Hamenyekanye icyo abaturage bari gukora nyuma y’aho m23 ifashe umujyi wa Walikale.
Abaturage benshi bakomeje kwisuka muri centre ya Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demokarasi ya Congo nyuma y’aho higaruriwe n’umutwe wa m23.
Walikale centre iherereye ku muhanda wa RN3 uva i Bukavu ugakomeza mu burengerazuba, iyi centre iri mu ntera y’i birometero 400 uvuye mu mujyi wa Kisangani wo mu ntara ya Tshopo.
Ahagana tariki ya 20/03/2025, ni bwo m23 yafashe Walikale centre nyuma yo kuyirukanamo ingabo za Congo n’abambari bazo.
Imirwano uyu mutwe warwanye yo gufata iki gice yayitangiye mu cyumweru gishize, kuko nibwo abarwanyi b’uyu mutwe batangiye gufata inkengero zayo, zirimo Kashebere, Mpofi na Mubanda.
Ubwo uyu mutwe wafataga Walikale centre, abaturage barahunze berekeza mu bice bigenzurwa n’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa.
Ariko amakuru ava muri ibyo bice arahamya ko bariya baturage bose bari barahunze bongeye kugaruka mu ngo no mu masambu yabo aha muri centre ya Walikale.
Ni mu gihe izi ngabo za Leta zatsinzwe ruriya rugamba rwo muri centre ya Walikale, ari zo zagize uruhare mu busahuzi no gufata abagore ku ngufu, nk’uko byatangajwe na sosiyete sivili ya Walikale.
Ubwo bugizi bwa nabi bwakorewe cyane abaturage bari ahitwa i Mubi, Ndjingala, Logu, Biruwe, Makana na Kangama, kugeza ku mupaka uhuza intara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iya Manyema.
Ubundi kandi ubuyobozi bw’umutwe wa m23 bwasabye abahunze gutaha no gusubukura ibikorwa bibateza imbere, bubizeza ko ibice uyu mutwe ugenzura bifite umutekano kurusha ibigenzurwa n’ingabo za Congo.
Iyi teritware ya Walikale yibitseho ubutunzi kamere bwiganjemo cyane cyane amabuye y’agaciro, arimo Tin/Etain , izwiho gukora ibyuma byihariye bikoreshwa mu gukora ibintu bitandukanye.
Zikora kandi za bateri, za telephone, ibyuma by’imodoka, ibirahure by’imodoka, utwuma tw’ubuvuzi bwamenyo n’ibindi.
Mbere gato yuko uyu mutwe ufata Walikale centre, ikompanyi ya Alphamin, imwe mu zicukura Tin/Etain zikomeye ku isi yahagaritse by’agateganyo ibikorwa byayo mu birombe biri ahitwa Bisie muri Walikale.