Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hamenyekanye uko byagenze kugira ngo indege ya perezida wa Mali itwikwe n’ibyihebe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 20, 2024
in Regional Politics
0
Hamenyekanye uko byagenze kugira ngo indege ya perezida wa Mali itwikwe n’ibyihebe.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hamenyekanye uko byagenze kugira ngo indege ya perezida wa Mali itwikwe n’ibyihebe.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ku wa Kabiri tariki ya 17/09/2024, nibwo ibyihebe byagabye igitero kidasanzwe ku ishuri ritangirwamo imyitozo igenewe abapolisi kabuhariwe no kuzindi nzego zikomeye, bikarangira ibyo byihebe bitwitse indege ya perezida w’iki gihugu cya Mali.

Amakuru avuga ko icyo gitero ko cyiciwemo abapolisi bari ku kosi, nyuma ibi byihebe biza kwigarurira ikibuga cy’indege ari nabwo byahise biha inkongi y’umuriro iriya ndege ya perezida wa Mali. Kugeza ubu iki gihugu ntabwo kiratangaza umubare w’abahitanwe n’icyo gitero kidasanzwe, usibye ko Leta ibinyujije kuri televisiyo y’igihugu yavuze ko hari abantu bapfuye ariko ntiyavuga umubare wabo.

Amashusho yakomeje gukwirakwizwa ku mbugankoranyambaga agaragaza imirambo myinshi y’abapolisi bapfuye, muri iyo mirambo imwe uyibona munsi y’ibiti no mu byumba by’amazu babagamo.

Ku rundi ruhande, umutwe wa Jama’s Nursrat Ul-Islam wa Al-Muslimin usanzwe wegamiye kuri Al Qaeda wigambye kugaba iki gitero, aho wavuze ko ‘amagana y’abasirikare b’umwanzi bishwe.’ Si indege ya perezida wa Mali iki gitero cyatwitse gusa kuko hari izindi ndege 3 zagisirikare cyatwitse zirimo na Drone, izindi 4 zibuzwa gukora nk’uko ibiro ntara makuru by’Abongereza byabitangaje.

Iki gitero cyakozwe mu gihe iki gihugu cyari mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 64 ishize gishyinze ‘Gendarmerie’ yacyo. Perezida w’inzibacyuho wa Mali, Col Assim Goita mu ijambo rijyanye n’uy’umuhango yigambye ko igisirikare cya Mali cyaciye intege imitwe y’itwaje imbunda. Umuryango w’Abibumbye ndetse n’uw’ubumwe bw’u Burayi iri mu bamaganye kiriya gitero.

            MCN.
Tags: ByatwitseIbyihebeMali
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Kurikiza inama abahanga batanga niba ushaka kubyara impanga(amahashya).

Kurikiza inama abahanga batanga niba ushaka kubyara impanga(amahashya).

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?