• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

minebwenews by minebwenews
July 5, 2025
in Conflict & Security
0
Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Haratutumba intambara Ikomeye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

You might also like

Congo mu Kibazo Gishya cya Politiki: Imyigaragambyo i Goma Ishobora Kugaragaza Imbaraga z’Abaturage n’Icyerekezo cya AFC/M23

Drone Yagabye Igitero Kidasanzwe i Mwenga: Abasirikare Benshi Barimo Ab’u Burundi Bavugwa Mu Bahitanywe na Yo

Politiki Ya Congo Igeze Ahakomeye: Kiliziya Gatolika Yahaye Perezida Tshisekedi Ultimatum, Hatanzwe N’Umuburo Ukomeye

Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo ahimuriwe ibiro bikuru by’iyi ntara ku ruhande rwa Leta ya Congo, agaragaza ko hageze abasirikare benshi baje bava i Kalemi mu ntara ya Tanganyika.

Ni amakuru akubiye mu nyandiko twahawe kuri Minembwe Capital News ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 05/07/2025.

Izi nyandiko zivuga ko kugera kwa ziriya ngabo i Uvira, byateye ubwoba abaturage bahatuye, ahanini abo mu bwoko bw’Abashi nubwo zitagaragaza impamvu nyayo, kuko byari bimenyerewe ko FARDC n’abambari bayo bibasira Abanyamulenge cyane, aho ibita Abanyarwanda ubundi ikabita M23. Kimwecyo, Abashi benshi kuri ubu bayobotse uyu mutwe wa M23 kuko n’umuyobozi wayo mu bya politiki avuka muri ubwo bwoko.

Izi nyandiko zikomeza zigira ziti: “Ibyo turi kubona byongeye gutuma umutekano wongeye kuba mubi cyane hano i Uvira, kandi Abashi bari mubo byateye ubwoba bwinshi kurusha abandi.”

Hari ahandi zigira ziti: Nta wamenya umubare wabo basirikare bahageze, ariko si bake ni benshi cyane.”

Ni nyandiko zikomeza zivuga ko aba basirikare barakomereza mu Kibaya cya Rusizi kizwi cyane nka Plaine Dela Ruzizi.

Ati: “Aba basirikare barakomeza, kuko bagiye gutera Twirwaneho na M23 i Gatogota na Kamanyola, ndetse n’i Bukavu.”

Tubajije iby’aya makuru, umwe mu baturage uherereye muri ibyo bice yabihamije, agira ati: “Yego, hano hari abasirikare benshi kandi bambaye neza. Bavuye i Kalemi, bavuga ko intego yabo kwari ukujya gufata Kamanyola n’ahandi. Bari no kwigamba ko batera n’u Rwanda.”

Nyamara kandi n’aha i Kalemi bari kuva, bivugwa ko bahagejejwe n’indege kandi ko n’ubu ziri kuhatura n’abandi zibakuye i Kinshasa, Kisangani n’i Lubumbashi.

Ati: “N’ubu indege ko zirazana abandi basirikare i Kalemi, nyuma bakabona koherezwa i Uvira.”

Ibi bigaragaza ko leta y’i Kinshasa ko yaba iri gutegura intambara ikomeye, ni mu gihe no mu minsi ibiri ishize, byavuzwe ko abasirikare bari i Kindu bayobowe na Gen. Gasita, bari mu myiteguro yo kuvanwayo bakoherezwe mu bice by’i Mulenge kubitangizamo ibitero.

Minembwe, Rugezi, Mikenke na Rurambo ibice bizwi ko ari iby’i Mulenge bigenzurwa n’u mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23. Kuba Leta iri gushaka kubigabamo ibitero, ni mu rwego rwo kugira ngo yongere ibyigarurire.

RDC yongeye gukaza umurego wo gushaka intambara, mu gihe iheruka gushyira umukono ku masezerano y’amahoro hagati yayo n’u Rwanda, ayo yasinyiye imbere ya minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio.

Ni amasezerano agamije gushyiraho akadomo kanyuma intambara imaze imyaka myinshi ibera mu Burasizuba bwa Congo, no kugarura amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.

Tags: IntambaraKalemiRdcUvira
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Congo mu Kibazo Gishya cya Politiki: Imyigaragambyo i Goma Ishobora Kugaragaza Imbaraga z’Abaturage n’Icyerekezo cya AFC/M23

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Congo mu Kibazo Gishya cya Politiki: Imyigaragambyo i Goma Ishobora Kugaragaza Imbaraga z’Abaturage n’Icyerekezo cya AFC/M23

Congo mu Kibazo Gishya cya Politiki: Imyigaragambyo i Goma Ishobora Kugaragaza Imbaraga z’Abaturage n’Icyerekezo cya AFC/M23 MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubutegetsi bw'ihuriro rya Allience Fleuve Congo AFC/M23 bugenzura...

Read moreDetails

Drone Yagabye Igitero Kidasanzwe i Mwenga: Abasirikare Benshi Barimo Ab’u Burundi Bavugwa Mu Bahitanywe na Yo

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Rapport : Comment Tshisekedi a investi des milliards dans l’armement militaire, dont une partie a ensuite été capturée sur le champ de bataille par l’AFC/M23 et le MRDP-Twirwaneho

Drone Yagabye Igitero Kidasanzwe i Mwenga: Abasirikare Benshi Barimo Ab'u Burundi Bavugwa Mu Bahitanywe na Yo MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki...

Read moreDetails

Politiki Ya Congo Igeze Ahakomeye: Kiliziya Gatolika Yahaye Perezida Tshisekedi Ultimatum, Hatanzwe N’Umuburo Ukomeye

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Politiki Ya Congo Igeze Ahakomeye: Kiliziya Gatolika Yahaye Perezida Tshisekedi Ultimatum, Hatanzwe N’Umuburo Ukomeye

Politiki Ya Congo Igeze Ahakomeye: Kiliziya Gatolika Yahaye Perezida Tshisekedi Ultimatum, Hatanzwe N'Umuburo Ukomeye MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), umwuka wa politiki...

Read moreDetails

Indege Yaburiwe Irengero mu Ishyamba rya Walikale: Icyateye Impanuka, Abo Yari Itwaye n’Abayirokotse

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Indege Yaburiwe Irengero mu Ishyamba rya Walikale: Icyateye Impanuka, Abo Yari Itwaye n’Abayirokotse

Indege Yaburiwe Irengero mu Ishyamba rya Walikale: Icyateye Impanuka, Abo Yari Itwaye n'Abayirokotse MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Indege nto yakoraga ingendo hagati ya Beni (Intara ya Kivu y'Amajyaruguru)...

Read moreDetails

Beni na Butembo mu Marira: Abasivili Bishwe mu Bitero Byavuzwe ko Byakozwe n’Abasirikare ba FARDC

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Umuyobozi wa Bashimukindji Yahamagariye Wazalendo Kumanika Amaboko no Kwiyunga na MRDP-Twirwaneho na AFC/M23

Beni na Butembo mu Marira: Abasivili Bishwe mu Bitero Byavuzwe ko Byakozwe n'Abasirikare ba FARDC. MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Tshisekedi yiyambaje izindi ngabo zo ku mufasha kurwanya M23, izo abona ko zikomeyeho.

Tshisekedi yiyambaje izindi ngabo zo ku mufasha kurwanya M23, izo abona ko zikomeyeho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?