• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, September 5, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hamenyekanye icyatumye Wazalendo basubiranamo na FARDC i Uvira.

minebwenews by minebwenews
April 24, 2025
in Conflict & Security
0
Goma: Igitero FARDC n’abambari bayo baraye bagabye kuri AFC/M23, yakibahereyemo isomo rikomeye.
90
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye icyatumye Wazalendo basubiranamo na FARDC i Uvira.

You might also like

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo(FARDC) zasubiranyemo n’ihuriro rya Wazalendo nyuma y’aho FARDC yishe umwe mu bakomanda wo muri iri huriro rya Wazalendo.

Wazalendo ni ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro y’Abanye-kongo, ahanini igwiriyemo abavuye muri Mai Mai n’indi iyishamikiyeho.

Ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano mu mpera z’umwaka wa 2021, ni bwo iriya mitwe yishyize hamwe mu cyiswe Wazalendo ifatikanya n’ingabo z’iki gihugu kurwanya uyu mutwe wa M23.
Gusa ntacyo byafashije kuko uyu mutwe wakomeje kuzengereza ubutegetsi bw’i Kinshasa. Kandi ukomeza no kwigarurira ibice byinshi birimo ko wafashe n’imijyi ikomeye irimo uwa Goma n’uwa Bukavu mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Uko uyu mutwe ukomeza kwagura ibirindiro byawo, ni nako ririya huriro rya Wazalendo risubiranamo na FARDC.

Hari amakuru yagiye atangwa n’inzego z’umutekano za Congo agaragaza ko Wazalendo gusubiranamo kwayo n’ingabo z’iki gihugu, ahanini biva kukuba buri ruhande rushinja urwabo kuba nyiribayazana wo kwamburwa ibirindiro bikigarurirwa na M23. Kuko isubiranamo ry’izi mpande zombi byatangiye kuva mu myaka ibiri ishyize.

Ni muri ubwo buryo no muri iri joro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kane tariki ya 24/04/2025, izi mpande zombi zaraye zirwanye i Uvira, nyuma y’aho FARDC yarimaze kwica umwe mu bakomanda wo muri Wazalendo.

Amakuru akavuga ko uwo mukomanda FARDC yamwishe imusanze aho yakoreraga mu mujyi wa Uvira.

Ni amakuru akomeza avuga ko mbere yuko uwo mukomanda yicwa, FARDC yabanje gusaba Wazalendo kuva muri Uvira bakajya mu misozi ya Uvira, ngo kuko ari bo bahateza umutekano muke, kandi ko kuhaguma kwabo bishobora gutuma M23 ihigarurira. Ibi Wazalendo barabyanze akaba ari nayo nkomoko y’imirwano igikomeje n’ubu.

Ubuhamya bugira buti: “Imirwano n’aka kanya irimo kuba. Turi kumva imbunda mu mujyi rwagati wa Uvira.”

Ubuhamya bukomeza bugira buti: “Imirwano yatangiye nyuma y’aho FARDC yishe umukomando wo muri Wazalendo. Yamwishe mu ijoro.”

Iyi mirwano yo gusubiranamo kwa Wazalendo na FARDC, ije ikurikira indi iheruka mu mpera z’ukwezi gushize, aho yo ari Wazalendo basubiranyemo ubwabo bonyine. Kuko harwanaga uruhande ruyobowe na Makanaki n’uruyobowe na Rene.

Iki gice cya Uvira barwaniramo, n’icyo cyimuriwemo ibiro bikuru by’intara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yuko M23 ifashe umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara.

Tags: BasubiranyemoFardcUviraWazalendo
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z'u Burundi ziri guteza akajagari I Mulenge muri Kivu y'Amajyepfo biravugwa ko hiriwe ituze, usibye ko ku Ndondo ya...

Read moreDetails

Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake

Ebola yongeye kwa duka muri RDC ikaba inamaze guhitana abatari bake Icyorezo cya Ebola cyongeye kwa duka muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikaba imaze no guhitana abantu...

Read moreDetails

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w'ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira Abarwanyi bibumbiye mu cyiswe Wazalendo bakorana byahafi n'u Butegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo z’u Burundi zayigabyeho igitero mu Mikenke

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo z’u Burundi zayigabyeho igitero mu Mikenke

Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo z'u Burundi zayigabyeho igitero mu Mikenke Nyuma y'aho Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ku bufatanye n'iz'u Burundi hamwe n'imitwe yitwaje intwaro irimo...

Read moreDetails

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n'Ingabo z'u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ririmo FARDC, FDLR, ingabo z'u...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yatangije operasiyo idasanzwe ku ihuriro ry’ingabo za Congo.

Gira ibyo umenya ku mitego RDC yagiye itega AFC/M23 na yo ikayivumbura.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?