Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye ibindi byimbitse ku rupfu rw’Umunyamulenge, Harera Biganiro, wicyiwe mu gihugu cy’u Burundi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 13, 2024
in Regional Politics
1
Hamenyekanye ibindi byimbitse ku rupfu rw’Umunyamulenge, Harera Biganiro, wicyiwe mu gihugu cy’u Burundi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye andi makuru yimbitse avuga ku rupfu rw’Umunyamulenge, Harera Biganiro Patrick, wicyiwe mu gihugu cy’u Burundi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni bikubiye mu makuru Minembwe Capital News yahawe n’umwe mu Banyamulenge wabanye na nyakwigendera, Biganiro Patrick, ndetse akaba ari muri bamwe bakurikiranye uko yafashwe nyuma y’uko yari amaze kwambuka ava i Buvira muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Avuga ko Biganiro Patrick Harera yari asanzwe ari umuntu ukora business ndetse ko no mugihe yambutse ava i Buvira yari agiye gukomereza akazi ke mu gihugu cy’u Burundi.

Yavuze ko yambutse ava muri Congo aja i Bujumbura igihe cya COVID-19, ariko akaba yaranyuze inzira za magendu. Akimara kwa mbuka ku butaka bw’igihugu cy’u Burundi yafashwe na polisi n’imbonerakure zikorera ishyaka riri ku butegetsi bwa Gitega.

Mu nyandiko zanyujijwe ku mbuga nkoranya mbaga za Whatsapp zigaragaza ko nyakwigendera yaburiwe irengero kuva ku itariki ya 22/06/ 2020.

Zikomeza zivuga ko nyuma y’uko Harera amaze gutabwa muri yombi n’imbonerakure hamwe n’igipolisi cy’u Burundi, telephone ye, yitabaga igihe kimwe ubundi ikabura kandi n’igihe y’itabye ntigaragaze aho ari hubwo ikavuga gusa ko ahari kandi afitwe n’imbonerakure.

Abari bamufite basabaga amafaranga kandi na nyakwigendera yari yarabahaye ifaranga ninshi kuko ava Uvira yagiye yagurishije imodoka ze zibiri kugirango aje gukomereza ibikorwa by’u bucuruzi bye i Bujura.

Muri zanyandiko ziri kunyuzwa ku mbuga za Whatsapp zigira ziti: “Kuva icyo gihe hakoreshejwe imbaraga nyinshi zo ku mushakisha, ngo tumenye ko akibaho cyangwa niba yarapfuye.”

Ahagana muri uku kwezi turimo n’ibwo umwe mu bategetsi bari muri system y’ubutegetsi buri ku ngoma mu gihugu cy’u Burundi yatanze amakuru ko Harera Biganiro atakiri mu bazima ko ahubwo yishwe ku itariki ya 24/01/2024, ko kandi yishwe igihe c’isaha umunani z’ijoro.

Uwatanze iy’i nkuru yagize ati: “Biganiro yishwe n’imbonerakure z’u Burundi. biganiro yazize ubwoko bwe kandi yazize no kuba baramwatse amafaranga menshi abamwishe batinya ko bozoja kuyabazwa.”

Kimweho muri ziriya nyandiko zanyujijwe ku mbuga za Whatsapp haraho zigira ziti: “Ku wa Kane tariki ya 11/04/2024 nibwo twamenye amakuru ya kababaro ko Harera ya pfuye kwitariki ya 24/01/2024, ni saaha umunani z’i joro, rero tukaba tubamenyesheje ko Harera Biganiro atakiri kuri iy’isi, yapfuye urupfu rutunguranye.”

            MCN.
Tags: IbyimbitseKu rupfu rw'Umunyamulenge Harera Biganiro PatrickWicyiwe mu gihugu cy'u Burundi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Jose Bemba wari uzwi mu barinzi barinda umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yapfuye urupfu ruteye agahinda.

Jose Bemba wari uzwi mu barinzi barinda umukuru w'igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yapfuye urupfu ruteye agahinda.

Comments 1

  1. Butoto says:
    1 year ago

    Ikiziga cye se nacyo ntibokwemera ngo bagihe umuryango we?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?