• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, August 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 5, 2025
in Conflict & Security
0
Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.
94
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Haratutumba intambara Ikomeye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

You might also like

AFC/M23 yavuze ko iri gusaba Leta y’i Kinshasa ibintu bibiri bikomeye mu biganiro by’i Doha.

“Za nka zari zabuze zaje zishorewe na Mai Mai,” ubuhamya bukomeye.

RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda.

Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo ahimuriwe ibiro bikuru by’iyi ntara ku ruhande rwa Leta ya Congo, agaragaza ko hageze abasirikare benshi baje bava i Kalemi mu ntara ya Tanganyika.

Ni amakuru akubiye mu nyandiko twahawe kuri Minembwe Capital News ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 05/07/2025.

Izi nyandiko zivuga ko kugera kwa ziriya ngabo i Uvira, byateye ubwoba abaturage bahatuye, ahanini abo mu bwoko bw’Abashi nubwo zitagaragaza impamvu nyayo, kuko byari bimenyerewe ko FARDC n’abambari bayo bibasira Abanyamulenge cyane, aho ibita Abanyarwanda ubundi ikabita M23. Kimwecyo, Abashi benshi kuri ubu bayobotse uyu mutwe wa M23 kuko n’umuyobozi wayo mu bya politiki avuka muri ubwo bwoko.

Izi nyandiko zikomeza zigira ziti: “Ibyo turi kubona byongeye gutuma umutekano wongeye kuba mubi cyane hano i Uvira, kandi Abashi bari mubo byateye ubwoba bwinshi kurusha abandi.”

Hari ahandi zigira ziti: Nta wamenya umubare wabo basirikare bahageze, ariko si bake ni benshi cyane.”

Ni nyandiko zikomeza zivuga ko aba basirikare barakomereza mu Kibaya cya Rusizi kizwi cyane nka Plaine Dela Ruzizi.

Ati: “Aba basirikare barakomeza, kuko bagiye gutera Twirwaneho na M23 i Gatogota na Kamanyola, ndetse n’i Bukavu.”

Tubajije iby’aya makuru, umwe mu baturage uherereye muri ibyo bice yabihamije, agira ati: “Yego, hano hari abasirikare benshi kandi bambaye neza. Bavuye i Kalemi, bavuga ko intego yabo kwari ukujya gufata Kamanyola n’ahandi. Bari no kwigamba ko batera n’u Rwanda.”

Nyamara kandi n’aha i Kalemi bari kuva, bivugwa ko bahagejejwe n’indege kandi ko n’ubu ziri kuhatura n’abandi zibakuye i Kinshasa, Kisangani n’i Lubumbashi.

Ati: “N’ubu indege ko zirazana abandi basirikare i Kalemi, nyuma bakabona koherezwa i Uvira.”

Ibi bigaragaza ko leta y’i Kinshasa ko yaba iri gutegura intambara ikomeye, ni mu gihe no mu minsi ibiri ishize, byavuzwe ko abasirikare bari i Kindu bayobowe na Gen. Gasita, bari mu myiteguro yo kuvanwayo bakoherezwe mu bice by’i Mulenge kubitangizamo ibitero.

Minembwe, Rugezi, Mikenke na Rurambo ibice bizwi ko ari iby’i Mulenge bigenzurwa n’u mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23. Kuba Leta iri gushaka kubigabamo ibitero, ni mu rwego rwo kugira ngo yongere ibyigarurire.

RDC yongeye gukaza umurego wo gushaka intambara, mu gihe iheruka gushyira umukono ku masezerano y’amahoro hagati yayo n’u Rwanda, ayo yasinyiye imbere ya minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio.

Ni amasezerano agamije gushyiraho akadomo kanyuma intambara imaze imyaka myinshi ibera mu Burasizuba bwa Congo, no kugarura amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.

Tags: IntambaraKalemiRdcUvira
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

AFC/M23 yavuze ko iri gusaba Leta y’i Kinshasa ibintu bibiri bikomeye mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
August 22, 2025
0
AFC/M23 yavuze ko iri gusaba Leta y’i Kinshasa ibintu bibiri bikomeye mu biganiro by’i Doha.

AFC/M23 yavuze ko iri gusaba Leta y'i Kinshasa ibintu bibiri bikomeye mu biganiro by'i Doha. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje intumwa zayo i Doha...

Read moreDetails

“Za nka zari zabuze zaje zishorewe na Mai Mai,” ubuhamya bukomeye.

by Bruce Bahanda
August 22, 2025
0
Icyihishe inyuma y’inka za buriwe irengero mu Bibogobogo.

"Za nka zari zabuze zaje zishorewe na Mai Mai," ubuhamya bukomeye. Inka umunani z'umugabo w'Umunyamulenge witwa Foma Hagaba, zari zaburiwe irengero kuva ku munsi w'ejo ku wa kane,...

Read moreDetails

RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda.

by Bruce Bahanda
August 22, 2025
0
RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda.

RDC: Byasabwe ko Kabila ahamwa ko ari Umunyarwanda. Abanyamategeko bakorera mu kwaha ku butegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, basabye urukiko rukuru rw'igisirikare cy'iki gihugu guhamya Joseph...

Read moreDetails

Icyihishe inyuma y’inka za buriwe irengero mu Bibogobogo.

by Bruce Bahanda
August 22, 2025
0
Icyihishe inyuma y’inka za buriwe irengero mu Bibogobogo.

Icyihishe inyuma y'inka za buriwe irengero mu Bibogobogo. Inka zibarirwa ku munani z'u mugabo witwa Foma Hagaba wo mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu...

Read moreDetails

Minembwe yashyizwe ku rundi rwego rwo hejuru muri RDC.

by Bruce Bahanda
August 21, 2025
0
Minembwe yashyizwe ku rundi rwego rwo hejuru muri RDC.

Minembwe yashyizwe ku rundi rwego rwo hejuru muri RDC. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP -Twirwaneho ryagize Minembwe ahazwi nk'i Mulenge muri Kivu y'Amajyepfo teritware. Ni cyemezo cyafashwe...

Read moreDetails
Next Post
Tshisekedi yiyambaje izindi ngabo zo ku mufasha kurwanya M23, izo abona ko zikomeyeho.

Tshisekedi yiyambaje izindi ngabo zo ku mufasha kurwanya M23, izo abona ko zikomeyeho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?