoranya mbaga za Whatsapp zigaragaza ko nyakwigendera yaburiwe irengero kuva ku itariki ya 22/06/ 2020.
Zikomeza zivuga ko nyuma y’uko Harera amaze gutabwa muri yombi n’imbonerakure hamwe n’igipolisi cy’u Burundi, telephone ye, yitabaga igihe kimwe ubundi ikabura kandi n’igihe y’itabye ntigaragaze aho ari hubwo ikavuga gusa ko ahari kandi afitwe n’imbonerakure.
Abari bamufite basabaga amafaranga kandi na nyakwigendera yari yarabahaye ifaranga ninshi kuko ava Uvira yagiye yagurishije imodoka ze zibiri kugirango aje gukomereza ibikorwa by’u bucuruzi bye i Bujura.
Muri zanyandiko ziri kunyuzwa ku mbuga za Whatsapp zigira ziti: “Kuva icyo gihe hakoreshejwe imbaraga nyinshi zo ku mushakisha, ngo tumenye ko akibaho cyangwa niba yarapfuye.”
Ahagana muri uku kwezi turimo n’ibwo umwe mu bategetsi bari muri system y’ubutegetsi buri ku ngoma mu gihugu cy’u Burundi yatanze amakuru ko Harera Biganiro atakiri mu bazima ko ahubwo yishwe ku itariki ya 24/01/2024, ko kandi yishwe igihe c’isaha umunani z’ijoro.
Uwatanze iy’i nkuru yagize ati: “Biganiro yishwe n’imbonerakure z’u Burundi. biganiro yazize ubwoko bwe kandi yazize no kuba baramwatse amafaranga menshi abamwishe batinya ko bozoja kuyabazwa.”
Kimweho muri ziriya nyandiko zanyujijwe ku mbuga za Whatsapp haraho zigira ziti: “Ku wa Kane tariki ya 11/04/2024 nibwo twamenye amakuru ya kababaro ko Harera ya pfuye kwitariki ya 24/01/2024, ni saaha umunani z’i joro, rero tukaba tubamenyesheje ko Harera Biganiro atakiri kuri iy’isi, yapfuye urupfu rutunguranye.”
MCN.
Ikiziga cye se nacyo ntibokwemera ngo bagihe umuryango we?