• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 30, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye icyo perezida Tshisekedi n’umuryango wa Habyarimana bagiye gukora mukudurumbanya umutekano w’u Rwanda

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 30, 2025
in Regional Politics
0
Hamenyekanye icyo perezida Tshisekedi n’umuryango wa Habyarimana bagiye gukora mukudurumbanya umutekano w’u Rwanda
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye icyo perezida Tshisekedi n’umuryango wa Habyarimana bagiye gukora mukudurumbanya umutekano w’u Rwanda

You might also like

I Burundi hikanzwe coup d’etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira

Igikomangomakazi, umukobwa wa nyuma w’Umwami Musinga yatabarutse

Bisimwa yaburiye u Burundi bukomeje kwivanga mu Byabanyamulenge, avuga n’ikigiye gukurikiraho ni ba butumvise

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo n’umuryango wa Habyarimana bemezanyije gutangira kubaka umutwe wa FDLR, mu mugambi wo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Umuryango wa Habyarimana kuri ubu utuye mu gihugu cy’u Bufaransa.
Uyu mugambi Tshisekedi yinjiyemo n’umuryango wa Habyarimana wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda babinyujije muri FDLR, unyuranyije n’amasezerano y’amahoro u Rwanda na RDC byagiranye mu kwezi kwa 6 uyu mwaka wa 2025.

Ni amasezerano ibihugu byombi byagiranye bibifashijwemo na Leta ya Amerika, aho n’ibiganiro byabahuje byabereye i Washington DC.

Aya makuru akomeza avuga ko perezida Felix Tshisekedi n’umuryango wa Habyarimana bateganya guha FDLR ibikoresho bya gisirikare bihagije, ubundi kandi banayifashe kubona abarwanyi, ndetse banayishakire ubuyobozi bushya.

Nk’uko binavugwa nuko umuhungu wa Habyarimana, Jean Luc Habyarimana ari we uzayobora uwo mutwe.

Umuntu wa hafi ya perezida Felix Tshisekedi yatangaje ko ubutegetsi bwe buri gukorana byahafi na Jean Luc Habyarimana, ndetse n’ihuriro rya RNC riyoborwa na Kayumba Nyamwasa n’iryiyita ‘guverinoma y’u Rwanda’ riyobowe na Thomas Nahimana wabaye Padili.

I Kinshasa hateganyijwe inama yo kurwego rwo hejuru izaba mu ntangiriro z’uyu mwaka utaha, izahuza abantu bo mu mitwe yiterabwoba ivuga ko itavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda. Ni nama bivugwa ko bazaremeramo ihuriro rizabahuza bose rifite n’igisirikare gishobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kugira ngo iyi nama izabe, RDC iteganya gushakira inzandiko zinzira abazayitabira zizabageza i Kinshasa, mukuzishaka ikazifashisha ambasade yayo iri muri Africa y’Epfo.

Muri uku kwezi turimo, ahagana mu ntangiriro zako abagize iyi mitwe yiterabwoba bahuriye mu mujyi wa Cap Town muri Afrika y’Epfo. Inama iyoborwa na Jean Luc Habyarimana wayitabiriye yifashishije ikorana buhanga kubera impungenge z’umutekano.

Ni nama yaganiriwemo ingingo yo gushaka abanyamuryango bashya no gukangurira Abanyarwanda baba mu mahanga gushyigikira ihuriro ry’iyi mitwe.

Tshisekedi abona ko Jean Luc Habyarimana ari we muntu wayobora iri huriro, hashingiwe ku mateka afite nk’umwana w’uwayoboye u Rwanda. Ahamya ko ari we washobora guhuza abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ariko nanone si bwo bwa mbere Tshisekedi agerageza guhuza aba bantu kugira ngo bahindure u butegetsi bw’i Kigali, mu mwaka wa 2024, Jean Luc Habyarimana yagiye i Kinshasa mu ibanga, ahura n’abantu ba hafi ya Tshisekedi n’abo mu nzego z’umutekano, baganira ku gushyigikira FDLR.

Nyuma kandi RDC yagaragaje ko ishaka kwakira abajenosideri b’Abanyarwanda bacumbikiwe muri Niger, barimo Captain Innocent Sagahutu, wagerageje kwinjira muri FDLR mu 2017 ariko ntibyakunda kuko byahise bimenyekana.

Muri uyu mwaka, Thomas Nahimana uri mubazitabira iyi nama yo mu 2026 yagiye muri RDC no mu Burundi. Amakuru agaragaza ko ubwo yari i Kinshasa, yahuye n’abo hafi na Tshisekedi, aganira na bo ndetse na bo muri FDLR.

Ni urugendo yaneterewemo inkunga n’ubutegetsi bw’i Kinshasa ingana n’ibihumbi 10 by’amadolari y’Amerika mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa bye na bagenzi be.

Mu mpera z’umwaka wa 2023, Tshisekedi yatangaje ko azakuraho ubutegetsi bw’i Kigali, anavuga ko yiteguye gushyigikira Abanyarwanda bashaka impinduka.

U Rwanda rwagaragaje ko ruzi imigambi mibi FDLR n’ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi birufiteho, rufata icyemezo cyo gukaza ingamba z’ubwirinzi ku mupaka, rusobanura ko zizagumaho mu gihe rukibona ko hari ibishobora kuruhungabanya.

Tags: FDLRHabyarimana Jean LucTshisekedi
Share29Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

I Burundi hikanzwe coup d’etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira

by Bahanda Bruce
October 30, 2025
0
I Burundi hikanzwe coup d’etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira

I Burundi hikanzwe coup d'etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye, yasubitse uruzinduko yagombaga kugirira i Paris mu Bufaransa, nyuma y'uko amenye ko...

Read moreDetails

Igikomangomakazi, umukobwa wa nyuma w’Umwami Musinga yatabarutse

by Bahanda Bruce
October 28, 2025
0
Igikomangomakazi, umukobwa wa nyuma w’Umwami Musinga yatabarutse

Igikomangomakazi, umukobwa wa nyuma w'Umwami Musinga yatabarutse Igikomangomakazi Speciose Mukabayojo, umukobwa w'Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda, yatabarutse ku myaka 93. Ni amakuru yemejwe n'abo mu muryango...

Read moreDetails

Bisimwa yaburiye u Burundi bukomeje kwivanga mu Byabanyamulenge, avuga n’ikigiye gukurikiraho ni ba butumvise

by Bahanda Bruce
October 27, 2025
0
Bisimwa yaburiye u Burundi bukomeje kwivanga mu Byabanyamulenge, avuga n’ikigiye gukurikiraho ni ba butumvise

Bisimwa yaburiye u Burundi bukomeje kwivanga mu Byabanyamulenge, avuga n'ikigiye gukurikiraho ni ba butumvise Perezida w'umutwe wa M23 akaba n'umuhuza bikorerwa wungirije wa AFC/M23/MRDP-Twirwaneho, yabwiye perezida w'u Burundi,...

Read moreDetails

Umuvugizi wa FARDC yagize icyavuga ku wica iyubahirizwa ry’agahenge hagati ya bo na AFC/M23/MRDP

by Bahanda Bruce
October 26, 2025
0
Umuvugizi wa FARDC yagize icyavuga ku wica iyubahirizwa ry’agahenge hagati ya bo na AFC/M23/MRDP

Umuvugizi wa FARDC yagize icyavuga ku wica iyubahirizwa ry'agahenge hagati ya bo na AFC/M23/MRDP Umuvugizi w'igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Major General Sylvain Ekenge, yatangaje ko...

Read moreDetails

“Abenshi muri aba basirikare b’u Burundi mu bona ni FDLR-” ibyavuzwe na Girinka

by Bahanda Bruce
October 26, 2025
0
Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

"Abenshi muri aba basirikare b'u Burundi mu bona ni FDLR-"ibyavuzwe na Girinka Girinka Kabare William umwe mu basesenguzi b'i Mulenge, yagaragaje ko mu ngabo z'u Burundi zigize iminsi...

Read moreDetails
Next Post
I Burundi hikanzwe coup d’etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira

I Burundi hikanzwe coup d'etat bituma Ndayishimiye asubika uruzinduko yagombaga kugira

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?