• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Hasabwe kuvana umu ijima ukigaragara mu biganiro bivugwa hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
March 15, 2025
in Regional Politics
0
Uko byagenze kugira ngo Tshisekedi yemere kuganira na m23.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hasabwe kuvana umu ijima ukigaragara mu biganiro bivugwa hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa.

You might also like

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

Mu biganiro bivugwa ko bizahuza umutwe wa m23 na Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo biracyavugwamo urujijo, kubera ko kugeza ubu ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi butarabitangaza byeruye.

Ibiro by’umukuru w’igihugu cya Angola bihuruka gutangaza ko perezida w’iki gihugu, Joao Lourenco, yiteguye kwakira ibiganiro by’imishikirano hagati ya m23 na Leta ya Congo.

Ndetse na nyuma yabwo gato, perezidansi y’iki gihugu cya Angola, yahise ikurikizaho irindi tangazo rimenyesha ko iyo mishyikirano izaba tariki ya 18/03/2025, kandi ko izabera i Luanda muri Angola.

Iyi mishyikirano ikaba igamije gushakira hamwe igisubizo kirambye cy’u mutekano muke w’u Burasizuba bwa Congo.

Nyuma y’aho Angola ishyize aya makuru hanze, ihuriro rya AFC ribarizwamo umutwe wa m23 n’uwa Twirwaneho ndetse n’indi, ryahise risohora itangazo rigaragaza ibigomba gusobanuka.

AFC muri iryo tangazo yabanje gushimira umuhate wa perezida wa Angola, Joao Lourenco, kuba yarakomeje gushyiramo imbaraga mu nzira zo gushaka amahoro n’ituze muri Repubulika ya demokarasi ya Congo no mu karere k’ibiyaga bigari.

Rivuga ko AFC yakiriye neza itangazo ryatanzwe na Angola, nyuma y’aho perezida Joao Lourenco aganiriye na perezida Felix Tshisekedi.
Iri huriro rikomeza rivuga ko nk’uko ryakunze kubivuga “nta wundi muti wa gisirikare wakemura umuzi w’ibibazo bikomeje kugaragara muri RDC.”

Maze rivuga kandi ko nubwo hatangajwe iby’ibi biganiro, ariko ko ubutegetsi bw’iki gihugu cya RDC butahwemye kurahira bukirenga ko budateze kuganira n’umutwe wa m23, ndetse ko n’umuvugizi wa Leta y’i Kinshasa, Patrick Muyaya aherutse gushimangira uwo murongo wa Tshisekedi wagaragaje kenshi ko udateze kuganira n’uyu mutwe.

Kubw’iyo mpamvu, AFC/M23 yagaragaje ingingo 2 zikwiye kubanza gukiranurwa kugira ngo hasobanuke ibyerekeye ibi biganiro. Risaba Angola ishyinzwe ubwo buhuza, gusobanura neza niba Tshisekedi yaremeye byeruye kuganira n’iri huriro bitaziguye.

Ubundi kandi AFC isaba ko hatangwa umucyo ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yemerejwe mu nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize imiryango ya SADC na EAC yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania tariki ya 08/02/2025.

Ku rundi ruhande, hari amakuru ataremezwa avuga ko Tshisekedi ari muntambara ikakaye, aho ubutegetsi bwe bu mumereye nabi, ni nyuma y’aho perezidansi ya Angola ishize ari ya makuru hanze nyuma yuko aganiriye na mugenzi we Joao Lourenco. Bikavugwa ko ibyo bishobora gushyira ubuzima bwe mu kaga gakomeye.

Nk’uko bivugwa hari uruhande rwo muri iyi Leta rutumva ibyo kuganira n’uyu mutwe wa m23, uru rusaba Tshisekedi guhita ava ku butegetsi, nyamara urundi narwo rugashigikira ko haba ibiganiro hagati ya m23 na Leta yabo, kuko rwo rwifuza ko iyi ntambara yashyirwaho akadomo kanyuma ubundi amahoro agasagamba.

Tutibagiwe kandi ko n’ubushize, Angola yemereye perezida Felix Tshisekedi ubugungiro, ariko ko nta bufasha izamuha bwa gisirikare, ni nyuma y’uruzinduko rwo mu ibanga uyu mukuru w’igihugu yari yagiriye i Luanda muri Angola, bikaza gushirwa hanze n’umwe mu banyamakuru b’i Kinshasa ukurikiranira hafi ibya perezida Felix Tshisekedi.

Hagataho, iyi nkuru Minembwe Capital News izakomeza kuyikurikiranira hafi.

Tags: I LuandaibiganiroKinshasaM23
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
AFC/M23 Yiyemeje Gusana Igihugu: “Tugiye Kugarura Ubutware bwa Leta muri Congo Hose”

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byihanangirije M23 na RDF: Icyegeranyo Mpuzamahanga ku Mutekano wa RDC n’Impungenge ku Karere k’Ibiyaga Bigari Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bubiligi, u Bufaransa,...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano? Perezida Évariste Ndayishimiye yagaragaje amagambo akomeye igihe...

Read moreDetails

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda Leta y’u Burundi yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibikorwa busobanura nk’iby’urugomo no guhungabanya umutekano” ku mupaka...

Read moreDetails

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri Amakuru mashya aturuka mu Burundi akomeje kugaragaza urugendo rutavugwaho rumwe rw’imodoka...

Read moreDetails
Next Post
Umuganda udasanzwe wakorewe ku kibuga cy’indege cya Minembwe.

Umuganda udasanzwe wakorewe ku kibuga cy'indege cya Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?