Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hasabwe kuvana umu ijima ukigaragara mu biganiro bivugwa hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 15, 2025
in Regional Politics
0
Uko byagenze kugira ngo Tshisekedi yemere kuganira na m23.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hasabwe kuvana umu ijima ukigaragara mu biganiro bivugwa hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Mu biganiro bivugwa ko bizahuza umutwe wa m23 na Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo biracyavugwamo urujijo, kubera ko kugeza ubu ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi butarabitangaza byeruye.

Ibiro by’umukuru w’igihugu cya Angola bihuruka gutangaza ko perezida w’iki gihugu, Joao Lourenco, yiteguye kwakira ibiganiro by’imishikirano hagati ya m23 na Leta ya Congo.

Ndetse na nyuma yabwo gato, perezidansi y’iki gihugu cya Angola, yahise ikurikizaho irindi tangazo rimenyesha ko iyo mishyikirano izaba tariki ya 18/03/2025, kandi ko izabera i Luanda muri Angola.

Iyi mishyikirano ikaba igamije gushakira hamwe igisubizo kirambye cy’u mutekano muke w’u Burasizuba bwa Congo.

Nyuma y’aho Angola ishyize aya makuru hanze, ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa m23 n’uwa Twirwaneho ndetse n’indi, ryahise risohora itangazo rigaragaza ibigomba gusobanuka.

AFC muri iryo tangazo yabanje gushimira umuhate wa perezida wa Angola, Joao Lourenco, kuba yarakomeje gushyiramo imbaraga mu nzira zo gushaka amahoro n’ituze muri Repubulika ya demokarasi ya Congo no mu karere k’ibiyaga bigari.

Rivuga ko AFC yakiriye neza itangazo ryatanzwe na Angola, nyuma y’aho perezida Joao Lourenco aganiriye na perezida Felix Tshisekedi.
Iri huriro rikomeza rivuga ko nk’uko ryakunze kubivuga “nta wundi muti wa gisirikare wakemura umuzi w’ibibazo bikomeje kugaragara muri RDC.”

Maze rivuga kandi ko nubwo hatangajwe iby’ibi biganiro, ariko ko ubutegetsi bw’iki gihugu cya RDC butahwemye kurahira bukirenga ko budateze kuganira n’umutwe wa m23, ndetse ko n’umuvugizi wa Leta y’i Kinshasa, Patrick Muyaya aherutse gushimangira uwo murongo wa Tshisekedi wagaragaje kenshi ko udateze kuganira n’uyu mutwe.

Kubw’iyo mpamvu, AFC/M23 yagaragaje ingingo 2 zikwiye kubanza gukiranurwa kugira ngo hasobanuke ibyerekeye ibi biganiro. Risaba Angola ishyinzwe ubwo buhuza, gusobanura neza niba Tshisekedi yaremeye byeruye kuganira n’iri huriro bitaziguye.

Ubundi kandi AFC isaba ko hatangwa umucyo ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yemerejwe mu nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize imiryango ya SADC na EAC yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 08/02/2025.

Ku rundi ruhande, hari amakuru ataremezwa avuga ko Tshisekedi ari muntambara ikakaye, aho ubutegetsi bwe bu mumereye nabi, ni nyuma y’aho perezidansi ya Angola ishize ari ya makuru hanze nyuma yuko aganiriye na mugenzi we Joao Lourenco. Bikavugwa ko ibyo bishobora gushyira ubuzima bwe mu kaga gakomeye.

Nk’uko bivugwa hari uruhande rwo muri iyi Leta rutumva ibyo kuganira n’uyu mutwe wa m23, uru rusaba Tshisekedi guhita ava ku butegetsi, nyamara urundi narwo rugashigikira ko haba ibiganiro hagati ya m23 na Leta yabo, kuko rwo rwifuza ko iyi ntambara yashyirwaho akadomo kanyuma ubundi amahoro agasagamba.

Tutibagiwe kandi ko n’ubushize, Angola yemereye perezida Felix Tshisekedi ubugungiro, ariko ko nta bufasha izamuha bwa gisirikare, ni nyuma y’uruzinduko rwo mu ibanga uyu mukuru w’igihugu yari yagiriye i Luanda muri Angola, bikaza gushirwa hanze n’umwe mu banyamakuru b’i Kinshasa ukurikiranira hafi ibya perezida Felix Tshisekedi.

Hagataho, iyi nkuru Minembwe Capital News izakomeza kuyikurikiranira hafi.

Tags: I LuandaibiganiroKinshasaM23
Share34Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Umuganda udasanzwe wakorewe ku kibuga cy’indege cya Minembwe.

Umuganda udasanzwe wakorewe ku kibuga cy'indege cya Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?