• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 17, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Hamenyekanye icyo abaturage bari gukora nyuma y’aho m23 ifashe umujyi wa Walikale.

minebwenews by minebwenews
March 22, 2025
in Conflict & Security
0
Hamenyekanye icyo abaturage bari gukora nyuma y’aho m23 ifashe umujyi wa Walikale.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye icyo abaturage bari gukora nyuma y’aho m23 ifashe umujyi wa Walikale.

Abaturage benshi bakomeje kwisuka muri centre ya Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demokarasi ya Congo nyuma y’aho higaruriwe n’umutwe wa m23.

READ ALSO

Martin Fayulu Yashyize Hanze Ibyamubayeho mu Myigaragambyo ya C64; Anagaragaza Ibyo Yasabye Abapolisi

RDC : L’Assemblée nationale rejette la participation de l’AFC/M23 au dialogue national et fixe une ligne rouge

Walikale centre iherereye ku muhanda wa RN3 uva i Bukavu ugakomeza mu burengerazuba, iyi centre iri mu ntera y’i birometero 400 uvuye mu mujyi wa Kisangani wo mu ntara ya Tshopo.

Ahagana tariki ya 20/03/2025, ni bwo m23 yafashe Walikale centre nyuma yo kuyirukanamo ingabo za Congo n’abambari bazo.

Imirwano uyu mutwe warwanye yo gufata iki gice yayitangiye mu cyumweru gishize, kuko nibwo abarwanyi b’uyu mutwe batangiye gufata inkengero zayo, zirimo Kashebere, Mpofi na Mubanda.

Ubwo uyu mutwe wafataga Walikale centre, abaturage barahunze berekeza mu bice bigenzurwa n’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa.

Ariko amakuru ava muri ibyo bice arahamya ko bariya baturage bose bari barahunze bongeye kugaruka mu ngo no mu masambu yabo aha muri centre ya Walikale.

Ni mu gihe izi ngabo za Leta zatsinzwe ruriya rugamba rwo muri centre ya Walikale, ari zo zagize uruhare mu busahuzi no gufata abagore ku ngufu, nk’uko byatangajwe na sosiyete sivili ya Walikale.

Ubwo bugizi bwa nabi bwakorewe cyane abaturage bari ahitwa i Mubi, Ndjingala, Logu, Biruwe, Makana na Kangama, kugeza ku mupaka uhuza intara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iya Manyema.

Ubundi kandi ubuyobozi bw’umutwe wa m23 bwasabye abahunze gutaha no gusubukura ibikorwa bibateza imbere, bubizeza ko ibice uyu mutwe ugenzura bifite umutekano kurusha ibigenzurwa n’ingabo za Congo.

Iyi teritware ya Walikale yibitseho ubutunzi kamere bwiganjemo cyane cyane amabuye y’agaciro, arimo Tin/Etain , izwiho gukora ibyuma byihariye bikoreshwa mu gukora ibintu bitandukanye.

Zikora kandi za bateri, za telephone, ibyuma by’imodoka, ibirahure by’imodoka, utwuma tw’ubuvuzi bwamenyo n’ibindi.

Mbere gato yuko uyu mutwe ufata Walikale centre, ikompanyi ya Alphamin, imwe mu zicukura Tin/Etain zikomeye ku isi yahagaritse by’agateganyo ibikorwa byayo mu birombe biri ahitwa Bisie muri Walikale.

Tags: AbaturageguhungukaWalikale

Related Posts

Martin Fayulu Yashyize Hanze Ibyamubayeho mu Myigaragambyo ya C64; Anagaragaza Ibyo Yasabye Abapolisi
Conflict & Security

Martin Fayulu Yashyize Hanze Ibyamubayeho mu Myigaragambyo ya C64; Anagaragaza Ibyo Yasabye Abapolisi

September 17, 2026
Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yanze uruhare rwa AFC/M23 mu biganiro by’Abanyekongo, ishyiraho umurong
Conflict & Security

RDC : L’Assemblée nationale rejette la participation de l’AFC/M23 au dialogue national et fixe une ligne rouge

September 17, 2026
Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yanze uruhare rwa AFC/M23 mu biganiro by’Abanyekongo, ishyiraho umurong
Conflict & Security

Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yanze uruhare rwa AFC/M23 mu biganiro by’Abanyekongo, ishyiraho umurong

September 17, 2026
RDC: Imirwano Ikomeye muri Masisi na Kalehe, Abaturage Batangiye Guhunga Imihana Yabo
Conflict & Security

RDC: Imirwano Ikomeye muri Masisi na Kalehe, Abaturage Batangiye Guhunga Imihana Yabo

September 17, 2026
RDC: Ibitero bya Drone mu Rugezi Mu gihe FARDC, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi Bavugwaho Imyiteguro ya Gisirikare
Conflict & Security

RDC : Des frappes de drones signalées à Rugezi alors que les FARDC, les Wazalendo et l’armée burundaise seraient engagés dans des préparatifs militaires

September 17, 2026
RDC: Ibitero bya Drone mu Rugezi Mu gihe FARDC, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi Bavugwaho Imyiteguro ya Gisirikare
Conflict & Security

RDC: Ibitero bya Drone mu Rugezi Mu gihe FARDC, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi Bavugwaho Imyiteguro ya Gisirikare

September 17, 2026
Next Post

Umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw'i Kinshasa watangaje agahenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Martin Fayulu Yashyize Hanze Ibyamubayeho mu Myigaragambyo ya C64; Anagaragaza Ibyo Yasabye Abapolisi
  • RDC : L’Assemblée nationale rejette la participation de l’AFC/M23 au dialogue national et fixe une ligne rouge
  • Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yanze uruhare rwa AFC/M23 mu biganiro by’Abanyekongo, ishyiraho umurong
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?