Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hamenyekanye icyatumye Wazalendo basubiranamo na FARDC i Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 24, 2025
in Conflict & Security
0
Goma: Igitero FARDC n’abambari bayo baraye bagabye kuri AFC/M23, yakibahereyemo isomo rikomeye.
90
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye icyatumye Wazalendo basubiranamo na FARDC i Uvira.

You might also like

Goma: Bintou Keita yahuye n’abayobozi ba AFC/M23.

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.

Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo(FARDC) zasubiranyemo n’ihuriro rya Wazalendo nyuma y’aho FARDC yishe umwe mu bakomanda wo muri iri huriro rya Wazalendo.

Wazalendo ni ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro y’Abanye-kongo, ahanini igwiriyemo abavuye muri Mai Mai n’indi iyishamikiyeho.

Ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano mu mpera z’umwaka wa 2021, ni bwo iriya mitwe yishyize hamwe mu cyiswe Wazalendo ifatikanya n’ingabo z’iki gihugu kurwanya uyu mutwe wa M23.
Gusa ntacyo byafashije kuko uyu mutwe wakomeje kuzengereza ubutegetsi bw’i Kinshasa. Kandi ukomeza no kwigarurira ibice byinshi birimo ko wafashe n’imijyi ikomeye irimo uwa Goma n’uwa Bukavu mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Uko uyu mutwe ukomeza kwagura ibirindiro byawo, ni nako ririya huriro rya Wazalendo risubiranamo na FARDC.

Hari amakuru yagiye atangwa n’inzego z’umutekano za Congo agaragaza ko Wazalendo gusubiranamo kwayo n’ingabo z’iki gihugu, ahanini biva kukuba buri ruhande rushinja urwabo kuba nyiribayazana wo kwamburwa ibirindiro bikigarurirwa na M23. Kuko isubiranamo ry’izi mpande zombi byatangiye kuva mu myaka ibiri ishyize.

Ni muri ubwo buryo no muri iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kane tariki ya 24/04/2025, izi mpande zombi zaraye zirwanye i Uvira, nyuma y’aho FARDC yarimaze kwica umwe mu bakomanda wo muri Wazalendo.

Amakuru akavuga ko uwo mukomanda FARDC yamwishe imusanze aho yakoreraga mu mujyi wa Uvira.

Ni amakuru akomeza avuga ko mbere yuko uwo mukomanda yicwa, FARDC yabanje gusaba Wazalendo kuva muri Uvira bakajya mu misozi ya Uvira, ngo kuko ari bo bahateza umutekano muke, kandi ko kuhaguma kwabo bishobora gutuma M23 ihigarurira. Ibi Wazalendo barabyanze akaba ari nayo nkomoko y’imirwano igikomeje n’ubu.

Ubuhamya bugira buti: “Imirwano n’aka kanya irimo kuba. Turi kumva imbunda mu mujyi rwagati wa Uvira.”

Ubuhamya bukomeza bugira buti: “Imirwano yatangiye nyuma y’aho FARDC yishe umukomando wo muri Wazalendo. Yamwishe mu ijoro.”

Iyi mirwano yo gusubiranamo kwa Wazalendo na FARDC, ije ikurikira indi iheruka mu mpera z’ukwezi gushize, aho yo ari Wazalendo basubiranyemo ubwabo bonyine. Kuko harwanaga uruhande ruyobowe na Makanaki n’uruyobowe na Rene.

Iki gice cya Uvira barwaniramo, n’icyo cyimuriwemo ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yuko M23 ifashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara.

Tags: BasubiranyemoFardcUviraWazalendo
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Goma: Bintou Keita yahuye n’abayobozi ba AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Goma: Bintou Keita yahuye n’abayobozi ba AFC/M23.

Goma: Bintou Keita yahuye n'abayobozi ba AFC/M23. Intumwa y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yahuye n'abayobozi ba kuru bihuriro rya Alliance Fleuve...

Read moreDetails

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Havuzwe amakuru yateye icyikango abatuye i Kaziba.

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw'i Mulenge. Ihuriro ry'Ingabo zirwanirira ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, za zindutse zitera ibisasu...

Read moreDetails

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kuvaho abarwanirira RDC bahungiye Uvira umubare wabo bamaze kuhicira wamenyekanye.

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira. Umugabo uri mukigero cy'imyaka 25 y'amavuko, umwirondoro we utaramenyekana neza, basanze aho yiciwe mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo....

Read moreDetails

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y'ubwato. Amato abiri yakoze impanuka mu kiyaga cya Tumba mu ntara ya Equateur, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, hapfa abantu 32. Ni...

Read moreDetails

Iby’uruzinduko rw’umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Iby’uruzinduko rw’umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23.

Iby'uruzinduko rw'umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23. Umuyobozi wa MONUSCO muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, yageze i Goma mu Burasirazuba bw'iki gihugu, hagenzurwa...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yatangije operasiyo idasanzwe ku ihuriro ry’ingabo za Congo.

Gira ibyo umenya ku mitego RDC yagiye itega AFC/M23 na yo ikayivumbura.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?