• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Nduhungirehe Yanenze Ukubogama k’Umunyamakuru Wa France 24 Wagiranye Ikiganiro na Massad Boulos

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 17, 2026
in Regional Politics
0
Nduhungirehe Yanenze Ukubogama k’Umunyamakuru Wa France 24 Wagiranye Ikiganiro na Massad Boulos
69
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nduhungirehe Yanenze Ukubogama k’Umunyamakuru Wa France 24 Wagiranye Ikiganiro na Massad Boulos

You might also like

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko atishimiye uburyo umunyamakuru wa France 24, Marc Perelman, yagaragaje ukubogama mu kiganiro yagiranye na Massad Boulos, umujyanama mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ubufatanye na Afurika.

Ni igisubizo Nduhungirehe yatanze kuri uyu wa kabiri, tariki ya 17/02/2026, ubwo yasabwaga gutanga ibitekerezo ku kiganiro cyasohotse ku mbuga nkoranyambaga. Minisitiri yavuze ko atitaye ku buryo abanyamakuru bagerageza kwigaragaza cyangwa gushyira urwego rw’igihugu mu mwanya mubi.

Yagize ati:
“Uzanyibutse kukubwira uko mbyumva ubwo hazaba habaye ikiganiro kitabogamye cy’umunyamakuru wa France 24. Sinshishikajwe n’uburyo bwo gushaka kwigaragaza kw’abanyamakuru/impirimbanyi bahora batekereza u Rwanda.”

Tariki ya 04/12/2025, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byagiranye amasezerano y’amahoro yashyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko kugeza ubu ntiyubahirijwe, mu gihe aya masezerano yashimangiraga andi yari yasinywe tariki ya 27/06/2025.

Mu kiganiro cyasohotse tariki ya 16/02/2026, Perelman yabajije Boulos ku musaruro w’aya masezerano, asubiza ko ari intangiriro y’urugendo ruganisha akarere ku mahoro. Boulos yavuze ko iyo amasezerano atubahirijwe, ibintu birusheho kuzamba kurushaho.

Yagize ati:
“Kuva mu ntangiriro twavuze ko amasezerano y’amahoro ya Washington atari iherezo, ahubwo ari intangiriro. Amaherezo azaba amahoro yuzuye n’umutekano mu karere, ariko urwo ni urugendo ruzatwara igihe.”

Boulos yasobanuye ko ibyiza by’aya masezerano ari uko yubakiye ku bisubizo bigamije gukemura buri ngingo y’amakimbirane, kandi ko azunganirwa na gahunda ya Doha, ihuza Leta ya RDC n’ihuriro AFC/M23, ishyigikiwe na Amerika n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Yongeyeho ko:
“Iyo gahunda iratwunganira kuko igamije gukemura ibibazo biri hagati ya M23 na Leta ya RDC. Ibi rero ntibiri mu masezerano ya Washington. Aya masezerano ari hagati y’u Rwanda na RDC.”

Leta ya RDC yashinje u Rwanda kurenga ku masezerano nyuma y’aho abarwanyi ba AFC/M23 bafashe umujyi wa Uvira tariki ya 09/12/2025, itangira gusaba Amerika gufatira u Rwanda ibihano bikomeye.

Mu kiganiro, Perelman yakomeje gushimangira ko u Rwanda ari cyo kibazo mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse asunikira Boulos gutangaza ko bazarufatira ibihano, nubwo Boulos yirinze kugira icyo abivugaho. Umunyamakuru ntiyabajije ibirebana n’ingamba za Amerika ku byo RDC yateganyiriza umutwe wa FDLR nyuma yo kwanga kuwusenya, ahubwo yagaragaje ko igihugu gikomeje kuwufasha.

Minisitiri Nduhungirehe aherutse kwibutsa Guverinoma ya RDC ko hari abarwanyi benshi ba FDLR binjijwe mu gisirikare cya RDC, bakorera mu bice bigenzurwa na Leta, ndetse ko ibyo birego RDC ibigaragaza nk’umutego kuri yo.

Ibi birashimangira impungenge za Kigali ku myitwarire y’abanyamakuru ibogama, ukanatanga ishusho nyayo y’amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda, n’uruhare rw’Amerika mu kubishyigikira.

Tags: France 24Ukubogama
Share28Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

by Bahanda Bruce
July 23, 2026
0
ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gitondo...

Read moreDetails
Next Post
Imirwano Ikomeye Yazindukiye mu Nkengero za Point Zero: MRDP-Twirwaneho Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC n’Abayifasha

Imirwano Ikomeye Yazindukiye mu Nkengero za Point Zero: MRDP-Twirwaneho Ihanganye n’Ihuriro rya FARDC n’Abayifasha

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?